{"id":2875,"date":"2022-12-27T11:59:49","date_gmt":"2022-12-27T11:59:49","guid":{"rendered":"https:\/\/brightafrica.rw\/?p=2875"},"modified":"2022-12-27T11:59:50","modified_gmt":"2022-12-27T11:59:50","slug":"perezida-wa-uganda-yoweri-kaguta-museveni-yavuze-ko-guverinoma-ya-repubulika-iharanira-demokarasi-ya-congo-rdc-ikwiye-kugirana-ibiganiro-byimishyikirano-ninyeshyamba-za-m23-zashin","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/2022\/12\/27\/perezida-wa-uganda-yoweri-kaguta-museveni-yavuze-ko-guverinoma-ya-repubulika-iharanira-demokarasi-ya-congo-rdc-ikwiye-kugirana-ibiganiro-byimishyikirano-ninyeshyamba-za-m23-zashin\/","title":{"rendered":"<strong><em>Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni, yavuze ko Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ikwiye kugirana ibiganiro by\u2019imishyikirano n\u2019inyeshyamba za M23 zashinzwe n\u2019Abanyekongo bifuza uburenganzira busesuye mu gihugu cyabo.&nbsp;<\/em><\/strong>"},"content":{"rendered":"\n<p>Perezida Museveni yabigarutseho mu kiganiro yagiranye n\u2019abanyamakuru, aho yashimangiye ko imitwe yitwaje intwaro y\u2019abanyamahanga na yo ikwiye kumanika amaboko mu maguru mashya bitaba ibyo hagakoreshwa ingufu za gisirikare.&nbsp;<\/p>\n\n\n\n<p>Imitwe yitwaje intwaro y\u2019abanyamahanga ibarizwa mu Burasirazuba bwa RDC irimo ADF-Nalu ifite inkomoko muri Uganda, FDLR n\u2019indi mitwe ifite inkomoko mu Rwanda ndetse na RED-Tabara ikomoka mu Burundi.&nbsp;<\/p>\n\n\n\n<p>Yagize ati: \u201cIyo mitwe yitwaje intwaro niramuka idashyize intwaro hasi ku bushake tuzakoresha imbaraga za gisirikare.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Yavuze ko imitwe yitwaje intwaro irenga 120 yashinzwe n\u2019Abanyekongo kubera uruhurirane rwo kurwanira ubutegetsi rurangwa mu Burasirazuba bwa RDC.&nbsp;<\/p>\n\n\n\n<p>Yakomeje avuga kuri M23, agira ati: \u201c Ku birebana na M23, na yo ni umwe mu mitwe y\u2019Abanyekongo. Hari M23, Mai Mai, CODECO n\u2019iyindi Guverinoma ya RDC ikwiye kuganira na yo.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Inyeshyamba za M23 zongeye kugaba ibitero ku Ngabo za Leta (FARDC) guhera muri Gicurasi uyu mwaka, nyuma y\u2019imyaka ikabakaba 10 zari zimaze zicwekereye aho bamwe mu bari bazigize bahungiye mu Rwanda no muri Uganda.&nbsp;<\/p>\n\n\n\n<p>Kuri ino nshuro abashibutse kuri uwo mutwe bari bakiri abaturage basanzwe muri RDC, bashinja Leta ya RDC kutubahiriza ibyo yiyemeje gukora kugira ngo Abanyekongo bakoresha Ikinyarwanda by\u2019umwihariko abo mu bwoko bw\u2019Abatutsi babohoke ku gukomeza guhutazwa mu gihugu cyabo.&nbsp;<\/p>\n\n\n\n<p>Ibiganiro by\u2019ubuhuza bya Luanda byabaye mu kwezi k\u2019Ugushyingo, M23 yasabwe kurekura uduce twose yigaruriye abayigize bakajya kuba muri Sabyinyo.&nbsp;<\/p>\n\n\n\n<p>Mu minsi ishize M23 yatangiye kuva mu bice bimwe na bimwe yari yigaruriye muri Teritwari ya Nyiragongo, igaragaza ko ari igikorwa kigamije kugarura amahoro.&nbsp;<\/p>\n\n\n\n<p>Inama ya Luanda yasabye kandi imitwe yashinzwe n\u2019abanyamahanga nka ADF, FDLR, RED Tabara n\u2019iyindi, gushyira intwaro hasi abayigize bagatahuka mu bihugu byabo nta yandi mananiza.&nbsp;<\/p>\n\n\n\n<p>Perezida Museveni asanga iyi mitwe bizayigora kwemera gushyira intwaro hasi, ashingiye ku wa ADF uheruka kugaba igitero simusiga ku butaka bwa Uganda mu kwezi gushize.&nbsp;<\/p>\n\n\n\n<p>Ati: \u201cImitwe nka ADF ntiteze gutahuka mu mahoro. Bizaba ngombwa ko dushyiramo imbaraga. Nk\u2019uko twabibonye mu gihe gishize, kubera ko tubamereye nabi mu Burasirazuba bwa RDC vuba aha bagerageje kugaruka banyuze muri Ntoroko; mwiboneye ibyababayeho, itsinda ryose ryarahanaguwe.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Perezida Museveni yakomeje agira ati: \u201cTurashishikariza Guverinoma ya Congo kuganira n\u2019iyo mitwe y\u2019abanyamahanga kugira ngo na bo bafashwe kugaruka mu buzima busanzwe mu mahoro, kuko ni banga tuzakoresha ingufu.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Brightafrica.rw<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Perezida Museveni yabigarutseho mu kiganiro yagiranye n\u2019abanyamakuru, aho yashimangiye ko imitwe yitwaje intwaro y\u2019abanyamahanga na yo ikwiye kumanika amaboko mu<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":2876,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[4],"tags":[],"class_list":["post-2875","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-politiki"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/2875","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=2875"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/2875\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":2877,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/2875\/revisions\/2877"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/2876"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=2875"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=2875"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=2875"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}