{"id":4225,"date":"2024-05-22T13:43:43","date_gmt":"2024-05-22T13:43:43","guid":{"rendered":"https:\/\/brightafrica.rw\/?p=4225"},"modified":"2024-05-22T13:43:44","modified_gmt":"2024-05-22T13:43:44","slug":"perezida-kagame-ingabo-zu-rwanda-zimaze-gutanga-umusanzu-ufatika","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/2024\/05\/22\/perezida-kagame-ingabo-zu-rwanda-zimaze-gutanga-umusanzu-ufatika\/","title":{"rendered":"Perezida Kagame:\u00a0 Ingabo z\u2019u Rwanda zimaze gutanga umusanzu ufatika"},"content":{"rendered":"\n<p>Perezida Paul Kagame yatangaje ko ingabo z\u2019u Rwanda zimaze gutanga umusanzu ufatika mu kugarura amahoro n\u2019umutekano aho ziyambajwe, nyamara iz\u2019Umuryango w\u2019Abibumbye(UN) wohereza mu bihugu bitandukanye zikabinanirwa, kandi&nbsp; zihabwa amafaranga menshi.<\/p>\n\n\n\n<p>Umukuru w\u2019Igihugu yabigarutseho ku wa Kabiri tariki ya 21 Gicurasi 2024, ubwo yari yitabiriye Inama Mpuzamahanga ku rwego rw\u2019Isi yiga ku mutekano (Global Security Forum).<\/p>\n\n\n\n<p>Perezida Kagame yifashishije ikoranabuhanga yabwiye abitabiriye iyo nama ko ingabo zoherezwa n\u2019Umuryango w\u2019Abibumye mu bihugu bitandukanye zishorwaho amafaranga menshi ariko ugasanga ibibazo zagiye gukemura bikomeza kubaho.<\/p>\n\n\n\n<p>Yagize ati: \u201cTurebe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, guhera mu myaka 20 cyangwa 23 ishize, hashyizwemo miliyari nyinshi, ariko urebye ibyo bakuramo, ni zeru, rwose ikibazo gikomeza kuba uko cyahoze mbere. Kubera iki abantu badatekereza kuri ibyo bintu, ni ibintu byiza gushakira amahoro ibice biyakeneye.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Perezida Kagame yagaragaje uko u Rwanda na Mozambique binyuze mu bufatanye byakoze ibikorwa by\u2019indashyikirwa muri Mozambique ahari harabuze amahoro akagaruka.<\/p>\n\n\n\n<p>Umukuru w\u2019Igihugu yagaragaje ko kuva ingabo z\u2019u Rwanda zagera muri Mozambique zimaze kugarura amahoro ku kigero cya 85%.<\/p>\n\n\n\n<p>Ati: \u201cReka tuvuge kuri Mozambique, niba abaturage bo mu gihugu iki n\u2019iki bakeneye ubufasha, buri wese aba abibona ko babukeneye. Mozambique yasabye gukorana n\u2019u Rwanda mu gihe hari imirwano mu Ntara Cabo Delgado, intara ikubye inshuro eshatu igihugu cyacu mu bunini.<\/p>\n\n\n\n<p>Twagiyeyo, twakoze akazi keza dufatanyije n\u2019inshuti zacu n\u2019abafatanyabikorwa bacu, Mozambique yemereye n\u2019abandi kuza kuyifasha, reka mvuge ibireba u Rwanda, mu gace twoherejemo ingabo kari karabuze umutekano, twatanze igisubizo cy\u2019ikibazo mu gihe cy\u2019imyaka 2 n\u2019amezi, ku rugero rwa 80% cyangwa 85%, dufatanya n\u2019Abanyamozambique.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Umukuru w\u2019Igihugu yavuze ko intego yari yajyanye ingabo z\u2019u Rwanda kwari ukugarura amahoro n\u2019ubwo bakoreshaga ubushobozi budahambaye ariko bwagize umumaro, bafatanyije n\u2019abaturage ba Mozambique.<\/p>\n\n\n\n<p>At: \u201cUrebye ikiguzi cyabyo, ni gito cyane, ugereranyije n\u2019ibitangwa mu bikorwa byo kugarura amahoro birimo gukorwa\u201d.<\/p>\n\n\n\n<p>Yavuze ko hari Imiryango Mpuzamahanga ivuga ku butumwa bw\u2019u Rwanda muri Mozambique, babunenga, nyamara ari Abanyafurika bishyize hamwe batanga umusanzu wabo mu kugarura amahoro aho yari akenewe.