{"id":3758,"date":"2023-10-13T10:18:02","date_gmt":"2023-10-13T10:18:02","guid":{"rendered":"https:\/\/brightafrica.rw\/?p=3758"},"modified":"2023-10-13T10:18:03","modified_gmt":"2023-10-13T10:18:03","slug":"kivu-ya-ruguru-ituri-tshisekedi-yafashe-icyemezo-cyo-gukuraho-etat-de-siege-mu-byiciro","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/2023\/10\/13\/kivu-ya-ruguru-ituri-tshisekedi-yafashe-icyemezo-cyo-gukuraho-etat-de-siege-mu-byiciro\/","title":{"rendered":"Kivu ya Ruguru \u2013 Ituri: Tshisekedi yafashe icyemezo cyo gukuraho \u00e9tat de si\u00e8ge mu byiciro"},"content":{"rendered":"\n<p>Perezida F\u00e9lix Tshisekedi wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo yafashe icyemezo cyo koroshya &#8220;gahoro gahoro kandi mu byiciro&#8221; ubutegetsi bwa gisirikare mu ntara ebyiri mu burasirazuba bw&#8217;igihugu.<\/p>\n\n\n\n<p>Yagize ati: &#8220;Nyuma yo kubiganiraho n&#8217;abakuriye inzego za leta no kumva [abagize] inama nkuru ya gisirikare, nafashe icyemezo gihamye cyo kwerekeza abaturage b&#8217;intara za Ituri na Kivu ya Ruguru ku iyoroshya gahoro gahoro kandi mu byiciro ry&#8217;ingamba igira ibyo ibuza y&#8217;ubutegetsi bwa gisirikare.&#8221;<\/p>\n\n\n\n<p>Muri iryo jambo ryanyuze kuri televiziyo y&#8217;igihugu mu ijoro ryo ku wa kane, Tshisekedi yavuze ko yahisemo gushyiraho &#8220;uburyo bw&#8217;inzibacyuho bwo mu byiciro bugamije gusubizaho ubutegetsi bwa gisivile&#8230; mu duce twamaze kugarurwamo umutekano n&#8217;ingabo za RDC [FARDC].<\/p>\n\n\n\n<p>&#8220;Ibyo byumvikanisha ikurwaho ry&#8217;ibibujijwe ku bwisanzure ku baturage bose buteganywa n&#8217;itegekonshinga.&#8221;<\/p>\n\n\n\n<p>Tshisekedi yasezeranyije ko hazakomeza kotswa igitutu cyinshi gishoboka &#8220;ku banzi b&#8217;amahoro&#8221;.<\/p>\n\n\n\n<p>Intara za Kivu ya Ruguru na Ituri ziyobowe n&#8217;igisirikare kuva ku itariki ya 6 Gicurasi (5) mu 2021, hagamijwe kurandura imitwe yitwaje intwaro.<\/p>\n\n\n\n<p>Ubwo butegetsi bwa gisirikare bwagiyeho nyuma y&#8217;ibihe bidasanzwe by&#8217;ibikorwa bya gisirikare byari byatangajwe na leta muri izo ntara muri Mata (4) uwo mwaka.<\/p>\n\n\n\n<p>Inkurikirane<\/p>\n\n\n\n<p>Ariko mu kwezi kwa Kanama (8) uyu mwaka, benshi mu bitabiriye inama nyunguranabitekerezo y&#8217;abategetsi yigaga kuri ubwo butegetsi bwa gisirikare, buzwi nka \u00e9tat de si\u00e8ge, bari basabye ko buvanwaho kuko nta musaruro ugaragara bwatanze.<\/p>\n\n\n\n<p>Abadepite \u2013 bo mu ntara no ku rwego rw&#8217;igihugu \u2013 na ba guverineri ba gisirikare b&#8217;izo ntara ebyiri, ni bamwe mu bategetsi bari bitabiriye iyo nama yabereye i Kinshasa mu nteko ishingamategeko y&#8217;icyo gihugu.<\/p>\n\n\n\n<p>Icyo gihe, Depite Nyiramugeyo Musabimana B\u00e9atrice, wo mu ntara ya Kivu ya Ruguru, watorewe muri teritwari ya Masisi, yabwiye BBC Gahuzamiryango ko kuri we ubu butegetsi bwa gisirikare nta cyo bwagezeho.<\/p>\n\n\n\n<p>Ati: &#8220;Ni ukuri uvuze ko nyir&#8217;urugo [yapfuye] ntabwo aba ari we umwishe, naho ubundi iyi \u00e9tat de si\u00e8ge nta cyo yatugejejeho.<\/p>\n\n\n\n<p>&#8220;Umuturage ntabwo acyeneye \u00e9tat de si\u00e8ge. Yarayisabye, yarayirambiwe. Nibasubize ubutegetsi mu maboko y&#8217;abasivile n&#8217;umusirikare bamusubize akazi ke ko kurwana intambara&#8221;.<\/p>\n\n\n\n<p>Mu 2019 Tshisekedi yavuze ko hatangiye &#8220;ibitero bigari&#8221; bya gisirikare bigamije kurandura imitwe y&#8217;inyeshyamba mu burasirazuba bw&#8217;igihugu, bivugwa ko igera ku 100.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-full is-resized\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"800\" height=\"450\" src=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2023\/10\/TSCHISEKEDI-1.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-3760\" style=\"aspect-ratio:1.7777777777777777;width:1038px;height:auto\" srcset=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2023\/10\/TSCHISEKEDI-1.jpg 800w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2023\/10\/TSCHISEKEDI-1-300x169.jpg 300w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2023\/10\/TSCHISEKEDI-1-768x432.jpg 768w\" sizes=\"auto, (max-width: 800px) 100vw, 800px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<p>Tshisekedi atangaje ibi bijyanye na \u00e9tat de si\u00e8ge, mu gihe kuva mu minsi ya vuba aha ishize imirwano yongeye kubura mu burasirazuba bw&#8217;igihugu mu ntara ya Kivu ya Ruguru.<\/p>\n\n\n\n<p>Amakuru avuga ko inyeshyamba zo mu mutwe wa M23 zirimo kurwana n&#8217;ihuriro ry&#8217;imitwe yitwaje intwaro ibogamiye kuri leta yitwa Wazalendo.<\/p>\n\n\n\n<p>Bitangazwa henshi \u2013 nko muri raporo y&#8217;inzobere z&#8217;Umuryango w&#8217;Abibumbye \u2013 ko M23 ifashwa n&#8217;u Rwanda, ikirego ubutegetsi bw&#8217;i Kigali buhakana.<\/p>\n\n\n\n<p>Inkuru dukesha BBC Gahuza<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Perezida F\u00e9lix Tshisekedi wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo yafashe icyemezo cyo koroshya &#8220;gahoro gahoro kandi mu byiciro&#8221; ubutegetsi bwa<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":3759,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[4],"tags":[],"class_list":["post-3758","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-politiki"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/3758","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=3758"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/3758\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":3761,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/3758\/revisions\/3761"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/3759"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=3758"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=3758"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=3758"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}