{"id":388,"date":"2020-11-03T18:17:26","date_gmt":"2020-11-03T18:17:26","guid":{"rendered":"https:\/\/brightafrica.rw\/?p=388"},"modified":"2020-11-03T18:17:39","modified_gmt":"2020-11-03T18:17:39","slug":"abanyamahanga-bategereje-uzatsinda-amatora-yamerika","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/2020\/11\/03\/abanyamahanga-bategereje-uzatsinda-amatora-yamerika\/","title":{"rendered":"Abanyamahanga Bategereje Uzatsinda Amatora y&#8217;Amerika"},"content":{"rendered":"\n<p>Guverinoma z\u2019ibihugu hirya no hino ku isi zitegerezanyije amatsiko amatora y\u2019ugomba kuyobora Leta zunze ubumwe z\u2019Amerika, mu gihe bitegura kureba uwegukana intebe y\u2019umukuru w\u2019igihugu, hagati y\u2019Umu repubulikani Donald Trump uhatanira manda ya kabiri nka Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z\u2019Amerika na Joe Biden, Umudemokarate bahanganye wahoze ari visi perezida. Ariko se ku ruhando mpuzamahanga ni nde uza gutsinda , ni nde uza gutsindwa mu matora yo kuri uyu wa kabiri?<\/p>\n\n\n\n<p>Chatham House, ikigo cy\u2019abongereza cyazobereye mu bushakashatsi ku miyoborere mpuzamahanga kivuga ko \u201cimyaka ine ishize yagaragaje ko amahitamo Leta Zunze Ubumwe z\u2019Amerika zikora agira ingaruka nyinshi kuri politiki mpuzamahanga.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Chatham House yongeraho ko \u201cperezida utaha ari we uzagena uko umutungo w\u2019Amerika ukoreshwa mu birebana na dipolomasi, ubukungu n\u2019igisirikare, ndetse, cyane cyane agaciro ibihugu by\u2019abafatanyabikorwa n\u2019ibindi bigo mpuzamahanga byari bisanzwe bikorana na Leta Zunze Ubumwe z\u2019Amerika bizahabwa. Uwo ari we wese uzatsindira intebe y\u2019umukuru w\u2019igihugu azaha icyerekezo imibanire y\u2019Amerika n\u2019Ubushinwa cyo kimwe n\u2019ubukungu mpuzamahanga, ibifite ingaruka zikomeye ku bafatanyabikorwa b\u2019Amerika.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Ibyo kandi bifite n\u2019ingaruka ku bakeba ba Leta Zunze Ubumwe z\u2019Amerika. N&#8217;ubwo hari abavuga ko izo ngaruka zishobora kuba zidakomeye nk\u2019uko bamwe babitekereza.<\/p>\n\n\n\n<p>Impuguke z\u2019abarusiya zivuga ko, uwatorwa uwo ari we wese, nta kinini kizahinduka mu mibanire ya Moscow na Washington. Ku bwa Bwana Andrey Kortunov, impuguke mu nama nkuru y&#8217;u Burusiya ishinzwe ibirebana n\u2019ububanyi n\u2019amahanga-ikigo cy\u2019ubushakashatsi kiri mu murwa mukuru Moscow, \u201cPerezida Putin n\u2019abantu ba hafi ye bashobora gukunda Trump kuko ahuje neza neza n\u2019icyerekezo babonamo isi.<\/p>\n\n\n\n<p>Icyakora Bwana Kortunov akavuga ko, uwatorerwa kuyobora Amerika wese, atiteze ko ubutegetsi bwa Moscow bugira icyo buhindura ku birebana na politiki yabwo mpuzamahanga. Avuga ko uguhangana hagati y\u2019u Burusiya n\u2019Amerika kuzakomeza.<\/p>\n\n\n\n<p>Bamwe mu bahoze ari abategetsi bakuru mu Burusiya mu mezi make ashize na bo babwiye Ijwi ry\u2019Amerika ko biteze ko umubano w\u2019igihugu cyabo na Leta Zunze Ubumwe z\u2019Amerika ndetse n\u2019Uburayi uzakomeza kurangwa no guhangana. Intandaro y\u2019ibyo bakavuga ko ari politiki y\u2019akagambane iyobowe n\u2019Amerika igamije kubangamira inyungu z\u2019u Burusiya.<\/p>\n\n\n\n<p>N&#8217;ubwo u Burusiya bugaragara nk\u2019ubudashishikajwe n\u2019ibizava mu matora ariko, ni bake i Moscow ndetse no hirya no hino ku isi bashidikanya ku ngaruka zikomeye amatora yo kuri uyu wa kabiri azagira ku rwego rw\u2019isi.<\/p>\n\n\n\n<p>Bisa nk\u2019aho miliyoni amagana z\u2019abatuye hirya no hino ku isi bari bugume bari maso barajwe inshinga no gukurikirana uko ibintu bigenda. Abandi bo baravuga ko bahagarika akazi kabo k\u2019umunsi mu rwego rwo gukurikirana neza ibizava muri aya matora uko bigenda bishyirwa ahagaragara. Ubuyobozi bw\u2019imwe mu mijyi bwo burateganya gutambutsa imigendekere y\u2019aya matora bwifashishije televiziyo za rutura zishyirwa aho abantu bose bashobora kubikurikira.