{"id":2897,"date":"2023-01-01T19:25:28","date_gmt":"2023-01-01T19:25:28","guid":{"rendered":"https:\/\/brightafrica.rw\/?p=2897"},"modified":"2023-01-01T19:26:35","modified_gmt":"2023-01-01T19:26:35","slug":"perezida-kagame-yikomye-amahanga-ashora-amatiku-mu-rugendo-rwamahoro","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/2023\/01\/01\/perezida-kagame-yikomye-amahanga-ashora-amatiku-mu-rugendo-rwamahoro\/","title":{"rendered":"<strong>Perezida Kagame yikomye amahanga ashora amatiku mu rugendo rw\u2019amahoro<\/strong>"},"content":{"rendered":"\n<p><strong><em>Umwaka wa 2022 wabayemo impinduka zitangaje mu mubano w\u2019u Rwanda n\u2019ibihugu by\u2019abaturanyi. Mu gihe u Burundi na Uganda birimo gusoza icyiciro cy\u2019umubano wijimye byari bifitanye n\u2019u Rwanda, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yahise icumbukurira aho byacumbikiye.<\/em><\/strong><\/p>\n\n\n\n<p>Imbarutso yabaye ukongera kwisuganya kw\u2019inyeshyamba za M23 zongeye kugaba ibitero ku ngabo za Congo (FARDC) guhera muri Gicurasi, zikigarurira ibice binyuranye muri Teritwari ya Rutshuru n\u2019iya Nyiragongo mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.<\/p>\n\n\n\n<p>Ibyo byatumye Guverinoma ya RDC ishinja u Rwanda ko ari rwo rwihishe inyuma y\u2019izahuka ry\u2019uwo mutwe w\u2019inyeshyamba wari waraneshejwe n\u2019ingabo za RDC mu mwaka wa 2012, ariko impamvu shingiro zatumye uvuka zo zikaba zigihari kugeza n\u2019uyu munsi.<\/p>\n\n\n\n<p>Umuryango Mpuzamahanga na wo wafashije Guverinoma ya RDC gukwirakwiza icyo kinyoma gishingiye gusa ku gushaka kwikuraho inshingano zo kurandura umuzi w\u2019ibibazo by\u2019umutekano muke mu Burasirazuba bwa RDC, kuko bishobora no gutuma amahanga atakarizamo inyungu afite kuri icyo gihugu.<\/p>\n\n\n\n<p>Perezida Kagame yavuze ko mu gihe umubano w\u2019u Rwanda n\u2019ibindi bihugu byo mu Karere wabaye mwiza nubwo havutse ibibazo bishya n\u2019abaturanyi bo muri RDC, ariko na none yizeye impinduka zishingiye kuri gahunda zo ku rwego rw\u2019Akarere ziyobowe na Perezida w\u2019Angola Jo\u00e3o Manuel Gon\u00e7alves Louren\u00e7o, Perezida w\u2019u Burundi akaba n\u2019Umuyobozi w\u2019Umuryango w\u2019Afurika y\u2019Iburasirazuba (EAC) Ndayishimiye Evariste &nbsp;ndetse na Uhuru Kenyatta wigeze kuyobora Kenya.<\/p>\n\n\n\n<p>Yagize ati: \u201cMu mwaka wa 2023, twiteguye umwaka w\u2019amahoro n\u2019umutekano mu Karere kacu. Aho dushobora guhuza ibikorwa byacu by\u2019iterambere bityo tukarushaho kwihutisha iterambere. Twese mu Karere ndetse n\u2019abafatanyabikorwa bacu ku rwego mpuzamahanga, dukeneye gukorera hamwe mu gushyira mu bikorwa ibisubizo birambye byagiye biducika mu myaka 25 ishize.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Yakomeje ashimira by\u2019umwihariko abo bayobozi hamwe n\u2019Abakuru b\u2019Ibihugu bihuriye muri EAC, umurimo w\u2019ingenzi bakomeje gukora mu kugarura amahoro mu Burasirazuba bwa RDC ariko agaragaza ko izo mbaraga zitazatanga umusaruro mu gihe Umuryango Mpuzamahanga udahinduye burundu uko ubona ikibazo.<\/p>\n\n\n\n<p>Ati: \u201cBirababaje kuba Umuryango Mpuzamahanga ushora amatiku mu rugendo rw\u2019amahoro, ahubwo bikongera ingorane zikomeye mu bibazo bihari, ari na byo bica intege gahunda zashyizweho ku rwego rw\u2019Akarere. Nyuma yo gushora miliyari zirenga 26 z\u2019amadolari y\u2019Amerika mu bikorwa byo kugarura amahoro muri RDC mu myaka irenga 20 ishize, ibibazo by\u2019umutekano mu Burasirazuba bwa RDC byarushijeho kudogera.<\/p>\n\n\n\n<p>Mu gusobanura uko gutsindwa, bamwe mu bagize Umuryango Mpuzamahanga babigereka ku Rwanda, nubwo bazi neza ko inshingano za nyazo ziri mu maboko ya Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n\u2019abo banyamahanga banze gukemura impamvu shingiro z\u2019ibibazo nta handi biva. Iki ni ikinyoma gihenze cyane kidafite igisobanuro kizima.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Yakomeje anenga amahanga avugira ukuri mu matamatama, yanga kubabaza Guverinoma ya Congo \u201ckuko inyungu zabo zahita zijya mu kangaratete\u201d, ariko kutavugisha ukuri ngo bakomeza gutera Ingabo mu bitugu abayobozi ba RDC bakarushaho kwimbika muri Politiki yo kwigaragaza muri rubanda nk\u2019abahohoterwa n\u2019u Rwanda mu gihe abo baturage bakomeza kubigwamo.