{"id":4891,"date":"2025-05-26T17:35:24","date_gmt":"2025-05-26T17:35:24","guid":{"rendered":"https:\/\/brightafrica.rw\/?p=4891"},"modified":"2025-05-26T18:31:19","modified_gmt":"2025-05-26T18:31:19","slug":"joseph-kabila-yageze-i-goma","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/2025\/05\/26\/joseph-kabila-yageze-i-goma\/","title":{"rendered":"Joseph Kabila yageze i Goma"},"content":{"rendered":"\n<p>Joseph Kabila wahoze ari perezida wa DR Congo yageze mu mujyi wa Goma, nk&#8217;uko bitangazwa n&#8217;umuvugizi w&#8217;umutwe wa AFC\/M23.<\/p>\n\n\n\n<p>Mu ijambo yavuze ku wa gatanu nijoro, Kabila yatangaje ko ateganya kujya i Goma &#8220;mu minsi iri imbere&#8221;, gusa kugeza ubu ntaremeza ubwe ko yahageze.<\/p>\n\n\n\n<p>Lawrence Kanyuka umuvigizi w&#8217;umutwe wa AFC\/M23 ugenzura umujyi wa Goma yatangaje ku rubuga ati: &#8220;Tumwifurije ibihe byiza mu bice byabohowe&#8221;.<\/p>\n\n\n\n<p>Col Willy Ngoma umuvugizi wa gisirikare wa M23 na we yemeje iyi nkuru, yita Kabila &#8220;umusirikare wa rubanda&#8221;.<\/p>\n\n\n\n<p>Mu itangazo, Corneille Nangaa ukuriye AFC\/M23 yavuze ko yishimiye kugaruka kwa Joseph Kabila mu gihugu cye.<\/p>\n\n\n\n<p>Mu cyumweru gishize sena ya DR Congo &#8211; Kabila abamo nk&#8217;umusenateri ubuzima bwe bwose \u2013 yamukuyeho ubudahangarwa nyuma y&#8217;ubusabe bw&#8217;ubushinjaha bwa gisirikare bwifuza guhita bumukurikirana ku byaha birimo ubugambanyi no gufatanya n&#8217;umutwe wa M23.<\/p>\n\n\n\n<p>Nkuko tubikesha BBC Gahuza, Kuregwa n&#8217;ubushinjacyaha bwa gisirikare byakurikiye ibyatangajwe n&#8217;uwamusimbuye Perezida F\u00e9lix Tshisekedi muri Gashyantare(2) uyu mwaka yavuze ko Kabila ari we muntu &#8220;nyawe uri inyuma y&#8217;ibi byose&#8221;, amushinja gufasha umutwe wa M23.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-full is-resized\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"624\" height=\"382\" src=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/05\/kabila.webp\" alt=\"\" class=\"wp-image-4893\" style=\"width:1055px;height:auto\" srcset=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/05\/kabila.webp 624w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/05\/kabila-300x184.webp 300w\" sizes=\"auto, (max-width: 624px) 100vw, 624px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<p>Mu kumusubiza, muri Werurwe (3) Kabila yabwiye abanyamakuru ari muri Afurika y&#8217;Epfo ati: &#8220;Iyo mba mfatanyije na M23, ibintu byari kuba bitandukanye cyane [n&#8217;uko bimeze uyu munsi]<\/p>\n\n\n\n<p>Nangaa yongeyeho ko Kabila ahawe ikaze i Goma igice cya DR Congo yise ko kitarimo &#8220;ugukurikiranwa kubera politike, gukatirwa urwo gupfa\u2026&#8221;<\/p>\n\n\n\n<p>Mu kwezi gushize igihe hadukaga ibihuha ko Kabila yageze i Goma ubutegetsi bwa Kinshasa bwahise butangiza ibikorwa byo kumukurikirana mu butabera, ndetse busaba ko imitungo ye ifatirwa.<\/p>\n\n\n\n<p>Ibi Kabila yarabinenze avuga ko ari &#8220;ibyemezo bihutiyeho&#8221; byafashwe na leta, byarimo guca mu gihugu ishyaka rye rya PPRD (&#8216;Parti du Peuple pour la Reconstruction et la D\u00e9mocratie&#8217;) no gufatira imitungo ye.<\/p>\n\n\n\n<p>Asubiza ku byavuzwe na Kabila, Minisitiri w&#8217;itumanaho wa DR Congo Patrick Muyaya yagize ati: &#8220;Perezida Kabila ni umugabo w&#8217;ahahise, mu birimo kuba ubu, udafite na kimwe yatanga ku hazaza\u2026Twe ikitureba ni uko tugomba gukemura ibibazo atabashije gukemura icyo gihe&#8221;<\/p>\n\n\n\n<p>Abasesenguzi batandukanye bavuga ko nyuma yo kugera ku butegetsi Tshisekedi yanze gukurikiza &#8216;amasezerano y&#8217;ibanga&#8217; \u2013 yabaye mbere y&#8217;amatora \u2013 hagati ye na Kabila, y&#8217;uburyo bagomba gusaranganya ubutegetsi ubwo yabumuhaga mu 2019.<\/p>\n\n\n\n<p>Ibyo byaje kwemezwa na Corneille Nangaa \u2013 ubu ukuriye AFC\/M23 \u2013 wahoze ari perezida wa komisiyo y&#8217;amatora ya DR Congo, wagiranye ibibazo n&#8217;ubutegetsi bwa Tshisekedi nyuma yo kuvuga bimwe mu byari muri ayo masezerano. Ibi, uruhande rwa Tshisekedi rwarabihakanye ruvuga ko ari ibinyoma.<\/p>\n\n\n\n<p>Ku rundi ruhande, mu gihe Joseph Kabila muri DR Congo yashyira umuhate mu gushaka amahoro nta ruhande abogamiyeho, umuhate we ushobora gutanga umusaruro kubera imbaraga za politike bizwi ko afite mu gihugu.<\/p>\n\n\n\n<p>Ashobora kuba ingenzi mu buhuza hagati ya M23 na Kinshasa, hagati ya Nangaa na Tshisekesi, abagabo bombi azi neza.<\/p>\n\n\n\n<p>Ibi bishobora kuganisha ku bwumvika<\/p>\n\n\n\n<p>ne bushya bwa politike hagati ya AFC\/M23 na Kinshasa, ndetse na Kabila ubwe ushobora kuba agifite intego n&#8217;ibyifuzo bya politike, nyuma y&#8217;imyaka 18 yamaze ku butegetsi.<\/p>\n\n\n\n<p>Ubwanditsi<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Joseph Kabila wahoze ari perezida wa DR Congo yageze mu mujyi wa Goma, nk&#8217;uko bitangazwa n&#8217;umuvugizi w&#8217;umutwe wa AFC\/M23. Mu<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":4892,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[4],"tags":[],"class_list":["post-4891","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-politiki"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/4891","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=4891"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/4891\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":4894,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/4891\/revisions\/4894"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/4892"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=4891"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=4891"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=4891"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}