{"id":4787,"date":"2025-03-17T13:06:29","date_gmt":"2025-03-17T13:06:29","guid":{"rendered":"https:\/\/brightafrica.rw\/?p=4787"},"modified":"2025-03-17T13:06:29","modified_gmt":"2025-03-17T13:06:29","slug":"turashaka-kuba-abanyarwanda-ntabwo-dushaka-kuba-ababiligi-perezida-kagame","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/2025\/03\/17\/turashaka-kuba-abanyarwanda-ntabwo-dushaka-kuba-ababiligi-perezida-kagame\/","title":{"rendered":"Turashaka kuba Abanyarwanda ntabwo dushaka kuba Ababiligi &#8211; Perezida Kagame"},"content":{"rendered":"\n<p>Perezida wa Repulika, Paul Kagame, yavuze ko Abanyarwanda bashaka kuba Abanyarwanda badashaka kuba Ababiligi.<\/p>\n\n\n\n<p>Yabigarutseho muri gahunda asanzwe agira yo \u2018Kwegera Abaturage\u2019 kuri iki cyumweru tariki 16 Werurwe 2025, mu biganiro yagiranye by\u2019umwihariko n\u2019abatuye mu Mujyi wa Kigali.<\/p>\n\n\n\n<p>Akomoza ku mubano utari mwiza umaze iminsi uri hagati y\u2019u Rwanda n\u2019u Bubiligi, Perezida Kagame yavuze ko bimwe mu byago u Rwanda n\u2019Abanyarwanda bafite, ari ukuba barakolonijwe n\u2019agahugu gato nk\u2019u Rwanda (u Bubiligi) kakarucamo ibice kugira ngo rungane nako.<\/p>\n\n\n\n<p>Yagize ati \u201cUbwo ni u Bubiligi mvuga kandi ndaza kubwihanangiriza, u Bubiligi bwishe u Rwanda bukica n\u2019Abanyarwanda mu mateka. Aya yose arenze mu myaka 30 gusa, bukaBa butugarukaho abasigaye bukabica. Twarabihanangirije kuva cyera, turaza kubihanangiriza n\u2019ubu.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Agaruka ku bibazo biri muri RDC, Umukuru w\u2019Igihugu yavuze ko Ababiligi bajya i Kinshasa bakavuga ko baza gufatira u Rwanda ibihano, kandi babwira Isi yose kubikora ku Rwanda.<\/p>\n\n\n\n<p>Ati \u201cAriko se wowe nta soni ugira? Isoni aho zikwiye gutangirira guhamagarira Isi yose guteranira ku Rwanda? Koko! U Rwanda uko rungana! Twebwe twicaye ubu tugateranirwaho n\u2019Isi yose? Ibyo ntibikwiye kuba biteye isoni abantu bamwe, biturutse ko turi aho twirwanaho, twirwariza, dushaka kubaho uko dushaka kubaho. Baduhaye amahoro. Tugiye kuzira ko tungana nabo ariko bo bafite ahandi bavugira.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Ni ibintu Perezida Kagame avuga ko byahereye cyera, mbere y\u2019intambara irimo guhanganisha Leta ya RDC na M23, ubwo u Bubiligi bwangaga Ambasaderi u Rwanda rwoherejeyo ngo aruhagararire muri icyo gihugu, bavuga ko ashobora kuba atarakoreye neza RDC.<\/p>\n\n\n\n<p>Ati \u201cBakongera mu kanya bati ntabwo tubemerera ko mugira mutya, ariko tukababaza tuti ariko muba bande? Mwadushinzwe na nde? Abanyarwanda ko mwemera Imana, koko yashinze u Rwanda aba bantu mureba? Turaza kubibutsa neza ko atari ko bimeze. Mu buryo bwacu butari bwinshi cyane, turaza guhangana nabo.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Yungamo ati \u201cNdavuga abo birwira batwiruka inyuma, badukoronga, ariko twebwe byatunanira? Aba batunanira? Hari ibintu byacu bimwe baza kugomba kwigomwa bakaduha amahoro. Ndabivuga mbateguza ariko nteguza namwe Abanyarwanda, ngo iyi myaka yose tumaze kuri uru rugamba rwacu, turashaka kuba Abanyarwanda, ntabwo dushaka kuba Ababiligi. Abanyarwanda bitarajyamo ko dukwiriye kuba Abanyarwanda, tudakwiriye kuba aba bandi badukolonije, ni ukubyiyuhagira bakatuvaho.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Umukuru w\u2019Igihugu yabwiye Abanyarwanda ko bari mu nzira yo kuba bo, kuko badakwiye kuba abandi, bakabana n\u2019abantu, bagahana amahoro, bagakora ibyo bagomba gukora bibateza imbere, bakaba ari byo bashyira imbere bashyize hamwe, bagakorera Igihugu cyabo.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-full is-resized\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"800\" height=\"541\" src=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/03\/Kagame.webp\" alt=\"\" class=\"wp-image-4790\" style=\"width:1055px;height:auto\" srcset=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/03\/Kagame.webp 800w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/03\/Kagame-300x203.webp 300w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/03\/Kagame-768x519.webp 768w\" sizes=\"auto, (max-width: 800px) 100vw, 800px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<p>Perezida Kagame atangaje ibi mu gihe Minisiteri y\u2019u Rwanda y\u2019Ububanyi n\u2019Amahanga n\u2019Ubutwererane (MINAFFET), yari imaze iminsi itangaje ko u Rwanda rwahagaritse gahunda y\u2019ubutwererane, Igihugu gisanzwe gifitanye n\u2019u Bubiligi.<\/p>\n\n\n\n<p>Ni umwanzuro wafashwe nyuma y\u2019uko u Bubiligi bugaragaje ko bushyigikiye Leta Congo, mu kubangamira gahunda y\u2019u Rwanda y\u2019iterambere rufitanye n\u2019ibigo by\u2019imari n\u2019imiryango mpuzamahanga.<\/p>\n\n\n\n<p>Itangazo MINAFFET yashyize ahagaragara ku wa Kabiri tariki 18 Gashyantare 2025, ryagiraga riti \u201cMu gihe Umuryango Mpuzamahanga usabwa gushyigikira inzira y\u2019ubuhuza yateguwe n\u2019Umuryango w\u2019Ubumwe bwa Afurika (AU), n\u2019Inama ya EAC-SADC kugira ngo haboneke umuti w\u2019ikibazo cyo mu Burasirazuba bwa RDC, u Bubiligi bwo bwakomeje gukorana na RDC mu kubangamira u Rwanda, ngo rubure inkunga zo gushyigikira iterambere harimo n\u2019iz\u2019imiryango mpuzamahanga.&#8221;<\/p>\n\n\n\n<p>Muri iri tangazo, u Rwanda rwagaragaje ko imyifatire y\u2019u Bubiligi muri iki kibazo, igaragaza ko nta musingi ukomeye ugihari w\u2019ubufatanye mu iterambere hamwe n\u2019u Rwanda.<\/p>\n\n\n\n<p>Ubwanditsi<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Perezida wa Repulika, Paul Kagame, yavuze ko Abanyarwanda bashaka kuba Abanyarwanda badashaka kuba Ababiligi. Yabigarutseho muri gahunda asanzwe agira yo<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":4789,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[4],"tags":[],"class_list":["post-4787","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-politiki"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/4787","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=4787"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/4787\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":4791,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/4787\/revisions\/4791"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/4789"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=4787"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=4787"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=4787"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}