<\/p>\n\n\n\n<p>Uretse no kugendera kuri politiki ya Leta Zunze Ubumwe z\u2019Amerika mu miyoborere yazo, guverinoma z\u2019ibihugu by\u2019amahanga kenshi zirebera aya matora mu nyungu ku birebana n\u2019ingamba zifata.<\/p>\n\n\n\n<p>Kuri uru rwego rero, izo ni inkeke zihuriweho muri za guverinoma &#8211; yaba mu bifuza ko Trump ari we watsinda cyangwa se mu bifuza Biden. Bitewe n\u2019uko ubushakashatsi ku ntekerezo z\u2019ibyari kuva mu matora muw\u20192016 bwibeshye, na mutegetsi n\u2019umwe mu bihugu by\u2019amahanga ubu ushobora kumenya neza uko aya matora azagenda.<\/p>\n\n\n\n<p>Benshi mu bategetsi b\u2019ibihugu by\u2019amahanga birinze kugaragaza uwo bifuza ko yatsinda. Abasesenguzi mu bya politiki bavuga ko benshi mu bakuru b\u2019ibihugu bari ku ruhande rwa Trump, barimo nka Minisitiri w\u2019intebe wa Isirayeli Benjamin Netanyahu na mugenzi we w\u2019Ubuhinde Narendra Modi, bitondeye cyane kumushimagiza, batewe impungenge n\u2019uko mu gihe yaba atsinzwe, uko gushyigikira Trump bagaragaje kwabangamira cyane imibanire yabo n\u2019ubutegetsi bwa Biden.<\/p>\n\n\n\n<p>Minisitiri w\u2019intebe wa Hongiriya, Viktor Orban, yabaye umwe mu bategetsi bake bo ku mugabane w\u2019u Burayi bavuze ku mugaragaro ko bashyigikiye Trump nk\u2019uko yabikoze muw\u20192016, aho mu kwezi kwa cyenda yatangarije kimwe mu binyamakuru byo gihugu cye ko ashyigikiye ashimitse indi ntsinzi ya Trump kuko bamaze kumenyera politiki y\u2019ububanyi n\u2019amahanga y\u2019Amerika.<\/p>\n\n\n\n<p>Bwana Viktor Orban akavuga ko ubutegetsi bw\u2019abademokarate bwubakiye kuri politiki ya mpatsibihugu. Ati:\u201diyo politiki twakoranye nayo n&#8217;ubwo byari ku gahato. Ntabwo twayikunze kandi ntidukeneye ubundi bufasha.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Abandi bategetsi bo mu Burayi bwo hagati bashyigikiye ko ibintu bitahinduka bo baricecekeye, n&#8217;ubwo bagiye bahererekanya ibitekerezo bya politiki ye y\u2019ihangana ku birebana n\u2019Umuryango w\u2019Ubumwe bw\u2019u Burayi n\u2019ishingiye ku baturage. Perezida wa Polonye, Andrzej Duda, kimwe n\u2019abandi bategetsi bakuru mu ishyaka riharanira Ubutabera n\u2019Amategeko, babajijwe ku birebana n\u2019uwo bahitamo ko atsinda hagati y\u2019abakandida bombi birinze kugira icyo basubiza.<\/p>\n\n\n\n<p>Mu gihe cya manda ye ku butegetsi, Bwana Trump ntiyabonwaga neza mu Burayi ariko cyane cyane mu bihugu bwo mu burengerazuba bw\u2019uyu mugabane. Ubushakashatsi bw\u2019ikigo Pew Research Center cyo muri Amerika bugaragaza ko 13 ku ijana by\u2019abadage ni bo bagaragazaga ko bamufitiye icyizere, mu gihe abanya Suwede ari 18%, naho abafaransa 20% akaba ari bo bonyine bagaragazaga ko bizeye ko ashobora gukora ibiboneye ku ruhando mpuzamahanga. Iyi mibare iri hasi cyane ugereranyije n\u2019iy\u2019uwo Trump yasimbuye, Barack Obama, ubwo yari mu mwaka we wa nyuma ku butegetsi.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"1023\" height=\"575\" src=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2020\/11\/US-1.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-390\" srcset=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2020\/11\/US-1.jpg 1023w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2020\/11\/US-1-300x169.jpg 300w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2020\/11\/US-1-768x432.jpg 768w\" sizes=\"auto, (max-width: 1023px) 100vw, 1023px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<p>Donald Trump na Joe Biden<\/p>\n\n\n\n<p>Iyo mibare igenda ihindagurika yiyongera uko uva mu burengerazuba werekeza mu burasirazuba bw\u2019Uburayi, bitewe ahanini n\u2019uko aho Trump yagaragaje ko ashyigikiye amashyaka ashingiye ahanini ku nyungu z\u2019abanyagihugu, yiganje ahanini mu Burayi bwo hagati. Abo rero bafata umurepubulikani Trump nk\u2019uwo bahuje politiki, cyane cyane iyo bigeze ku birebana n\u2019abimukira.