{"id":3711,"date":"2023-09-19T17:33:50","date_gmt":"2023-09-19T17:33:50","guid":{"rendered":"https:\/\/brightafrica.rw\/?p=3711"},"modified":"2023-09-19T17:33:51","modified_gmt":"2023-09-19T17:33:51","slug":"sudan-inyubako-yamagorofa-izwi-cyane-yahiye","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/2023\/09\/19\/sudan-inyubako-yamagorofa-izwi-cyane-yahiye\/","title":{"rendered":"Sudan: Inyubako y&#8217;amagorofa izwi cyane yahiye"},"content":{"rendered":"\n<p>Inyubako zahiye mu murwa mukuru wa Sudan nyuma y&#8217;imirwano ikaze hagati y&#8217;igisirikare cy&#8217;icyo gihugu n&#8217;umutwe witwara gisirikare.<\/p>\n\n\n\n<p>Videwo zatangajwe ku cyumweru ku mbuga za internet zigaragaza inyubako y&#8217;amagorofa izwi cyane ya Greater Nile Petroleum Oil Company Tower yibasiwe n&#8217;inkongi.<\/p>\n\n\n\n<p>Tagreed Abdin, wakoze imbata y&#8217;iyo nyubako, yatangaje ku rubuga rwa X, rwahoze ruzwi nka Twitter, ati: &#8220;Ibi birababaje rwose.&#8221;<\/p>\n\n\n\n<p>Ibitero by&#8217;indege n&#8217;ibyo ku butaka birakomeje mu murwa mukuru Khartoum no mu yindi mijyi kuva imirwano yakwaduka mu kwezi kwa Mata (4) uyu mwaka.<\/p>\n\n\n\n<p>Amakuru dukesha BBC Gahuza,  agaragaza ko Umuryango w&#8217;Abibumbye (ONU\/UN) uvuga ko abantu barenga miliyoni imwe byabaye ngombwa ko bahunga igihugu.<\/p>\n\n\n\n<p>Iyo nyubako, iri hafi y&#8217;Uruzi rwa Nili, ni iya kompanyi y&#8217;ibitoro, ifite amagorofa 18. Ni imwe mu nyubako ndende zihita zigaragarira ijisho i Khartoum.<\/p>\n\n\n\n<p>Abdin yavuze ko ari yo yahaga isura ikirere cy&#8217;uwo mujyi, yinubira &#8220;ugusenya nk&#8217;uko kudafite ishingiro&#8221;.<\/p>\n\n\n\n<p>Ntibiramenyekana icyatumye iyo nyubako ifite ishusho y&#8217;umwiburungushure \u2013 imbere hayo hakoze mu birahure \u2013 ishya. Nta bakomeretse cyangwa abapfuye batangajwe.<\/p>\n\n\n\n<p>Urugomo muri Sudan rwatangiye ku itariki ya 15 Mata, rutewe no guhanganira ubutegetsi hagati y&#8217;umukuru w&#8217;igisirikare cya Sudan n&#8217;umukuru w&#8217;umutwe witwara gisirikare wa Rapid Support Forces (RSF).<\/p>\n\n\n\n<p>Byakurikiye iminsi yari ishize hari ubushyamirane, ubwo abarwanyi ba RSF bongeraga koherezwa mu bice bitandukanye by&#8217;igihugu, igikorwa igisirikare cya Sudan cyabonye nk&#8217;igiteye inkeke.<\/p>\n\n\n\n<p>Urubuga Sudan War Monitor, rukora isesengura kuri iyi ntambara, rwavuze ko ku wa gatandatu RSF yateye ibice bigenzurwa n&#8217;igisirikare cya Sudan, birimo n&#8217;inyubako irimo ibiro bya minisiteri y&#8217;ubutabera. Inyubako nyinshi za leta na zo bitangazwa ko zahiye kubera icyo gitero.<\/p>\n\n\n\n<p>Ababibonye babwiye ibiro ntaramakuru AFP ko ibitero ku hakorera igisirikare cya Sudan byakomeje no ku cyumweru.<\/p>\n\n\n\n<p>Abatuye mu karere ko mu majyepfo y&#8217;uwo mujyi \u2013 aho igisirikare cyari kirimo kurasa ku birindiro bya RSF \u2013 babwiye AFP ko bumvise &#8220;ibiturika cyane&#8221; ubwo babyukaga.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-full is-resized\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" src=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2023\/09\/Sudan-2.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-3713\" style=\"width:1035px;height:1035px\" width=\"1035\" height=\"1035\" srcset=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2023\/09\/Sudan-2.jpg 549w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2023\/09\/Sudan-2-300x300.jpg 300w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2023\/09\/Sudan-2-150x150.jpg 150w\" sizes=\"auto, (max-width: 1035px) 100vw, 1035px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<p>Ku cyumweru, abategetsi bo mu rwego rw&#8217;ubuvuzi batangaje ko ibitaro byose bikuru by&#8217;i Khartoum \u2013 hamwe n&#8217;ibyo mu karere ka Darfur \u2013 bitarimo gukora.<\/p>\n\n\n\n<p>Imirwano yanatangajwe ko yabereye mu mujyi wa El-Obeid, uri ku ntera ya kilometero 400 mu majyepfo ya Khartoum.<\/p>\n\n\n\n<p>Umutwe wa RSF umaze igihe urwana ushaka gufata Khartoum, ndetse ibitero by&#8217;indege by&#8217;igisirikare cya Sudan bimaze igihe bigambiriye guca intege ibirindiro bya RSF.<\/p>\n\n\n\n<p>Imirwano yo muri Sudan imaze kwicirwamo abantu bagera ku 7,500, ituma abandi barenga miliyoni eshanu bata ingo zabo.<\/p>\n\n\n\n<p>Ubwanditsi Brightafrica.rw<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Inyubako zahiye mu murwa mukuru wa Sudan nyuma y&#8217;imirwano ikaze hagati y&#8217;igisirikare cy&#8217;icyo gihugu n&#8217;umutwe witwara gisirikare. Videwo zatangajwe ku<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":3712,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[4],"tags":[],"class_list":["post-3711","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-politiki"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/3711","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=3711"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/3711\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":3714,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/3711\/revisions\/3714"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/3712"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=3711"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=3711"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=3711"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}