<\/p>\n\n\n\n<p><strong>FDLR ifatwa nk\u2019aho ntacyo itwaye u Rwanda<\/strong><\/p>\n\n\n\n<p>Perezida Kagame yakomoje no ku buryarya n\u2019uburumirahabiri bukomeje kuranga amahanga afite ibihamya ko RDC ikorana n\u2019inyeshyamba zirimo na FDLR zashinzwe n\u2019Abajenosideri bahunze u Rwanda, ariko akumva ko ruzarebera mu gihe umutekano warwo uri mu kaga.<\/p>\n\n\n\n<p>Ati: \u201cNubwo itsinda ry\u2019impuguke z\u2019Umuryango w\u2019Abibumbye rigaragaza ubufatanye bw\u2019ingabo za Leta na FDLR n\u2019indi mitwe yitwaje intwaro, tutibagiwe n\u2019ubwiyongere bw\u2019imvugo zuzuye urwango, usanga izo ngingo zirengagizwa nk\u2019aho nta ngaruka zishobora kuzana. Iyo myitwarire iratangaje ariko ntitunguranye, urebye ibyo u Rwanda ruzi kandi rwabonye mu Karere kacu mu myaka ya 1990. Turambiwe ubu buryarya. Harageze ngo gusiga icyasha u Rwanda bihagarare.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Yashimangiye ko u Rwanda ari rwo rugerwaho n\u2019ingaruka zihuse mu gihe abasigaye mu Banyarwanda bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi bagizwe amaboko ya karuhura mu ngabo za RDC maze bakagaba ibitero byambuka imipaka. Ati: \u201cNta gihugu na kimwe gishobora kubyemera. U Rwanda ntiruzigera rubyakira nk\u2019ibisanzwe, kandi ntiruzareka gusubiza mu buryo bukwiriye kubera ko amahoro n\u2019umutekano byacu biza imbere y\u2019ibindi byose.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rudashobora kurebera mu gihe umutwe wa FDLR ugiteza umutekano muke mu basivili bo muri RDC n\u2019abo mu Rwanda, aboneraho no gushimangira ko impamvu nyamukuru imitwe yitwaje intwaro ikomeje kwiyongera ari uko RDC idashaka cyangwa idashoboye kuyobora ubutaka bwayo.<\/p>\n\n\n\n<p>Ati: \u201cEse u Rwanda rukwiye kuba ari rwo rwikorera umutwaro w\u2019imikorere mibi muri iki gihugu kinini cyane?\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Mu bundi butumwa yatanze Perezida Kagame yashimiye Abanyarwanda bose&nbsp; kubera kwihangana no kudatezuka bagaragaje muri uyu mwaka urangiye, kuko bashoboye gukemura ibibazo biremereye harimo n\u2019icyorezo cya COVID-19.<\/p>\n\n\n\n<p>Ati: \u201cTwatangije icyiciro cya kabiri cy\u2019Ikigega Nzahurabukungu (ERF) cyashyizweho mu rwego rwo guhangana n\u2019ingaruka za COVID-19, none ubukungu bw\u2019Igihugu cyacu bwarazamutse cyane cyane mu gihembwe cya gatatu cy\u2019uyu mwaka. Dufatanyije n\u2019Abanyarwanda bose twakiriye Inama y\u2019Abakuru b\u2019Ibihugu na Guverinoma bagize Umuryango w\u2019Ibihugu bikoresha Ururimi rw\u2019Icyongereza (CHOGM) n\u2019ibindi bikorwa by\u2019ingenzi kandi byagenze neza.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Yashimangiye ko ibyo byose byakozwe hazirikanwa umutekano w\u2019Igihugu, yizeza ko uyu mwaka mushya wa 2023 na wo uzarangwamo umutekano usesuye.<\/p>\n\n\n\n<p>Yibukije ko uyu mwaka nanone ubanziriza uwa 2024 uzasozwamo gahunda ya Guverinoma y\u2019imyaka 7 yo kwihutisha Iterambere (NST1) bityo buri wese akaba asabwa kudatezuka n\u2019imbaraga kugira ngo u Rwanda rugere ku ntego rwihaye.<\/p>\n\n\n\n<p>Ubwanditsi<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Umwaka wa 2022 wabayemo impinduka zitangaje mu mubano w\u2019u Rwanda n\u2019ibihugu by\u2019abaturanyi. Mu gihe u Burundi na Uganda birimo gusoza<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":2899,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[4],"tags":[],"class_list":["post-2897","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-politiki"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/2897","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=2897"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/2897\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":2898,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/2897\/revisions\/2898"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/2899"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=2897"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=2897"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=2897"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}