<\/p>\n\n\n\n<p>Nko muri Polonye, ubushakashatsi bw\u2019ikigo Pew bugaragaza ko 51% by\u2019abanyapolonye bafite icyizere ko Trump arimo gukora neza mu birebana na politiki mpuzamahanga.<\/p>\n\n\n\n<p>Abasesenguzi bagaragaza ko bihabanye n\u2019ibyo, mu Burayi bw\u2019uburengerazuba haba mu baturage ndetse no muri za leta, bifuza ko ibintu byatangira bundi bushya nyuma y\u2019ubutegesti bwa Trump, imibanire hagati y\u2019Uburayi n\u2019Amerika igasubira kuba myiza nk\u2019uko yahoze kera.<\/p>\n\n\n\n<p>Abategetsi bo mu Burayi bw\u2019uburengerazuba bavuga ko biteze ko imibanire ishobora kuba myiza cyane ku butegetsi bwa Biden kuruta ku bwa Trump. Imitegekere ya Biden irazwi, hashingiwe ku kuba yaramaze imyaka 34 muri sena y\u2019Amerika, n\u2019indi 8 nka Visi Perezida wa Obama. Bavuga ko biteze ko azakora nk\u2019uko yamye akora, yubaka ubufatanye kandi akibanda ku bubanyi n\u2019amahanga nk\u2019umuntu uzwiho gushyigikira cyane ubufatanye.<\/p>\n\n\n\n<p>Ku rwego mpuzamahanga, ababa batsinze mu gihe Trump yaba yegukanye indi manda barimo na Perezida wa Bresil Jair Bolsonaro, na we usanzwe ari umuntu udashyigikiye ko ibintu bihinduka. Abategetsi bakorana bya hafi na Perezida Bolsonaro bavuga ko baftiye impungenge impinduka z\u2019imitegekere zaba muri Amerika. Bakongeraho ko umutegetsi wa Bresil yaba nk\u2019ugiye mu bwigunge mpuzamahanga mu gihe Trump yaba atsinzwe. Biteze imibanire yuje uguhangana ku butegetsi bwa Biden, cyane cyane gushingiye ku ngingo zirebana n\u2019uburenganzira bwa muntu ndetse n\u2019imihindagurikire y\u2019ikirere.<\/p>\n\n\n\n<p>Mu Burasirazuba bwo hagati, Perezida wa Misiri Abdel Fattah El-Sissi yashwanye cyane n\u2019ubutegersti bwa Obama biturutse ahanini ku buryo leta ye yahonyoraga uburenganzira bwa kiremwamuntu. Abategetsi b\u2019I Kayiro rero biteze ko ibyo byakongera kandi mu gihe Biden yaba ari we utowe. Ni cyo kimwe kandi no mu bategetsi ba cyami bo mu kigobe cya Perise bari bamaze gutsura umubano n\u2019ubutegetsi bwa Trump, bari bashimishijwe n\u2019amagambo Trump yabwiye abategetsi b\u2019ibihugu by\u2019abarabu ubwo yasuraga Arabiya Sawudite muw\u20192017, aho yagize ati:\u201dNtabwo twazanywe aha no kwigisha.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Source: VOA<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Guverinoma z\u2019ibihugu hirya no hino ku isi zitegerezanyije amatsiko amatora y\u2019ugomba kuyobora Leta zunze ubumwe z\u2019Amerika, mu gihe bitegura kureba<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":389,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[4],"tags":[],"class_list":["post-388","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-politiki"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/388","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=388"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/388\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":391,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/388\/revisions\/391"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/389"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=388"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=388"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=388"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}