{"id":3410,"date":"2023-06-01T15:41:35","date_gmt":"2023-06-01T15:41:35","guid":{"rendered":"https:\/\/brightafrica.rw\/?p=3410"},"modified":"2023-06-01T15:41:36","modified_gmt":"2023-06-01T15:41:36","slug":"pakistan-iza-ku-mwanya-wa-mbere-ku-isi-mu-kugira-abarwayi-benshi-ba-diabete","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/2023\/06\/01\/pakistan-iza-ku-mwanya-wa-mbere-ku-isi-mu-kugira-abarwayi-benshi-ba-diabete\/","title":{"rendered":"Pakistan iza ku mwanya wa mbere ku isi mu kugira abarwayi benshi ba diab\u00e8te."},"content":{"rendered":"\n<p>Umuryango Mpuzamahanga ushinzwe Kurwanya indwara ya diab\u00e8te (IDF), washyize ahagaragara imibare igaragaza imitere y\u2019iyi ndwara mu bihugu bitandukanye.<\/p>\n\n\n\n<p>Uru rutonde rugaragaza ko Pakistan ari yo iza ku mwanya wa mbere ku isi mu kugira abarwayi benshi ba diab\u00e8te aho muri rusange abagera kuri 31% muri icyo gihugu bibasiwe n\u2019iyi ndwara.<\/p>\n\n\n\n<p>Pakistan ikurikirwa n\u2019Ibirwa bya French Polynesia byo nyanja ya Pacifique bifite abagera kuri 25,2% bibasiwe mu gihe ku mwanya wa gatatu hariho Kuwait aho abaturage bayo bangana na 24,9% barwaye diab\u00e8te.<\/p>\n\n\n\n<p>Kuri uru rutonde, igihugu cyo muri Afurika kiri ku mwanya wa mbere ni Mauritius aho ku rwego rw\u2019isi kiri ku wa munani n\u2019abarwayi ba diab\u00e8te bangana na 23% by\u2019abaturage bose, igakurikirwa na Misiri iza ku mwanya wa 10 n\u2019abaturage 21% bibasiwe.<\/p>\n\n\n\n<p>Icyatunguranye kuri uru rutonde ni ugusanga ibihugu nka Leta Zunze Ubumwe za Amerika n\u2019u Bwongereza bitari mu myanya ya hafi kuko kimwe cyaje ku wa 59 ikindi kikaza ku wa 136 mu gihe ubusanzwe abaturage babyo bazwiho kurya no kunywa ibyiganjemo isukari.<\/p>\n\n\n\n<p>Abaturage ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika barwaye diab\u00e8te bangana na 11% mu gihe ab\u2019u Bwongereza ari 6%.<\/p>\n\n\n\n<p>Mu 2021 ku isi muri rusange habarurwaga abagera kuri miliyoni 537 barwaye diab\u00e8te, iyi mibare ikaba yarazamutse ku rugero rwa 16% aho biyongereyeho miliyoni 74 ugereranyije n\u2019uko byari bimeze mu 2019.<\/p>\n\n\n\n<p>Hagaragazwa ko 90% by\u2019abayirwaye baba bibasiwe n\u2019iyo mu bwoko bwa kabiri ituruka ku mubyibuho ukabije, imirire mibi, kumara umwanya munini umuntu yicaye ahantu hamwe ndetse no kuba yahererekanwa mu mu muryango.<\/p>\n\n\n\n<p>IDF igaragaza ko nibura umuntu umwe mu bantu 10 ku isi aba agendana uburwayi bwa diab\u00e8te, bikaba byitezwe ko umubare rusange uzagera kuri miliyoni 643 bangana na 11% bitarenze mu 2030 mu gihe uzagera kuri miliyoni 783 bangana na 12,2% bitarenze mu 2045.<\/p>\n\n\n\n<p>Ishami ry\u2019Umuryango w\u2019Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) mu 2019, ryatangaje ko diab\u00e8te ari yo yahitanye abantu benshi ku isi aho abagera kuri miliyoni 1,5 bishwe na yo.<\/p>\n\n\n\n<p>IDF igaragaza ko mu Rwanda abagera kuri 4,5% ari bo barwaye diab\u00e8te, bakaba bagera ku bihumbi 297 mu gihugu.<\/p>\n\n\n\n<p>Ubwanditsi <\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Umuryango Mpuzamahanga ushinzwe Kurwanya indwara ya diab\u00e8te (IDF), washyize ahagaragara imibare igaragaza imitere y\u2019iyi ndwara mu bihugu bitandukanye. Uru rutonde<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":3411,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[6],"tags":[],"class_list":["post-3410","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-ubuzima"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/3410","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=3410"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/3410\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":3412,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/3410\/revisions\/3412"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/3411"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=3410"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=3410"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=3410"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}