{"id":248,"date":"2020-10-12T17:11:51","date_gmt":"2020-10-12T17:11:51","guid":{"rendered":"https:\/\/brightafrica.rw\/?p=248"},"modified":"2020-10-12T17:11:54","modified_gmt":"2020-10-12T17:11:54","slug":"caf-club-licencing-komisiyo-ishinzwe-gutanga-impushya-zo-kwitabira-amarushanwa-yasuye-apr-fc","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/2020\/10\/12\/caf-club-licencing-komisiyo-ishinzwe-gutanga-impushya-zo-kwitabira-amarushanwa-yasuye-apr-fc\/","title":{"rendered":"CAF Club licencing: Komisiyo ishinzwe gutanga impushya zo kwitabira amarushanwa yasuye APR FC"},"content":{"rendered":"\n<p>Komisiyo ishinzwe kugenzura niba amakipe yujuje ibisabwa kugira ngo ahabwe impushya zo kwitabira amarushanwa mu Ishyirahamwe ry\u2019Umupira w\u2019Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), yashimiye APR FC uburyo byose yabishyize ku murongo.<\/p>\n\n\n\n<p>Iyi komisiyo yashyizweho na FERWAFA, yasuye ahakorera APR FC ku Kimihurura mu Karere ka Gasabo kuri uyu wa Mbere, ireba ko yujuje ibisabwa na CAF mbere y\u2019uko ikipe ihabwa uruhushya rwo kwitabira irushanwa rya Champions League.<\/p>\n\n\n\n<p>Kayiranga Vedaste uyoboye iyi komisiyo yashimiye iyi kipe ko ifite aho ibarizwa ndetse yujuje ibisabwa kugira ngo izitabire amarushanwa mu mwaka w\u2019imikino wa 2020\/21 nk\u2019uko byatangajwe n\u2019urubuga rwa internet rw\u2019ikipe y\u2019ingabo.<\/p>\n\n\n\n<p>Ati \u201dAPR FC nk\u2019ikipe ifite aho ibarizwa kandi heza bitandukanye n\u2019andi makipe rimwe na rimwe dusura tukabura aho akorera, ibyo turabibashimiye. Si ubwa mbere tubasuye, n\u2019ubushize twaraje turagenzura kandi dusanga byose byuzuye neza.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Umunyamategeko wa FERWAFA, Karangwa Jules, yabwiye ubuyobozi bwa APR FC bwari burangajwe imbere na Visi Perezida wayo, Maj Gen Mubaraka Muganga, ko \u201cibisabwa cyane kugeza ubu ni ikibuga cyo kwakiriraho imikino cyemewe ku rwego mpuzamahanga ndetse n\u2019icy\u2019imyitozo ikipe yasuye ishobora gukoreraho imyitozo.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>\u201cHari kandi ubuzima gatozi bw\u2019ikipe, abakozi b\u2019ingenzi bagize ubunyamabanga bukuru bw\u2019ikipe mu rwego rwo kunoza imikorere nk\u2019Umunyamabanga Mukuru, ushinzwe imari, ushinzwe amakipe y\u2019abana n\u2019ushinzwe umutekano ufasha ikipe mu gihe yakiriye imikino.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Impuzamashyirahamwe y\u2019Umupira w\u2019Amaguru muri Afurika (CAF), yasabye FERWAFA ko amakipe azasohokera Igihugu agomba kuba yujeje ibisabwa bitarenze tariki 20 Ukwakira 2020 kugira ngo yemererwe kwitabira amarushanwa Nyafurika.<\/p>\n\n\n\n<p>Source: Igihe<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Komisiyo ishinzwe kugenzura niba amakipe yujuje ibisabwa kugira ngo ahabwe impushya zo kwitabira amarushanwa mu Ishyirahamwe ry\u2019Umupira w\u2019Amaguru mu Rwanda<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":249,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[9],"tags":[],"class_list":["post-248","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-imikino"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/248","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=248"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/248\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":250,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/248\/revisions\/250"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/249"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=248"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=248"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=248"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}