{"id":4724,"date":"2025-03-05T13:16:07","date_gmt":"2025-03-05T13:16:07","guid":{"rendered":"https:\/\/brightafrica.rw\/?p=4724"},"modified":"2025-03-05T13:16:08","modified_gmt":"2025-03-05T13:16:08","slug":"drc-m23-ntizarebera-rdc-iyirasaho-ikica-nabanyamulenge","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/2025\/03\/05\/drc-m23-ntizarebera-rdc-iyirasaho-ikica-nabanyamulenge\/","title":{"rendered":"DRC: M23 ntizarebera RDC iyirasaho ikica n\u2019Abanyamulenge"},"content":{"rendered":"\n<p><em><strong>Umuyobozi w\u2019Umutwe wa M23 Bertrand Bisimwa, yavuze ko uwo mutwe ayoboye utazarebera ubwicanyi bukorwa na Leta ya Congo by\u2019umwihariko bukibasira abo mu bwoko bw\u2019Abanyamalenge, mu Ntara ya Kivu y\u2019Amajyepfo.<\/strong><\/em><\/p>\n\n\n\n<p>Bisimwa yabitangaje kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 4 Werurwe, aho yavuze ko Imidugudu ituwe n\u2019abaturage b\u2019abasivili b\u2019Abanyamulenge igabwaho ibitero igasenywa n\u2019indege zitagira abapilote, indege z\u2019intambara za Sukhoi, ndetse n\u2019ibisasu bya mortier by\u2019ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n\u2019abambari bazo.<\/p>\n\n\n\n<p>Ibi bibaye nyuma y\u2019icyumweru kimwe Umuvugizi wa AFC\/M23 mu rwego rwa Poloitiki, Lawrence Kanyuka, atangaje ko Leta ya Congo ikomeje kwica abaturage b\u2019inzirakarengane muri Minembwe, Uvira n\u2019utundi duce hifashishijwe indege z\u2019intambara zigenzurwa n\u2019ubutasi bwa MONUSCO.<\/p>\n\n\n\n<p>Abanyamulenge bamaze igihe basaba Umuryango Mpuzamahanga kugira icyo ukora kugira ngo ugire uruhare mu guhagarika ubwicanyi bubibasira muri Minembwe mu Ntara ya Kivu y\u2019Amajyepfo, ariko ntibigire icyo bitanga.<\/p>\n\n\n\n<p>Mu butumwa yanyujije ku rubuga X, Bisimwa yavuze ko ubutegetsi bwa Kinshasa bukomeje gutera abaturage b\u2019inzirakarengane nta nkomyi, bufatanyije n\u2019ingabo za Leta ya Congo zishyize hamwe n\u2019Ingabo z\u2019u Burundi, abarwanyi ba FDLR bamenyekanye kubera uruhare rwabo muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, ndetse n\u2019imitwe yitwaje intwaro ya Wazalendo ivuye i Uvira n\u2019iyahunze Bukavu.<\/p>\n\n\n\n<p>FDLR ni umutwe w\u2019iterabwoba ukorera muri RDC, washinzwe n\u2019abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.<\/p>\n\n\n\n<p>Bisimwa yakomeje agira ati: \u201cImpamvu nyamukuru y\u2019ibi bitero ni uko iyi midugudu ituwe cyane n\u2019Abanyamulenge, abo ubutegetsi bwa Kinshasa bwita ko ari Abanyarwanda.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Yakomeje agira ati: \u201cUbwicanyi nk\u2019ubu bwibasira abaturage batitwaje intwaro ntibwakabaye bwihanganirwa, bukwiye kwamaganwa. Niba isi yarahisemo guceceka kuri ibi bikorwa by\u2019ubugizi bwa nabi bya Leta ya Kinshasa ishyigikiwe n\u2019ibihugu bimwe na bimwe, AFC\/M23 ntizigera irebera ubwicanyi bw\u2019abaturage b\u2019inzirakarengane, tuzafata inshingano zacu.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Intambara hagati y\u2019ingabo za Leta ya Congo n\u2019abafatanyabikorwa bayo barimo FDLR, abasirikare b\u2019u Burundi barenga 10,000, abacancuro b\u2019Abanyaburayi bagera ku 1,600, n\u2019ingabo za SADC ziyobowe n\u2019u Rwanda, yatangiye mu 2021.<\/p>\n\n\n\n<p>Kuva muri Mutarama, aba barwanyi ba M23 bakomeje kwagura ibice bafashe, muri Kivu y\u2019Amajyaruguru no muri Kivu y\u2019Amajyepfo, bahigika ingabo za Leta ya Congo n\u2019abafatanyabikorwa bayo, barimo abacancuro b\u2019Abanyaburayi, FDLR, Wazalendo, ingabo z\u2019u Burundi, izo muri SADC ziyobowe n\u2019Afurika y\u2019Epfo, ndetse n\u2019ingabo z\u2019Umuryango w\u2019Abibumbye (ONU).