{"id":3918,"date":"2024-01-04T13:19:00","date_gmt":"2024-01-04T13:19:00","guid":{"rendered":"https:\/\/brightafrica.rw\/?p=3918"},"modified":"2024-01-04T13:19:02","modified_gmt":"2024-01-04T13:19:02","slug":"israel-irashaka-kwimurira-ahandi-impunzi-za-gaza-harimo-na-congo","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/2024\/01\/04\/israel-irashaka-kwimurira-ahandi-impunzi-za-gaza-harimo-na-congo\/","title":{"rendered":"Israel irashaka kwimurira ahandi impunzi za Gaza, harimo na Congo"},"content":{"rendered":"\n<p>Leta ya Israel irimo kuvugana n\u2019ibihugu byinshi ngo ibyoherezemo impunzi zahunze agace ka Gaza imaze igihe icocagiraho ibisasu. Mu bihugu irimo kuvugana kwakira izo mpunzi harimo na Congo Brazaville nk\u2019uko ibinyamakuru byaho bibivuga.<\/p>\n\n\n\n<p>Abantu hafi miliyoni ebyiri bamaze kuva mu byabo muri Gaza nyuma y\u2019amezi hafi atatu y\u2019intambara kuri Gaza.<\/p>\n\n\n\n<p>Zman Israel \u2013 ishami ry\u2019ikinyamakuru cya Times of Israel ryandika mu Igiheburayo &#8211; ivuga ko uwo mugambi minisitiri w\u2019intebe Benjamin Netanyahu yawushinze abaminisitiri be ngo bawukurikirane.<\/p>\n\n\n\n<p>Zman ivuga ko abantu ibihumbi amagana bo muri Gaza intambara nirangira bashobora kwimurirwa mu bindi bihugu ku bushake bwabo, ko Tel Aviv irimo kuvugana n\u2019ibihugu byinshi birimo Arabia Saoudite na Congo.<\/p>\n\n\n\n<p>Igice kinini cya Gaza ubu cyabaye amatongo nyuma y\u2019ibisasu by\u2019urutavanaho by\u2019igisirikare cya Israel, intambara muri Gaza imaze kugwamo abarenga ibihumbi 22 nk\u2019uko leta ya Hamas itegeka Gaza ibivuga.<\/p>\n\n\n\n<p>Abahunze intambara, abenshi bari mu nkambi ziri mu gace k\u2019amajyepfo ya Gaza aho babayeho mu buryo budakwiye kandi batungwa n\u2019inkunga y\u2019imiryango ifasha imbabare.<\/p>\n\n\n\n<p>Ikinyamakuru Zman kivuga ko ishyaka rya Likud &#8211; rifatwa nk\u2019iriri ku butegetsi muri Israel \u2013 ririmo gushyira imbaraga muri uwo mugambi wo kwimurira abanyeGaza babishaka mu bindi bihugu.<\/p>\n\n\n\n<p>Zman ivuga ko kuwa mbere w\u2019iki cyumweru, Benjamin Netanyahu yatangaje ko \u201cikibazo ubu ni ibihugu bizemera kubakira kandi turimo kubikoraho\u201d.<\/p>\n\n\n\n<p>Ibihugu bya Congo na Arabia Saoudite ntacyo biratangaza kuri iyi nkuru y\u2019uko byegerewe na Israel ngo yakire impunzi zo muri Gaza.<\/p>\n\n\n\n<p>Zman ivuga ko yamenye ko igihugu cy\u2019ibanze kiri mu biganiro by\u2019ibanga na Israel ngo cyakire ibihumbi amagana by\u2019impunzi za Gaza ari Congo. Ndetse gisubiramo umwe mu bategetsi muri Israel avuga ati: \u201cCongo izaba yiteguye kubakira, kandi turimo kuganira n\u2019ibindi bihugu\u201d.<\/p>\n\n\n\n<p>Zman ivuga ko Benjamin Netanyahu yahaye inshingano abaminisitiri be ngo bakore uwo mugambi wo kwimurira ahandi impunzi za Gaza zibishaka<\/p>\n\n\n\n<p>Abategetsi ba Israel bavuga ko nyuma y\u2019iyi ntambara Hamas itazongera gutegeka agace ka Gaza kandi ko Israel itazongera kwemera ko hari imirimo ikorerwa muri Gaza ahubwo abazahatura bazatungwa n\u2019imfashanyo y\u2019amahanga gusa.<\/p>\n\n\n\n<p><\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-full is-resized\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"800\" height=\"450\" src=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2024\/01\/gaza2.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-3921\" style=\"width:1036px;height:auto\" srcset=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2024\/01\/gaza2.jpg 800w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2024\/01\/gaza2-300x169.jpg 300w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2024\/01\/gaza2-768x432.jpg 768w\" sizes=\"auto, (max-width: 800px) 100vw, 800px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<p>                                                                   Minisitiri w&#8217;Intebe  wa Israel Benjamin Netanyahu <\/p>\n\n\n\n<p>Israel kandi ivuga ko abazasigara batuye muri Gaza nta hantu bazaba bemerewe kujya, ko Israel izahagarika imigenderanire yose hagati yayo na Gaza, igafunga inzira y\u2019inyanja, kandi ikagurira imbere muri Gaza imbibi zari zisanzwe zizwi.<\/p>\n\n\n\n<p>Israel irateganya gukaza mu buryo bushoboka umutekano nyuma y\u2019ibitero bya Hamas muri Israel byo kuwa 07 Ukwakira(10) umwaka ushize, ari nabyo yahereyeho ivuga ko ishaka kurandura Hamas muri Gaza.<\/p>\n\n\n\n<p>Ntibizwi neza niba koko hari abanya-Gaza bashaka kwimurirwa mu bindi bihugu nk\u2019uko Israel ibivuga.<\/p>\n\n\n\n<p>Ibihugu byavuzwe nabyo ntibiragira icyo bivuga kuri uwo mugambi.<\/p>\n\n\n\n<p>Source: BBC<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Leta ya Israel irimo kuvugana n\u2019ibihugu byinshi ngo ibyoherezemo impunzi zahunze agace ka Gaza imaze igihe icocagiraho ibisasu. Mu bihugu<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":3920,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[4],"tags":[],"class_list":["post-3918","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-politiki"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/3918","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=3918"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/3918\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":3922,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/3918\/revisions\/3922"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/3920"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=3918"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=3918"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=3918"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}