{"id":3935,"date":"2024-01-10T16:09:16","date_gmt":"2024-01-10T16:09:16","guid":{"rendered":"https:\/\/brightafrica.rw\/?p=3935"},"modified":"2024-01-10T16:09:17","modified_gmt":"2024-01-10T16:09:17","slug":"koreya-yepfo-igiye-gushyiraho-itegeko-ribuza-kurya-imbwa","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/2024\/01\/10\/koreya-yepfo-igiye-gushyiraho-itegeko-ribuza-kurya-imbwa\/","title":{"rendered":"Koreya y\u2019Epfo igiye gushyiraho itegeko ribuza kurya imbwa"},"content":{"rendered":"\n<p><em><strong>Inteko Ishinga Amategeko ya Koreya y\u2019Epfo ejo ku wa Kabiri tariki 09 Mutarama 2024, yemeje umushinga w\u2019itegeko ribuza kurya no kugurisha inyama z\u2019imbwa<\/strong><\/em><em><strong>.<\/strong><\/em><\/p>\n\n\n\n<p>Ibi bije bikuraho igikorwa kimaze ibinyejana kitavugwaho rumwe, bitewe n\u2019uko abantu bashyigikiye imibereho myiza y\u2019inyamaswa, barushaho kwiyongera.<\/p>\n\n\n\n<p>Kurya inyama z\u2019imbwa byigeze kubonwa nk\u2019uburyo bwo kwongera ingufu mu bihe by\u2019ubuhehere bw\u2019impeshyi muri Koreya.<\/p>\n\n\n\n<p>Ariko ibyo byagiye bigabanuka, bisigara mu bantu bamwe bakuze no muri za resitora zihariye, uko Abanyakoreya bagiye bafata imbwa nk\u2019amatungo yo mu ngo, ari nako abanenga uburyo imbwa zicwamo, bagiye biyongera.<\/p>\n\n\n\n<p>Impirimbanyi zivuga ko imbwa nyinshi zagiye zishyirwa ku mashanyarazi cyangwa zikamanikwa mu gihe cyo kuzica hashakwa inyama n\u2019ubwo abazorora n\u2019abazigurisha bavuga ko hari ibyagezweho mu kuzibanga hagendewe ku bumuntu.<\/p>\n\n\n\n<p>Ibiro Ntaramakuru by\u2019Abongereza (Reuters) byatangaje ko abari bashyigikiye uwo mushinga w\u2019itegeko, biyongereye ku buyobozi bwa Perezida Yoon Suk Yeol, ukunda inyamaswa.<\/p>\n\n\n\n<p>Na we ubwe atunze imbwa 6 n\u2019injangwe 8 afatanyije na madamu we Kim Keon Hee.<\/p>\n\n\n\n<p>Ni n\u2019umwe mu bavugiye ahabona banenga kurya inyama z\u2019imbwa.<\/p>\n\n\n\n<p>Abatunze inyamaswa nabo bagiye biyongera uko imyaka igenda ishira.<\/p>\n\n\n\n<p>Urugo rumwe muri enye z\u2019abanyakoreya rwari rutunze imbwa mu mwaka wa 2022.<\/p>\n\n\n\n<p>Ibi bigaragaza ubwiyongere bwa 16% uhereye muri 2010, nk\u2019uko imibare ya Guverinoma ibigaragaza.<\/p>\n\n\n\n<p>Umushinga watanzwe n\u2019ishyaka riri ku buyobozi, utarashyigikiwe cyane ku rundi ruhande, wemejwe ku buryo busesuye n\u2019amajwi 208.<\/p>\n\n\n\n<p>Babiri bifashe mu cyumba kimwe rukumbi cy\u2019Inteko Ishinga Amategeko.Itegeko rivuga ko intego ari \u201cKurandura umuco wo kurya imbwa\u201d.<\/p>\n\n\n\n<p>Rizatangira kwubahirizwa nyuma y\u2019imyaka itatu. Aborora imbwa kandi bakazibaga kugira ngo abantu bazirye, bazahanishwa igifungo kigera ku myaka 3 n\u2019amande angana n\u2019ibihumbi 22.800 by\u2019amadolari.Iryo tegeko ntirivuga igihano na kimwe k\u2019 uzarya inyama z\u2019imbwa ubwabyo.<\/p>\n\n\n\n<p>Minisiteri y\u2019ubuhinzi igereranya ko mu kwezi kwa kane muri 2022, abarozi bagera mu 1,100 boroye imbwa 570.000 zagombaga kugaburwa muri resitora 1,600.<\/p>\n\n\n\n<p>Ishyirahamwe ry\u2019abahinzi ryavuze ko guca inyama z\u2019imbwa, bizagira ingaruka ku bahinzi 3,500 boroye imbwa miliyoni 1 n\u2019ibihumbi 500 no kuri&nbsp;resitora&nbsp;3,000.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Inteko Ishinga Amategeko ya Koreya y\u2019Epfo ejo ku wa Kabiri tariki 09 Mutarama 2024, yemeje umushinga w\u2019itegeko ribuza kurya no<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":3936,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[12],"tags":[],"class_list":["post-3935","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-imibereho-myiza"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/3935","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=3935"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/3935\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":3937,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/3935\/revisions\/3937"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/3936"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=3935"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=3935"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=3935"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}