<\/p>\n\n\n\n<p>Ati: \u201cIyo tuvuga kuri Mozambique, no kuri Repubulika ya Santarafurika, uribaza uti, niba abaturage bakeneye umutekano, ariko hakaba hari ibihugu binafite umutungo uhambaye ndetse ukurura benshi nk\u2019ibi bihugu byateye imbere, aho kugira ngo batange umusanzu wabo muri icyo kibazo, baba batanga amabwiriza y\u2019uko hazanwa ingabo za UN, ngo abe ari bo bakora ibyo.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Yavuze ko n\u2019ubwo izo ngabo za UN zoherezwa mu bihugu bidafite amahoro n\u2019ubundi bikomeza kuyabura nk\u2019uko byagendekeye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.<\/p>\n\n\n\n<p><strong>Perezida Kagame yibaza impamvu UN itsindwa abantu ntibakuremo isomo<\/strong><\/p>\n\n\n\n<p>Ati: \u201cNibaza impamvu ibyo dukora, batarabiteye inkunga, ariko ugasanga abantu baratubaza, ngo urabona u Rwanda ruri Mozambique, ariko nanone ruri muri Congo, batekereza ko kuko batigeze bafasha u Rwanda muri ibyo bikorwa rwagizemo uruhare, bakwiye kubiruhanira, ntabwo numva impamvu yabyo\u201d.<\/p>\n\n\n\n<p>Umukuru w\u2019Igihugu yeretse Isi ko ibihugu byitwa ko bikomeye, birimo Leta Zunze Ubumwe z\u2019Amerika, ndetse n\u2019ibyo ku mugabane w\u2019u Burayi, byirirwa binenga u Rwanda kuko rwagiye gutanga umusanzu mu kugarura amahoro ahubwo ko ari byo bikwiye gukora ibyo rukora kandi bigakora n\u2019ibirenzeho kubera ko bifite ubushobozi.Umukuru w\u2019Igihugu yagaragaje ko bidasaba ubushobozi buhambaye bw\u2019imitekerereze mu gukemura ibibazo biba bihari.<\/p>\n\n\n\n<p>Ati: \u201cIkibazo gihari mu migabane itandukanye, hari ugutsindwa kw\u2019imiyoborere ndetse no kunanirwa gucunga umutekeno. Iyo urebye ibihugu bimaze igihe biberamo guhirika ubutegetsi, nta muntu wifuza ko bibaho (guhirika ubutegetsi) ariko iyo urebye haba hari ibimenyetso byabayeho mbere, biba biri mu miyoborere, n\u2019umutekano muke nk\u2019uko twabibonye muri ibi bihugu byo mu Burengerazuba bw\u2019Afurika.<\/p>\n\n\n\n<p>Buri wese yabibona bidasabye ubushakashatsi buhambaye, umuntu yabibonaga na mbere, ko hari ikintu gishobora kuba aha cyangwa hariya\u201d.<\/p>\n\n\n\n<p>Iyo nama Perezida Kagame yitabiriye yifashishije ikoranabuhanga ni umwanya abayobozi bakuru ku rwego rw\u2019Isi baganiriramo ibibazo biba bibangamiye Umutekano w\u2019Isi muri rusange bagashakira hamwe umuti wabyo.<\/p>\n\n\n\n<p>ubwanditsi<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Perezida Paul Kagame yatangaje ko ingabo z\u2019u Rwanda zimaze gutanga umusanzu ufatika mu kugarura amahoro n\u2019umutekano aho ziyambajwe, nyamara iz\u2019Umuryango<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":4226,"comment_status":"closed","ping_status":"closed","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[1],"tags":[],"class_list":["post-4225","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-uncategorized"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/4225","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=4225"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/4225\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":4227,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/4225\/revisions\/4227"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/4226"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=4225"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=4225"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=4225"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}