{"id":2833,"date":"2022-11-28T16:10:53","date_gmt":"2022-11-28T16:10:53","guid":{"rendered":"https:\/\/brightafrica.rw\/?p=2833"},"modified":"2022-11-28T16:10:55","modified_gmt":"2022-11-28T16:10:55","slug":"perezida-kagame-yitabiriye-ibiganiro-byi-nairobi-m23-ntiyatumiwe","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/2022\/11\/28\/perezida-kagame-yitabiriye-ibiganiro-byi-nairobi-m23-ntiyatumiwe\/","title":{"rendered":"Perezida Kagame yitabiriye Ibiganiro by\u2019i Nairobi, M23 ntiyatumiwe"},"content":{"rendered":"\n<p><strong><em>Kuri uyu wa Mbere, icyiciro cya gatatu cy\u2019ibiganiro bihuza Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n\u2019inyeshyamba zivugwaho guteza umutekano muke mu Burasirazuba bw\u2019icyo gihugu byasubukuye.&nbsp;<\/em><\/strong><\/p>\n\n\n\n<p>Perezida wa Repubulika y\u2019u Rwanda Paul Kagame na Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) Felix Antoine Tshisekedi Tshilombo na Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni bitabiriye ibyo biganiro bifashishije ikoranabuhanga.&nbsp;<\/p>\n\n\n\n<p>Ibiganiro bya Nairobi biteranye mu gihe byari bimaze gusubikwa inshuro ebyiri,&nbsp;&nbsp;byitabiriwe imbonankubone na Perezida w\u2019u Burundi Ndayishimiye Evariste, Perezida wa Kenya William Ruto ndetse na Uhuru Kenyatta wabaye Perezida wa Kenya.<\/p>\n\n\n\n<p>Nanone kandi, ibihugu bya Tanzania na Sudani y\u2019Epfo na byo bifite ababihagarariye muri ibyo biganiro byitezweho kuba umusemburo w\u2019impinduka ku mutekano wa RDC n\u2019Akarere muri rusange.<\/p>\n\n\n\n<p><\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-full is-resized\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" src=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/11\/nairobi-2.jpeg\" alt=\"\" class=\"wp-image-2835\" width=\"1036\" height=\"568\" srcset=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/11\/nairobi-2.jpeg 890w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/11\/nairobi-2-300x164.jpeg 300w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/11\/nairobi-2-768x421.jpeg 768w\" sizes=\"auto, (max-width: 1036px) 100vw, 1036px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<p>Gusa biravugwa ko inyeshyamba za M23 zemeye guhagarika imirwano mu cyumweru gishize zidahagarariwe muri ibyo biganiro bigamije gushaka umuti urambye y\u2019ibibazo by\u2019umutekano muke muri ako gace kabarurwamo imitwe yitwaje intwaro irenga 120.&nbsp;<\/p>\n\n\n\n<p>Perezida Ndayishimiye unayoboye Umuryango w\u2019Afurika y\u2019Iburasirazuba ni we wayoboye ibyo biganiro bigaragaza ubushake bw\u2019Abakuru b\u2019Ibihugu mu gushakira umuti urambye ibyo bibazo bimaze imyaka myinshi muri RDC, aho impuguke mu bya politiki zihamya ko bishingiye ku mutungo kamere w\u2019icyo gihugu ukenewe n\u2019abakomeye.&nbsp;<\/p>\n\n\n\n<p>Kuba hari amakuru avuga ko M23 idahagarariwe muri ibyo biganiro, bamwe mu mpuguke za Politiki babibona nk\u2019ikibazo gikomeye kuko uburenganzira izo nyeshyamba ziharanira, ziyemeje kutamanika amaboko burundu butaraboneka.&nbsp;<\/p>\n\n\n\n<p>Nubwo Leta ya RDC itera utwatsi ubusabe bw\u2019inyeshyamba za M23 zifuza kuganira na yo, na zo zivuga ko zitazasubira inyuma mu duce zafashe nubwo zemeje kuba zihagaritse intambara nk\u2019uko biri mu byasabwe ku biganiro biherutse kubera i Luanda.&nbsp;<\/p>\n\n\n\n<p>Ibiganiro by\u2019i Nairobi bibaye nyuma y\u2019igihe kitageze no ku Cyumweru Inama y\u2019Abakuru b\u2019Ibihugu iteraniye i Luanda muri Angola ari na ho Inyeshyamba za M23 zasabiwe kureka imirwano ndetse n\u2019indi mitwe yitwaje intwaro ikazishyira hasi.&nbsp;<\/p>\n\n\n\n<p>Icyumweru gishize cyari ntarengwa ku nyeshyamba za M23 kuba zavuye mu duce zigaruriye mu Ntara ya Kivu y\u2019Amajyaruguru, ariko ibyo yasabwe byose ntiyabyubahirije.<\/p>\n\n\n\n<p>Kuri ubu Umuryango w\u2019Afurika y\u2019Iburasirazuba (EAC) wohereje ingabo zo gutabara no gutanga umusanzu wo guhagarika inyeshyamba mu Burasirazuba bwa RDC.&nbsp;<\/p>\n\n\n\n<p>Ingabo za Kenya zamaze kugera mu Mujyi wa Goma, mu gihe iz\u2019u Burundi n\u2019iza Uganda na zo zateguriwe kujya mu bindi bice birimo n\u2019ibyo mu Ntara ya Kivu y\u2019Epfo.\u00a0<\/p>\n\n\n\n<p><\/p>\n\n\n\n<p>Brightafrica,rw<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Kuri uyu wa Mbere, icyiciro cya gatatu cy\u2019ibiganiro bihuza Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n\u2019inyeshyamba zivugwaho guteza<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":2834,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[4],"tags":[],"class_list":["post-2833","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-politiki"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/2833","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=2833"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/2833\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":2836,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/2833\/revisions\/2836"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/2834"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=2833"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=2833"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=2833"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}