<\/p>\n\n\n\n<p>Nyuma y\u2019imirwano ikaze yatewe n\u2019uko FARDC yarenze ku gahenge kari karashyizweho, ku wa 27 Mutarama, aba barwanyi bigaruriye Umujyi wa Goma, bakora ibishoboka byose ngo bashyireho ituze n\u2019umutekano mu mujyi ufatwa nk\u2019 Umurwa Mukuru wa Kivu y\u2019Amajyaruguru,<\/p>\n\n\n\n<p>Source Imvaho Nshya<\/p>\n\n\n\n<p>Ubwo umutekano muri Kivu y\u2019Amajyepfo wakomeje kuzamba bitewe n\u2019ubugizi bwa nabi, urugomo n\u2019ubusahuzi byakozwe n\u2019ingabo za Leta ya Congo, aba barwanyi bongeye gutera intambwe.<\/p>\n\n\n\n<p>Babanje gufata ikibuga cy\u2019indege cya Kavumu, hanyuma bakomereza mu majyepfo bafata Umurwa Mukuru w\u2019Intara ya Kivu y\u2019Amajyepfo, Bukavu, ku wa 15 Gashyantare.<\/p>\n\n\n\n<p>Mbere y\u2019uko bahagera, abaturage bari bamaze iminsi babasabira kuza vuba kugira ngo bagarure umutekano muri uwo mujyi.<\/p>\n\n\n\n<p>Ubu, abaturage batuye mu bice biri mu maboko ya AFC\/M23 muri Kivu y\u2019Amajyaruguru no muri Kivu y\u2019Amajyepfo baravuga ko bafite ituze, kuko ingabo za Leta ya Congo zitakibabangamira.<\/p>\n\n\n\n<p>Gusa, umutekano ukomeje kuzamba cyane mu misozi iremire ya Hauts-Plateaux muri Kivu y\u2019Amajyepfo, cyane cyane i Minembwe n\u2019utundi duce tuhakikije, ahari gakondo y\u2019Abanyamulenge.<\/p>\n\n\n\n<p>Mo\u00efse Nyarugabo, umunyamategeko ukomoka mu muryango w\u2019Abanyamulenge, yagaragaje ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, imidugudu yose y\u2019Abanyamulenge mu Turere dutatu yagabweho ibitero icyarimwe.<\/p>\n\n\n\n<p>Yagize ati: \u201cImidugudu y\u2019Abanyamulenge ya Magaja, Bivumu, Bikirikiri, Kabara na Hanzi mu gace ka Bibokoboko, ku misozi yo hagati mu bilometero 20 uvuye i Baraka mu Karere ka Fizi, iri kuraswaho kuva saa kumi n\u2019ebyiri n\u2019igice za mu gitondo ku isaha yaho. Abagabye ibitero baturutse i Baraka, Lweba, Kafulo na Kakuku.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Yongeyeho ati: \u201cImidugudu ya Mikenke, Bilalo Mbili, Rwitsankuku na Pointzero mu gace ka Itombwe, mu Karere ka Mwenga, iri kuraswaho kuva saa kumi n\u2019imwe za mu gitondo. Nanone, mu Karere ka Fizi, ariko ubu hakaba ari mu misozi miremire yerekeza Minembwe, imidugudu ya Kivumu, Biziba, Gipimo na Nyagishasha mu gace ka Lulenge\/Fizi iri kuraswaho kuva saa kumi n\u2019ebyiri.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Guhera muri Kanama 2018, ubwicanyi bwahitanye abantu amagana muri ako Karere, butuma ibihumbi by\u2019Abanyamulenge bahunga nyuma y\u2019uko imidugudu yabo ishenywe.<\/p>\n\n\n\n<p>Ibihumbi byabo bahungiye mu bihugu bituranye na RDC, birimo u Burundi, u Rwanda, Uganda, Kenya na Tanzania.<\/p>\n\n\n\n<p>AFC irwanya ubutegetsi bushyigikira ihohoterwa ry\u2019uburenganzira bwa muntu, ahubwo igaharanira ko buri Munyekongo agira umutekano n\u2019uburenganzira bungana.<\/p>\n\n\n\n<p>Abayobozi bayo biyemeje guhashya ivangura, ruswa, akarengane n\u2019ingengabitekerezo ya Jenoside, bimwe mu bibazo bikomeje kwimakazwa muri DR Congo.<\/p>\n\n\n\n<p><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Umuyobozi w\u2019Umutwe wa M23 Bertrand Bisimwa, yavuze ko uwo mutwe ayoboye utazarebera ubwicanyi bukorwa na Leta ya Congo by\u2019umwihariko bukibasira<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":4725,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[4],"tags":[],"class_list":["post-4724","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-politiki"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/4724","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=4724"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/4724\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":4726,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/4724\/revisions\/4726"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/4725"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=4724"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=4724"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=4724"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}