{"id":3380,"date":"2023-05-26T12:18:54","date_gmt":"2023-05-26T12:18:54","guid":{"rendered":"https:\/\/brightafrica.rw\/?p=3380"},"modified":"2023-05-26T12:20:30","modified_gmt":"2023-05-26T12:20:30","slug":"kayishema-wiyitaga-nibashumba-yafashwe","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/2023\/05\/26\/kayishema-wiyitaga-nibashumba-yafashwe\/","title":{"rendered":"Kayishema  wiyitaga Nibashumba yafashwe"},"content":{"rendered":"\n<p>Byafashe umwaka wo \u201ckwegeranya amakuru yose ashoboka\u201d kugira ngo ikipe nini irimo abapolisi n\u2019abategetsi bo muri Africa y\u2019Epfo, Eswatini, Amerika n\u2019u Rwanda bamenye neza \u201c100%\u201d ko Donatien Nibashumba umukozi mu isambu nini y\u2019ubuhinzi (farm) ari we Fulgence Kayishema umaze imyaka irenga 20 ashakishwa.<\/p>\n\n\n\n<p>Kuwa gatatu polisi yamufatiye aho muri iyo \u201cfarm yakoragamo ari naho yari atuye wenyine\u201d, nk\u2019uko umuvugizi wa polisi ya Africa y\u2019Epfo Brigadier Thandi Mbambo yabibwiye BBC Gahuzamiryango mu kiganiro cyihariye.<\/p>\n\n\n\n<p>None kuwa gatanu, Kayishema aragezwa imbere y\u2019urukiko rwa Bellville i Cape Town, ku bigendanye n\u2019amategeko y\u2019abinjira n\u2019abasohoka, hamwe n\u2019inyandiko yo kumuta muri yombi ya Interpol, urubuga rwa polisi ya Africa y\u2019Epfo ruvuga ko Kayishema azoherezwa mu Rwanda.<\/p>\n\n\n\n<p>Imiryango iharanira inyungu z\u2019abarokotse jenoside mu Rwanda yatangaje ko ifatwa rya Kayishema ari intambwe mu guha ubutabera abarokotse.<\/p>\n\n\n\n<p><strong>Kayishema umwe mu bantu bahigwaga cyane ku isi?<\/strong><\/p>\n\n\n\n<p>Fulgence Kayishema w\u2019imyaka 61, mu gihe cya jenoside yari umugenzacyaha, cyangwa OPJ (Officier de Police Judiciaire), mu cyahoze ari komine Kivumu ku Kibuye, mu burengerazuba bw&#8217;u Rwanda.<\/p>\n\n\n\n<p>Ashinjwa kuyobora ubwicanyi bwakorewe abatutsi bagera hafi ku 2,000 bari bahungiye kuri Kiliziya Gatolika ya Nyange mu gihe cya jenoside no kugura no gutanga lisansi ngo babatwikire muri iyo kiliziya, nkuko bivugwa n&#8217;uru rwego rwasigaye ruca imanza zasizwe n\u2019urukiko rwa Arusha rwitwa IRMCT.<\/p>\n\n\n\n<p>Ibyo kubatwikiramo byanze, IRMCT ivuga ko Kayishema n\u2019abandi bakoresheje ibimodoka byifashishwa mu kubaka no gusenya bigahamba abishwe muri iyo kiliziya ari nako byica abagihumeka.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-full is-resized\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" src=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2023\/05\/gen.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-3382\" width=\"1116\" height=\"744\" srcset=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2023\/05\/gen.jpg 800w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2023\/05\/gen-300x200.jpg 300w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2023\/05\/gen-768x512.jpg 768w\" sizes=\"auto, (max-width: 1116px) 100vw, 1116px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<p>                                                                                                                   Kayishema wambaye ikoti ry&#8217;umukara<\/p>\n\n\n\n<p>Uru rwego ruvuga ko mu minsi ibiri yakurikiyeho Kayishema n\u2019abandi bahagarariye ibikorwa byo guhamba abishwe mu byobo rusange.<\/p>\n\n\n\n<p>Kayishema ntaragira icyo avuga ku rutonde rw\u2019ibyaha aregwa n\u2019uru rwego. Biteganyijwe ko azagira icyo avuga nagezwa imbere y\u2019ubucamanza.<\/p>\n\n\n\n<p>Ubwo urukiko rwa Arusha rwafungaga imiryango, IRMCT yasigiwe abantu umunani bahigwa cyane ku isi kubera uruhare bakekwaho muri jenoside yo mu Rwanda mu 1994.<\/p>\n\n\n\n<p>Source: BBC<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Byafashe umwaka wo \u201ckwegeranya amakuru yose ashoboka\u201d kugira ngo ikipe nini irimo abapolisi n\u2019abategetsi bo muri Africa y\u2019Epfo, Eswatini, Amerika<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":3381,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[5],"tags":[],"class_list":["post-3380","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-ubutabera"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/3380","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=3380"}],"version-history":[{"count":2,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/3380\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":3385,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/3380\/revisions\/3385"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/3381"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=3380"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=3380"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=3380"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}