{"id":382,"date":"2020-11-03T11:55:23","date_gmt":"2020-11-03T11:55:23","guid":{"rendered":"https:\/\/brightafrica.rw\/?p=382"},"modified":"2020-11-03T11:55:31","modified_gmt":"2020-11-03T11:55:31","slug":"amatora-muri-us-2020-ibyo-ukwiye-kumenya-ku-biva-muri-aya-matora-uyu-munsi","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/2020\/11\/03\/amatora-muri-us-2020-ibyo-ukwiye-kumenya-ku-biva-muri-aya-matora-uyu-munsi\/","title":{"rendered":"Amatora muri US 2020: Ibyo ukwiye kumenya ku biva muri aya matora uyu munsi"},"content":{"rendered":"\n<p><strong>Ku munsi nk&#8217;uyu, benshi ku isi baba bategereje kurara bamenye uwatsinze amatora ya perezida wa Amerika, igihugu gikomeye ku isi.<\/strong><\/p>\n\n\n\n<p>Iyi nshuro ariko ntibisanzwe kuko abakandida Donald Trump na Joe Biden nta witeguye kwemera ko yatsinzwe, Abanyamerika bafite ubwoba bw&#8217;urugomo.<\/p>\n\n\n\n<p>Kongera kubarura amajwi, ibirego mu nkiko byanga ibyayavuyemo, imidugararo mu gihugu, ibi ni ibintu bamwe babona ko byitezwe muri Amerika.<\/p>\n\n\n\n<p>Gusa ibi bishobora kwirindwa mu gihe Abanyamerika bemeye gutegereza ibyavuye mu matora. Ariko gutegereza igihe kingana gute? Iki ni cyo kibazo nyamukuru<\/p>\n\n\n\n<p><em>Bakora ari babiri bo mu mashyaka abiri atandukanye, aha ni muri leta ya Maryland yabaye iya mbere muri Amerika gutangira kubarura amajwi y&#8217;abatoye bakoresheje iposita<\/em><\/p>\n\n\n\n<p>Gutora n&#8217;iposita.<\/p>\n\n\n\n<p>Mu matora yo mu 2016, Abanyamerika miliyoni 33 batoye bakoresheje iposita.<\/p>\n\n\n\n<p>Uyu mwaka, kubera coronavirus, abagera kuri miliyoni 82 basabye gutora batyo. Ariko umunsi w&#8217;itora wageze leta nyinshi zikirwana no gukuraho amategeko ashaje agena igihe amajwi yo ku iposita afungurirwa akabarwa.<\/p>\n\n\n\n<p>Urugero muri Michigan, imwe muri leta z&#8217;ingenzi zitagira uruhande ruhoraho zitora, abantu bagera kuri miliyoni eshatu biteganyijwe ko batora n&#8217;iposita. Ariko, kuko badashobora gutangira kubara amajwi mbere y&#8217;umunsi w&#8217;itora, bishobora gufata iminsi kugira ngo Michigan ivuge ibyavuye mu matora. Aho kandi bikaba nta kongera kubara amajwi kwabaye.<\/p>\n\n\n\n<p>Uburyo bwo kugeza ubutumwa bw&#8217;iposita aho bugenewe ubu birimo ibibazo kubera iki cyorezo n&#8217;amatora, Perezida Trump nawe yahagaritse amafaranga y&#8217;ibikorwa byihutirwa yari agenewe Serivisi y&#8217;Iposita ya Amerika kuko avuga ko gutora muri ubwo buryo bibangamiye uruhande rwe.<\/p>\n\n\n\n<p>Imibare yerekana ko Abademokarate ari bo bari gutora muri ubu buryo ari benshi kurusha Abarepubulikani bo bashaka kwigira ku biro by&#8217;itora uyu munsi.<\/p>\n\n\n\n<p>Ikibazo cya kabiri ni ibirego mu nkiko.<\/p>\n\n\n\n<p>Iyo ibyavuye mu matora byegeranye cyane ku buryo hatahita havugwa uwatsinze, abantu benshi batinya ko bigera mu nkiko barega ko hari amajwi atabazwe, ibi bitinza itangazwa ry&#8217;ibyavuye mu matora.<\/p>\n\n\n\n<p>Impamvu ikunze kubaho cyane ni amajwi yanga kubarwa kuko yoherejwe akagera aho abarurirwa yatinze cyane. Izindi mpamvu zibamo imikono itari ukuri cyangwa kubura kw&#8217;urupapuro rw&#8217;itora rw&#8217;ibanga.<\/p>\n\n\n\n<p>Kugira ngo Biden cyangwa Trump hagire utsinda biramusaba kurenza amajwi atora 270.<\/p>\n\n\n\n<p>Ibi ni ukubera ko perezida wa Amerika adatorwa mu buryo butaziguye n&#8217;abaturaga batoye, ahubwo n&#8217;amajwi atora agenewe buri leta mu zigize Amerika.<\/p>\n\n\n\n<p>Muri Amerika yose habarwa amajwi atora (electoral votes) yose hamwe 538.<\/p>\n\n\n\n<p>Ayo majwi atora atangwa hashingiwe ku mubare w&#8217;abatuye buri leta zose zigize Amerika.<\/p>\n\n\n\n<p>California ni yo igira umubare munini w&#8217;ayo majwi &#8211; 55 &#8211; mu gihe izindi leta zifite abaturage bacye nka Wyoming, Alaska na North Dakota usanga zibarirwa atatu.<\/p>\n\n\n\n<p>Muri buri leta, umukandida wagize amajwi menshi ahita ahabwa uwo mubare wose w&#8217;amajwi (electoral votes) y&#8217;iyo leta.<\/p>\n\n\n\n<p>Urugero: Uyu munsi umukandida uri bubone amajwi 50,1% y&#8217;abaturage batoye muri leta ya Texas arahita ahabwa amajwi yose atora 38 agenewe leta ya Texas.<\/p>\n\n\n\n<p>Source:BBC Gahuza<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Ku munsi nk&#8217;uyu, benshi ku isi baba bategereje kurara bamenye uwatsinze amatora ya perezida wa Amerika, igihugu gikomeye ku isi.<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":383,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[4],"tags":[],"class_list":["post-382","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-politiki"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/382","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=382"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/382\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":384,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/382\/revisions\/384"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/383"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=382"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=382"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=382"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}