{"id":4545,"date":"2025-01-14T17:21:18","date_gmt":"2025-01-14T17:21:18","guid":{"rendered":"https:\/\/brightafrica.rw\/?p=4545"},"modified":"2025-01-14T17:21:19","modified_gmt":"2025-01-14T17:21:19","slug":"impirimbanyi-yumunya-tanzania-yari-yashimuswe-yabonetse-hashize-amasaha","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/2025\/01\/14\/impirimbanyi-yumunya-tanzania-yari-yashimuswe-yabonetse-hashize-amasaha\/","title":{"rendered":"Impirimbanyi y&#8217;Umunya-Tanzania yari yashimuswe yabonetse hashize amasaha"},"content":{"rendered":"\n<p>Impirimbanyi izwi cyane y&#8217;Umunya-Tanzania Maria Sarungi Tsehai yari yashimutiwe muri Kenya n&#8217;abagabo bitwaje intwaro yavuze ko yarekuwe, nyuma y&#8217;amasaha ibyo bibaye.<\/p>\n\n\n\n<p>Roland Ebole, umuvugizi wo muri Kenya w&#8217;umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu Amnesty International, yabwiye BBC ko Tsehai &#8220;yinjijwe ku ngufu&#8221; mu modoka mu murwa mukuru Nairobi ejo ku cyumweru nyuma ya saa sita z&#8217;amanywa.<\/p>\n\n\n\n<p>Ariko Tsehai yarekuwe hashize amasaha ibyo bibaye. Yatangaje videwo ku bantu miliyoni 1,3 bamukurikira ku rubuga nkoranyambaga X, agaragara ko yahungabanye ndetse anafite imbamutima, ariko yagize ati: &#8220;Narokowe.&#8221;<\/p>\n\n\n\n<p>Tsehai anenga bikomeye ubutegetsi bwa Perezida wa Tanzania Samia Suluhu Hassan, ndetse yashinje leta ye &#8220;kugarura igitugu&#8221; muri icyo gihugu.<\/p>\n\n\n\n<p>Inkuru dukesha BBC Gahuza, ni uko Faith Odhiambo, umukuru w&#8217;ishyirahamwe ry&#8217;abanyamategeko bo muri Kenya, yatangaje ku rubuga X ko bashoboye gutuma arekurwa.<\/p>\n\n\n\n<p>Mu kiganiro n&#8217;abanyamakuru ku mugoroba w&#8217;ejo, yagize ati: &#8220;Turimo kuburira. Ntituzemera ko igihugu cyacu gikoreshwa nk&#8217;indiri yo gufatiramo abantu.&#8221;Abategetsi ba Kenya n&#8217;abategetsi ba Tanzania nta cyo batangaje.<\/p>\n\n\n\n<p>Tsehai aharanira bikomeye uburenganzira ku butaka n&#8217;ubwisanzure bwo kuvuga icyo umuntu atekereza muri Tanzania.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-full is-resized\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"800\" height=\"449\" src=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/01\/tz.webp\" alt=\"\" class=\"wp-image-4547\" style=\"width:1053px;height:auto\" srcset=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/01\/tz.webp 800w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/01\/tz-300x168.webp 300w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/01\/tz-768x431.webp 768w\" sizes=\"auto, (max-width: 800px) 100vw, 800px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<p>                                                                                                         Maria Sarungi Tsehai<\/p>\n\n\n\n<p>Hashize igihe hari uguhangayika ko Tanzania ishobora kuba irimo gusubira mu butegetsi bw&#8217;ikandamiza bw&#8217;uwahoze ari Perezida wapfuye John Magufuli, nubwo Perezida Samia wamusimbuye yakuyeho itegeko ribuza abatavuga rumwe n&#8217;ubutegetsi guterana ndetse agasezeranya gusubizaho politike irimo guhatana.<\/p>\n\n\n\n<p>Mu mwaka ushize, abatavuga rumwe n&#8217;ubutegetsi babarirwa muri za mirongo batawe muri yombi ndetse bamwe bishwe mu bugome. Utavuga rumwe n&#8217;ubutegetsi wo ku rwego rwo hejuru&nbsp;<a href=\"https:\/\/www.bbc.com\/gahuza\/articles\/czrgdpye367o\">yapfuye nyuma yo gusukwaho aside<\/a>.<\/p>\n\n\n\n<p>Umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu Human Rights Watch wavuze ko ukwiyongera kw&#8217;itabwa muri yombi ry&#8217;impirimbanyi zitavuga rumwe n&#8217;ubutegetsi ari &#8220;ikimenyetso kibi&#8221; mbere y&#8217;amatora ya perezida yo muri uyu mwaka wa 2025, azaba mu Kwakira (10).<\/p>\n\n\n\n<p>Umuryango &#8216;Change Tanzania&#8217; (cyangwa hindura Tanzania, mu Kinyarwanda) washinzwe na Tsehai, watangaje ku rubuga X ko wemeza ko yafashwe n&#8217;abashinzwe umutekano ba Tanzania &#8220;bakorera hanze y&#8217;imipaka ya Tanzania mu rwego rwo gucecekesha ukunenga leta kwemewe n&#8217;amategeko&#8221;.<\/p>\n\n\n\n<p>Uwo muryango wongeyeho ko &#8220;ubutwari bwe bwo guharanira ubutabera bwatumye aba uwo kwibasirwa&#8221;.<\/p>\n\n\n\n<p>Mu mezi ya vuba aha ashize, yavuze ko ahangayitse ku bw&#8217;umutekano we, avuga ku byabaye aho abagabo babiri atazi babonetse barimo bamushaka mu rugo rwe adahari.<\/p>\n\n\n\n<p>Kenya ifite amateka yo gutuma leta z&#8217;amahanga zishobora gushimuta abaturage bazo ndetse zikabasubiza iwabo ku ngufu, harenzwe ku mategeko mpuzamahanga.<\/p>\n\n\n\n<p>Mu mwaka ushize, umukuru w&#8217;abatavuga rumwe n&#8217;ubutegetsi muri Uganda Kizza Besigye yashimutiwe i Nairobi n&#8217;abategetsi bo mu nzego z&#8217;umutekano za Uganda, yambutswa umupaka ajyanwa iwabo kuburanishwa n&#8217;urukiko rwa gisirikare.<\/p>\n\n\n\n<p>Leta ya Uganda yavuze ko Kenya yabafashije muri icyo gikorwa \u2013 ariko leta ya Kenya yarabihakanye.<\/p>\n\n\n\n<p><strong>Ubwanditsi<\/strong><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Impirimbanyi izwi cyane y&#8217;Umunya-Tanzania Maria Sarungi Tsehai yari yashimutiwe muri Kenya n&#8217;abagabo bitwaje intwaro yavuze ko yarekuwe, nyuma y&#8217;amasaha ibyo<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":4546,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[4],"tags":[],"class_list":["post-4545","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-politiki"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/4545","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=4545"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/4545\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":4548,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/4545\/revisions\/4548"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/4546"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=4545"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=4545"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=4545"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}