{"id":2648,"date":"2022-10-06T13:14:31","date_gmt":"2022-10-06T13:14:31","guid":{"rendered":"https:\/\/brightafrica.rw\/?p=2648"},"modified":"2022-10-06T15:35:11","modified_gmt":"2022-10-06T15:35:11","slug":"mugisha-arifuza-ko-yabona-ikipe-imuha-amahirwe-akagaragaza-impano-ye-yo-guconga-ruhago","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/2022\/10\/06\/mugisha-arifuza-ko-yabona-ikipe-imuha-amahirwe-akagaragaza-impano-ye-yo-guconga-ruhago\/","title":{"rendered":"Mugisha arifuza ko yabona ikipe imuha amahirwe \u00a0akagaragaza impano ye yo guconga ruhago."},"content":{"rendered":"\n<p>Mugisha Samuel uzwi ku izina rya Boy. Ni umwana &nbsp;ukina umupira w\u2019amaguru mu ikipe ya Legacy&nbsp; FA Football Academy Kibagabaga akaba yiga mu mwaka wa 3 w\u2019Amashuri yisumbuye mu Kagarama. Arifuza mu gihe kiri imbere ko yajya mu kindi cyiciro kuko asanga atazakomeza kuba muri Academy. Mugisha abana n\u2019ababyeyi be mu Karere ka Gasabo, Remera hafi ya Stade Amahoro.<\/p>\n\n\n\n<p>Mugisha \u00a0ufite imyaka 15 yavuze ko\u00a0 ikipe akunda mu\u00a0 Rwanda\u00a0 ari\u00a0 ikipe y\u2019Igihugu Amavubi. \u00a0Ku makipe ari muri shampiyona y\u2019Igihugu, \u00a0afana ikipe y\u2019Ingabo z\u2019Igihugu APR FC. Mu gihe umukinnyi w\u2019icyitegererezo\u00a0 ari\u00a0 \u00a0Byiringiro Lague, hagakurikiraho Omborenga Fitina uza ku mwanya wa kabiri kuri we.<\/p>\n\n\n\n<p>Mu kiganiro na Brightafrica.rw, Mugisha yiyeguriye gukina umupira w\u2019amaguru,&nbsp; ngo arashaka kuzaba icyamamare nka Christiano Ronardo cyangwa Lionel Messi &nbsp;basanzwe bakinira ku mugabane w\u2019Uburayi.<\/p>\n\n\n\n<p>Ronardo akaba akinira Manchester United mu Bwongereza mu gihe Messi akinira ikipe ya Paris St Germain mu Bufaransa.<\/p>\n\n\n\n<p><strong>&nbsp;Icyatumye akunda Apr FC<\/strong><\/p>\n\n\n\n<p>Ku bijyanye n\u2019abakinnyi barangwa ni uburere (Discipline), yatanze urugero &nbsp;ko &nbsp;Ishimwe Anicet na Itangishaka Blaise bakinira ikipe y\u2019ingabo ari intangarugero &nbsp;nawe ubwe ashimangira ko afite uburere.<\/p>\n\n\n\n<p>Ku birebana n\u2019urwego rw\u2019umupira agezeho, arashima intambwe amaze gutera akaba abikesha umutoza we Niyoringiye Emmanuel akaba afashwa na Raphael.<\/p>\n\n\n\n<p>Ku nshuro ye ya mbere Mugisha ngo yarebye umukino&nbsp; wa shampiyona &nbsp;kuri Stade Amahoro.<\/p>\n\n\n\n<p>Nta byera ngo de ! Uyu mwana\u00a0 yavuze ko ku kigo cy\u2019amashuri yigaho ngo nta mikino bitabira (Inter scolaire) bitewe ko nta kibuga cy\u2019umupira w\u2019amaguru\u00a0 bafite uretse gukora ibizamini bisanzwe byo kwandika.<\/p>\n\n\n\n<p>Iki ni ikibazo gikunze kugaragara ku bigo  bitandukanye aho usanga hamwe na hamwe hari ikibazo cy\u2019ibibuga badafite, Ibi bidindiza impano z\u2019abana bashaka kwitabira imikino.<\/p>\n\n\n\n<p>Uyu mwana Mugisha arifuza ko yabona ikipe yamuha amahirwe akigaragaza akerekana impano ye yo guconga ruhago.<\/p>\n\n\n\n<p>Mugisha Samuel akina ku mwanya wa ba myugariro, agaragaza ko ariho yakinnye igihe kirekire, ngo mu busatirizi naho arahashoboye.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-full\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"999\" height=\"664\" src=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/10\/MUGISHA-1-Samuel-Boy-1.jpeg\" alt=\"\" class=\"wp-image-2650\" srcset=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/10\/MUGISHA-1-Samuel-Boy-1.jpeg 999w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/10\/MUGISHA-1-Samuel-Boy-1-300x199.jpeg 300w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/10\/MUGISHA-1-Samuel-Boy-1-768x510.jpeg 768w\" sizes=\"auto, (max-width: 999px) 100vw, 999px\" \/><figcaption>Mugisha ibumoso na bagenzi be bakinana<\/figcaption><\/figure>\n\n\n\n<p><strong>Karenzi Christopher<\/strong><\/p>\n\n\n\n<h1 class=\"wp-block-heading\"><\/h1>\n\n\n\n<p><\/p>\n\n\n\n<p><strong>&nbsp;I<\/strong><\/p>\n\n\n\n<p><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Mugisha Samuel uzwi ku izina rya Boy. Ni umwana &nbsp;ukina umupira w\u2019amaguru mu ikipe ya Legacy&nbsp; FA Football Academy Kibagabaga<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":2649,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[9],"tags":[],"class_list":["post-2648","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-imikino"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/2648","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=2648"}],"version-history":[{"count":4,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/2648\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":2655,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/2648\/revisions\/2655"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/2649"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=2648"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=2648"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=2648"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}