{"id":4125,"date":"2024-04-01T15:38:33","date_gmt":"2024-04-01T15:38:33","guid":{"rendered":"https:\/\/brightafrica.rw\/?p=4125"},"modified":"2024-04-01T15:38:34","modified_gmt":"2024-04-01T15:38:34","slug":"umukino-wahuje-manchester-city-na-arsenal-perezida-kagame-yarawurebye","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/2024\/04\/01\/umukino-wahuje-manchester-city-na-arsenal-perezida-kagame-yarawurebye\/","title":{"rendered":"Umukino wahuje Manchester City na Arsenal Perezida Kagame yarawurebye"},"content":{"rendered":"\n<p>Perezida Paul Kagame yavuze ko yabonye umwanya wo gukurikira umukino wa Premier League wahuje Manchester City na Arsenal ku Cyumweru, ariko yakiriye ibyawuvuyemo nubwo iyi kipe y\u2019i Londres akunda itashoboye kubona intsinzi, iminota 90 ikarangira ari ubusa ku busa.<\/p>\n\n\n\n<p>Umukuru w\u2019Igihugu yagarutse kuri uyu mukino mu kiganiro yagiranye na Radio 10 na Royal FM kuri uyu wa Mbere, tariki ya 1 Mata 2024.<\/p>\n\n\n\n<p>Ubwo yatangiraga ikiganiro, Umunyamakuru Mutuyeyezu Oswald yabajije Perezida Kagame niba yarabashije gukurikira umukino wahuje Arsenal afana na Manchester City ku Cyumweru, ndetse n\u2019uburyo yakiriye ibyawuvuyemo.<\/p>\n\n\n\n<p>Umukuru w\u2019Igihugu yasubije ko ajya akurikira iyi mikino ndetse ku cyumweru yari afite umwanya uhagije  yarawukiranye.<\/p>\n\n\n\n<p>Ati &#8220;Yego nawukurikiye, akenshi iyo mfite umwanya ndabikurikira. Ejo rero nari mfite umwanya narabikurikiye.&#8221;<\/p>\n\n\n\n<p>Mutuyeyezu yahise agira ati &#8220;Habuze gato ngo dutsinde.&#8221;<\/p>\n\n\n\n<p>Umukuru w\u2019Igihugu yakomeje agira ati &#8220;Ni byo twifuzaga. Umupira ni ko ugenda, ntabwo iteka biba amahire uko umuntu abishaka. Reka turebe iyindi mikino iri imbere uko izagenda.&#8221;<\/p>\n\n\n\n<p>Kunganya uyu mukino byatumye Arsenal itakaza umwanya wa mbere kuko yagize amanota 65 ku mwanya wa kabiri, irushwa abiri na Liverpool ya mbere kuko yo yari yatsinze Brighton &amp; Hove Albion ibitego 2-1 mu mukino wari wabanje.<\/p>\n\n\n\n<p>Usibye kuba Perezida Kagame ari umufana wa Arsenal FC, ni n\u2019umwe mu bayobozi bakunda umupira w\u2019amaguru ndetse afite n\u2019igikombe cyimwitirirwa cya CECAFA Kagame Cup.<\/p>\n\n\n\n<p>Ku wa 3 Gicurasi 2014, Ikipe ya Arsenal yamugeneye impano azishyikirizwa na Tony Adams wahoze ari kapiteni wayo.<\/p>\n\n\n\n<p>Tony Adams yatangaje ko iyi kipe yamugeneye umupira wo gukina wa Arsenal, imuha imipira itatu yo kwambara ya Arsenal hariho umwe uriho amazina ye na nimero imwe.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-full\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"1000\" height=\"618\" src=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2024\/04\/kagame-2.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-4127\" srcset=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2024\/04\/kagame-2.jpg 1000w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2024\/04\/kagame-2-300x185.jpg 300w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2024\/04\/kagame-2-768x475.jpg 768w\" sizes=\"auto, (max-width: 1000px) 100vw, 1000px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<p>Mu 2007 ubwo Perezida Kagame yizihizaga isabukuru y\u2019imyaka 50 y\u2019amavuko, umutoza Ars\u00e8ne Wenger [watozaga Arsenal] yamuhaye impano y\u2019idarapo ry\u2019iyi kipe ririho imikono y\u2019abakinnyi bose mu kumushimira.<\/p>\n\n\n\n<p>Mu Ukwakira 2013, Perezida Kagame yari ku kibuga cya Arsenal, Emirates, ubwo iyi kipe yatsindaga Napoli ibitego 2-0 mu mikino ya UEFA Champions League.<\/p>\n\n\n\n<p>Icyo gihe yanyuzwe no kureba uwo mukino. Yagize ati \u201cNishimiye kurebera umupira i Emirates. Ndashimira Wenger na Arsenal bagarutse ku mukino mwiza wo gutsinda.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Yarebye kandi umukino Arsenal yanganyijemo na Tottenham Hotspur ibitego 2-2 tariki 24 Nzeri 2023 kuri Emirates Stadium.<\/p>\n\n\n\n<p>Perezida Kagame ni umufana wa Arsenal kuva mu 1996, aho avuga ko ayikundira umukino mwiza ikina yatsinda cyangwa igatsindwa.<\/p>\n\n\n\n<p>Arsenal ifitanye umubano n\u2019u Rwanda kuko kuva muri Gicurasi 2018 Urwego rw\u2019Igihugu rw\u2019Iterambere (RDB) rwinjiye mu bufatanye n\u2019iyi kipe yo muri Premier League, u Rwanda ruyibera umuterankunga wa mbere ku maboko y\u2019imipira, aho yambara \u2018Visit Rwanda\u2019 ku kuboko kw\u2019ibumoso ku ikipe nkuru, iy\u2019abatarengeje imyaka 23 no mu ikipe y\u2019abagore.<\/p>\n\n\n\n<p>Ubwanditsi <\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Perezida Paul Kagame yavuze ko yabonye umwanya wo gukurikira umukino wa Premier League wahuje Manchester City na Arsenal ku Cyumweru,<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":4126,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[9],"tags":[],"class_list":["post-4125","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-imikino"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/4125","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=4125"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/4125\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":4128,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/4125\/revisions\/4128"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/4126"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=4125"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=4125"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=4125"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}