{"id":3289,"date":"2023-04-26T15:50:58","date_gmt":"2023-04-26T15:50:58","guid":{"rendered":"https:\/\/brightafrica.rw\/?p=3289"},"modified":"2023-04-26T15:51:01","modified_gmt":"2023-04-26T15:51:01","slug":"amatora-ya-perezida-wa-ferwafa-azaba-muri-kamena","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/2023\/04\/26\/amatora-ya-perezida-wa-ferwafa-azaba-muri-kamena\/","title":{"rendered":"Amatora ya Perezida wa FERWAFA azaba muri Kamena"},"content":{"rendered":"\n<p>Ishyirahamwe ry\u2019Umupira w\u2019Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Inama y\u2019Inteko Rusange isanzwe izaberamo amatora ya Perezida waryo mushya iteganyijwe ku wa Gatandatu, tariki ya 24 Kamena 2023.<\/p>\n\n\n\n<p>Ku wa Kabiri, tariki ya 25 Mata, ni bwo Visi Perezida wa FERWAFA, Habyarimana Marcel, yatumije iyi nteko rusange nk\u2019uko amategeko abiteganya.<\/p>\n\n\n\n<p>Ibi byakozwe kugira ngo mu minsi isigaye, Komisiyo y\u2019Amatora yongerewe igihe, izabashe gutegura uburyo hagomba gushakwamo abakandida baziyamamariza gusimbura abarimo Nizeyimana Olivier wayoboraga FERWAFA, weguye ku wa 19 Mata.<\/p>\n\n\n\n<p>Uretse gutora Perezida wa FERWAFA, muri iyo Nteko Rusange izaterana ku wa 24 Kamena, hazaberamo no kuzuza imyanya ya Komite Nyobozi dore ko abarimo Komiseri ushinzwe Amategeko, Uwanyirigira Delphine; Komiseri ushinzwe Imisifurire; Rurangirwa Aaron na Komiseri ushinzwe Umutungo, Habiyakare Chantal beguye.<\/p>\n\n\n\n<p>Amategeko aheruka kuvugururwa, agena ko kuri ubu buri wese azajya yimamamaza ku giti cye aho kugira ngo Perezida wa FERWAFA yizanira urutonde rw\u2019abo bazakorana.<\/p>\n\n\n\n<p>Hazabaho kandi gutora inzego nshya zigenga, Komisiyo y\u2019Amatora na Komisiyo y\u2019Ubujurire ku matora.<\/p>\n\n\n\n<p>Abanyamuryango basabwe ko uwifuza gutanga igitekerezo cyazaganirwaho mu Nteko Rusange, yakigeza mu Bunyamabanga bwa FERWAFA nibura iminsi 20 mbere y\u2019uko baterana.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-full\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"1000\" height=\"698\" src=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2023\/04\/ferwafa-1.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-3291\" srcset=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2023\/04\/ferwafa-1.jpg 1000w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2023\/04\/ferwafa-1-300x209.jpg 300w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2023\/04\/ferwafa-1-768x536.jpg 768w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2023\/04\/ferwafa-1-130x90.jpg 130w\" sizes=\"auto, (max-width: 1000px) 100vw, 1000px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<p>                                                                                      Uwahoze ari Umuyobozi wa FERWAFA Mugabo Olivier Nizeyimana<\/p>\n\n\n\n<p>Ubwanditsi brightafrica.rw<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Ishyirahamwe ry\u2019Umupira w\u2019Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Inama y\u2019Inteko Rusange isanzwe izaberamo amatora ya Perezida waryo mushya iteganyijwe ku<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":3290,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[9],"tags":[],"class_list":["post-3289","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-imikino"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/3289","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=3289"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/3289\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":3292,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/3289\/revisions\/3292"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/3290"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=3289"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=3289"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=3289"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}