{"id":3857,"date":"2023-12-20T10:01:00","date_gmt":"2023-12-20T10:01:00","guid":{"rendered":"https:\/\/brightafrica.rw\/?p=3857"},"modified":"2023-12-20T10:01:02","modified_gmt":"2023-12-20T10:01:02","slug":"igisirikare-cyacu-ubu-gishobora-kurasa-i-kigali-kiri-i-goma-tshisekedi","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/2023\/12\/20\/igisirikare-cyacu-ubu-gishobora-kurasa-i-kigali-kiri-i-goma-tshisekedi\/","title":{"rendered":"\u2018Igisirikare cyacu ubu gishobora kurasa i Kigali kiri i Goma\u2019 \u2013 Tshisekedi"},"content":{"rendered":"\n<p>Perezida Felix Tshisekedi wa DR Congo yavuze amagambo akomeye mu gusoza ibikorwa byo kwiyamamaza kuri uyu mugoroba aho yavuze ko \u201cigisirikare cyacu uyu munsi gishobora kurasa i Kigali kiri i Goma\u201d.<\/p>\n\n\n\n<p>Mu kwiyamamaza kwe, Tshisekedi yagiye agaruka ku ntambara yo mu burasirazuba bw\u2019igihugu cye ashinja ko ari u Rwanda ruyiri inyuma. Ibyo u Rwanda ruhakana.<\/p>\n\n\n\n<p>Tariki 08 z\u2019uku kwezi, ari kwiyamamariza mu mujyi wa Bukavu, Tshisekedi yagereranyije Perezida Paul Kagame w\u2019u Rwanda na Adolph Hitler wategekaga Ubudage mu ntambara ya II y\u2019isi.<\/p>\n\n\n\n<p>Ibi umuvugizi wa leta y\u2019u Rwanda yabyise \u201cubushotoranyi bugaragara kandi bweruye\u201d, kugeza ubu ntacyo uruhande rw\u2019u Rwanda ruravuga kubyo yatangaje uyu munsi.<\/p>\n\n\n\n<p>Uyu munsi ku kibuga cya Ndjili Sainte Th\u00e9r\u00e8se mu murwa mukuru Kinshasa, Tshisekedi, yavuze amagambo akomeye nanone yibasira u Rwanda, arimo n\u2019igitutsi. Yagize ati: \u201cIsasu rya mbere ry\u2019abo ba\u2026(igitutsi) nirigwa kuri Congo, cyangwa agace ka mbere bazafata, nzakoranya Inteko ishingamategeko, nyisabe uruhushya rwo gutangaza intambara ku Rwanda.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Yongeraho ati: \u201c\u2026ntimugire ubwoba, igisirikare cyacu uyu munsi gishobora kurasa i Kigali kiri i Goma\u2026Kagame [perezida] ntabwo azarara mu nzu ye, azajya kurara mu ishyamba, akinishe abandi bantu ntakine na Fatshi Beton (Felix Tshisekedi).\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Tshisekedi yavuze aya magambo mu gihe abategetsi bakuru mu Rwanda bari mu gikorwa cyo gutangiza uruganda rukora inkingo za malaria n\u2019igituntu i Kigali rw\u2019ikigo BioNTech cyo mu Budage kizwiho ko cyakoze rumwe mu nkingo za Covid-19.<\/p>\n\n\n\n<p>Intambara yo mu burasirazuba bwa DR Congo, ubu imaze iminsi icyenda mu gahenge kasabwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Kinshasa iyishinja ubutegetsi bwa Kigali ko aribwo buri inyuma y\u2019umutwe wa M23 ubu ugenzura ibice binini bya teritwari za Masisi na Rutshuru z\u2019Intara ya Kivu ya Ruguru.<\/p>\n\n\n\n<p>Ubusanzwe henshi ku isi, abanyapolitike bari kwiyamaza bashaka gutorwa amgambo yabo afatira ku bibazo nyamukuru biba bihanze igihugu. Bakizeza kubikemura nibatorwa. Amagambo arimo gukabya no kurenza igipimo cy\u2019ibisanzwe si mashya mu kwiyamamaza kw\u2019abanyapolitike iyo bari gusaba amajwi. Ntibitangaje ko Tshisekedi yiyamamaza avuga uko azatsinda intambara yo mu burasirazuba bw\u2019igihugu cye, gusa amagambo akoresha ntavugwaho rumwe hose.<\/p>\n\n\n\n<p>Ibikorwa byo kwiyamamaza muri DR Congo birarangira saa sita z\u2019ijoro ryo kuru uyu wa mbere mu gihe amatora ateganyijwe kuwa gatatu.<\/p>\n\n\n\n<p><strong>Ubwanditsi<\/strong><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Perezida Felix Tshisekedi wa DR Congo yavuze amagambo akomeye mu gusoza ibikorwa byo kwiyamamaza kuri uyu mugoroba aho yavuze ko<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":3858,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[4],"tags":[],"class_list":["post-3857","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-politiki"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/3857","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=3857"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/3857\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":3859,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/3857\/revisions\/3859"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/3858"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=3857"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=3857"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=3857"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}