{"id":4781,"date":"2025-03-12T15:09:14","date_gmt":"2025-03-12T15:09:14","guid":{"rendered":"https:\/\/brightafrica.rw\/?p=4781"},"modified":"2025-03-12T15:09:15","modified_gmt":"2025-03-12T15:09:15","slug":"u-rwanda-ntirwatunguwe-nuko-perezida-tshisekedi-yemeye-kuganira-na-m23","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/2025\/03\/12\/u-rwanda-ntirwatunguwe-nuko-perezida-tshisekedi-yemeye-kuganira-na-m23\/","title":{"rendered":"U Rwanda ntirwatunguwe n\u2019uko Perezida Tshisekedi yemeye kuganira na M23"},"content":{"rendered":"\n<p><em><strong>Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y\u2019u Rwanda Mukuralinda Alain, yatangaje ko u Rwanda rutatunguwe n\u2019uko Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Felix Antoine Tshisekedi Tshilombo, yemeye kuganira n\u2019umutwe wa M23 bahanganye mu ntambara y\u2019amoko irimbanyije mu Burasirazuba.<\/strong><\/em><\/p>\n\n\n\n<p>Yashimangiye ko icyo u Rwanda rwifuza ari uko ibyo bazaganira bizashyirwa mu bikorwa kandi imirwano mu Burasirazuba bwa RDC, igahagarara.<\/p>\n\n\n\n<p>Ibiro bya Perezida wa Repubulika ya Angola, ku wa Kabiri tariki ya 11 Werurwe 2025, byatangaje ko nyuma y\u2019uruzinduko ruto Perezida rwa Tshisekedi i Luanda, hemejwe ko Angola izayobora ibiganiro bizahuza abahagarariye umutwe wa M23 n\u2019abahagarariye uruhande rwa Leta ya Congo.<\/p>\n\n\n\n<p>Perezidansi ya Angola yemeje ko ibyo biganiro bizabera i Luanda mu minsi mike iri imbere.<\/p>\n\n\n\n<p>Nyamara Perezida Tshisekedi yari yaratsimbaraye avuga ko atazigera aganira na rimwe n\u2019umutwe wa M23, yita uw\u2019iterabwoba ndetse akavuga ko abawugize atari Abanyekongo.<\/p>\n\n\n\n<p>Mu kiganiro yahaye RBA kuri uyu wa Gatatu tariki ya 12 Werurwe 2024, Mukuralinda yavuze ko kuba Perezida Tshisekedi yemeye kuganira na M23 bitatunguranye.<\/p>\n\n\n\n<p>Yagize ati: \u201cNtabwo byatunguranye, wenda abantu bakunze kumva Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo Tshisekedi n\u2019abagize Guverinoma, bavuga ko nta biganiro bazagirana n\u2019uyu mutwe, ngira ngo ni cyo cyatumye abantu benshi batungurwa.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Yumvikanishije ko usuzumye uko ikibazo RDC ifitanye na M23,&nbsp; kuva imirwano yakongera kubura Abakuru b\u2019Ibihugu bakunze kwereka Perezida Tshisekedi ko abo bahanganye ari Abanyekongo kandi ko bakwiye kwicarana bagakemura ibibazo bafitanye.<\/p>\n\n\n\n<p>Mukaralinda yavuze ko Tshisekedi atazongera guhakana ko M23 ari Abanyekongo, ahamya ko Perezida Tshisekedi yemeye ibiganiro byeruye na bo.<\/p>\n\n\n\n<p>Yagize ati: \u201cYari yarangije no kubyemerera abakuru b\u2019Ibihugu mu nama zitandukanye, noneho abyemeye ku mugaragaro natwe twese rubanda tubyumva; kuko niba yagiye muri Angola, igatangaza ko igiye kureba uburyo M23 izaganira na Guverinoma ya Congo ntabwo waganira n\u2019abantu badahari.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Mukuralinda yibukije ko Minisitiri w\u2019Ububanyi n\u2019Amahanga wa RDC, Kayikwamba Juduth, na we ubwo yari mu kanama k\u2019Umuryango w\u2019Abibumbye yayemeye ko ibibazo by\u2019Abanyafurika ari bo ubwo bakwiye kubyikemurira.<\/p>\n\n\n\n<p>Nkuko Imvaho Nshya ibigaragaza, Inama iheruka guhuriza hamwe Abakuru b\u2019Ibihugu bigize Imiryango y\u2019Afurika y\u2019Iburasirazuba (EAC) n\u2019uw\u2019Ubukungu bw\u2019Amajyepfo y\u2019Afurika (SADC) yari yanzuye ko RDC igomba kuganira n\u2019imitwe yose bafitanye ikibazo harimo na M23.<\/p>\n\n\n\n<p>Mukaralinda yashimangiye ko ubu noneho Perezida Tshisekedi ubwo yemeye inzira y\u2019ibiganiro bitanga icyizere, kuko n\u2019ubundi ari yo nzira rukumbi yakemura icyo kibazo.<\/p>\n\n\n\n<p>U Rwanda kenshi rwasabye ko ikibazo cya M23 ifitanye na Leta ya Congo, cyakemuka mu buryo bw\u2019ibiganiro kandi Mukuralinda yahamije ko u Rwanda rwishimira ubu buryo bwo kuganira kandi rubona ko buzatanga umusaruro.<\/p>\n\n\n\n<p>Yagize ati: \u201cIgihe kirageze ngo hafatwe imyanzuro bitari uburyo bwa nyirarureshwa. Hashyizweho uburyo noneho yashyirwa mu bikorwa.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>&nbsp;Yongeyeho ati: \u201cNiba ari byo Leta ya Congo yihitiyemo, ikanahitamo umuhuza, icy\u2019ingenzi ni uko ibyo bazaganira bizafatwaho imyanzuro igashyirwa mu bikorwa.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Yumvikanishije ko icyo u Rwanda rushaka ari uko imyanzuro yava muri ibyo biganiro yatuma imirwano ihagarara, bityo amahoro akagaruka mu Burasirazuba bwa RDC.<\/p>\n\n\n\n<p>RDC ishinja u Rwanda gukorana n\u2019umutwe wa M23 wafashe ibice binyuranye birimo Umujyi wa Goma wo mu Ntara ya Kivu y\u2019Amajyaruguru n\u2019uwa Bukavu mu Ntara ya Kivu y\u2019Amajyepfo.<\/p>\n\n\n\n<p>Guverinoma y\u2019u Rwanda yagiye igaragariza Leta ya RDC n\u2019amahanga ko nta ruhare ifite muri ibyo bibazo ko ahubwo yakora igishoboka cyose uwo muturanyi wayo akagera ku mahoro arambye.<\/p>\n\n\n\n<p>M23 igizwe n\u2019Abanyekongo barwanye Leta ya RDC, bashinja kuba yica bene wabo abandi ikabamenesha, bakaba barahungiye hiryo hino mu bihugu by\u2019abaturanyi birimo n\u2019u Rwanda.<\/p>\n\n\n\n<p>Mu mwaka wa 2021 ni bwo M23 yeguye intwaro ngo irwanirire abo baturage biganjemo abo mu bwoko bw\u2019Abatutsi n\u2019Abanyamurenge bavuga Ikinyarwanda.<\/p>\n\n\n\n<p>Kugeza ubu Rwanda rucumbikiye impunzi z\u2019abo baturage zisaga ibihumbi 100.<\/p>\n\n\n\n<p>Ubwanditsi<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y\u2019u Rwanda Mukuralinda Alain, yatangaje ko u Rwanda rutatunguwe n\u2019uko Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":4782,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[4],"tags":[],"class_list":["post-4781","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-politiki"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/4781","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=4781"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/4781\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":4783,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/4781\/revisions\/4783"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/4782"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=4781"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=4781"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=4781"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}