{"id":2467,"date":"2022-08-11T15:47:52","date_gmt":"2022-08-11T15:47:52","guid":{"rendered":"https:\/\/brightafrica.rw\/?p=2467"},"modified":"2022-08-11T15:47:53","modified_gmt":"2022-08-11T15:47:53","slug":"u-rwanda-rwateye-utwatsi-ubusabe-bwo-kurekura-rusesabagina","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/2022\/08\/11\/u-rwanda-rwateye-utwatsi-ubusabe-bwo-kurekura-rusesabagina\/","title":{"rendered":"U Rwanda rwateye utwatsi ubusabe bwo kurekura Rusesabagina"},"content":{"rendered":"\n<p>Kuri uyu wa Kane ni bwo Perezida Paul Kagame yakiriye Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Ububanyi n\u2019Amahanga, Anthony Blinken.<\/p>\n\n\n\n<p>Mu byo baganiriye, uyu muyobozi yasabye Guverinoma y\u2019u Rwanda kurekura Paul Rusesabagina.<\/p>\n\n\n\n<p>Minisitiri w\u2019Ububanyi n\u2019Amahanga, Dr Vincent Biruta, yavuze ko Paul Rusesabagina yakatiwe kandi agomba gufungwa, hatitawe ku gitutu cy\u2019amahanga akomeza gusaba ko arekurwa nk\u2019umwere.<\/p>\n\n\n\n<p><\/p>\n\n\n\n<p>Antony Blinken yabwiye abanyamakuru ko iby\u2019uko Rusesabagina yafashwe kandi agafungwa mu buryo butubahirije amategeko, yabiganiriyeho na Perezida Kagame ndetse ngo yabiganiriyeho n\u2019abo mu muryango we [Rusesabagina] kandi ngo asanga ari ibintu bizakomeza kuganirwaho<\/p>\n\n\n\n<p>Umunyamakuru yamubajije icyo avuga ku barokotse ubwicanyi bwakozwe n\u2019abantu ba Rusesabagina ndetse n\u2019imiryango yabuze ababo, avuga ko yumva agahinda bafite kuko ngo ntabwo abantu bagombye kureba gusa ibintu bikomeye bireba Politiki ahubwo bagombye no kureba agahinda k\u2019ababuze ababo.<\/p>\n\n\n\n<p>Antony Blinken yari yarasabwe n\u2019abafite ababo baburiye ubuzima mu bitero by\u2019abarwanyi bo muri MRCD-FLN ya Rusesabagina ko yazaza bagahura bakamugezaho agahinda yabateye, ariko ngo kubera gahunda zicucitse afite ntari bubone uburyo bwo kuganira nabo.<\/p>\n\n\n\n<p>Dr Vincent Biruta ushinzwe ububanyi n\u2019amahanga mu Rwanda we yavuze ko amahanga agomba kubaha ibyemezo by\u2019u Rwanda \u00a0kuko ngo rwafashe kandi ruburanisha Rusesabagina ku byaha yakoreye Abanyarwanda abikora ari Umunyarwanda kandi ku butaka bw\u2019u Rwanda bityo rero ngo kumufata akaburanishwa nta mategeko yaba ay\u2019u Rwanda cyangwa mpuzamahanga rwishe.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-full is-resized\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" src=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/08\/Minister-Biruta.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-2471\" width=\"1038\" height=\"692\" srcset=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/08\/Minister-Biruta.jpg 1000w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/08\/Minister-Biruta-300x200.jpg 300w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/08\/Minister-Biruta-768x512.jpg 768w\" sizes=\"auto, (max-width: 1038px) 100vw, 1038px\" \/><figcaption>Minisitiri Biruta<\/figcaption><\/figure>\n\n\n\n<p>Blinken avuze ko ibya Rusesabagina u Rwanda ruzakomeza kubiganiraho n\u2019Amerika nyuma y\u2019uko kuri Twitter, Perezida Kagame amukuriye inzira ku murima ko ibyo gushyira igitutu ku Rwanda ngo rufungure Rusesabagina bidakora mu gihugu nk\u2019u Rwanda.<\/p>\n\n\n\n<p>Antony Blinken yari aherutse gutangaza ko igihugu cye kizasaba u Rwanda rugafungura uriya mugabo ruherutse gukatira gufungwa imyaka 25 .<\/p>\n\n\n\n<p>Ku byerekeye M23 , Blinken yavuze ko yaganiriye na Perezida Kagame na Tshisekedi kandi ngo buri wese bumvikanye ko nta gihugu cyagombye gufasha umutwe urwanya ikindi.<\/p>\n\n\n\n<p>Mu minsi ishize yari yaravuze ko Amerika ishaka&nbsp; ko ibyaganiririwe i Nairobi n\u2019i Luanda ari byo bikurikizwa hanyuma Amerika ikaza ifasha muri uwo mujyo.<\/p>\n\n\n\n<p>Hagati aho u Rwanda n\u2019Amerika bisanzwe bikorana mu ngeri zitandukanye.<\/p>\n\n\n\n<p>N\u2019ubwo hari abavuga ko ikibazo cya Paul Rusesabagina n\u2019ibimaze iminsi bivugwa ko u Rwanda rufasha M23&nbsp; bishobora kuzana umwuka mubi hagati ya Kigali na Washington, iyo urebye ishingiro ry\u2019umubano hagati y\u2019ibihugu byombi, ubona ko ukomeye k\u2019uburyo utapfa guhungabanywa n\u2019ikintu kibonetse cyose.<\/p>\n\n\n\n<p>Kuri uyu wa Kane nibwo Umunyamabanga w\u2019Amerika ushinzwe ububanyi n\u2019amahanga Antony Blinken yahuye na Perezida Kagame baganira ku ngingo zitandukanye.<\/p>\n\n\n\n<p>Blinken aherutse gutangaza ko azasaba u Rwanda rukarekura Paul Rusesabagina kuko ngo uretse no kuba ari Umunyamerika, ngo rwanamufashe mu buryo budakurikije amategeko.<\/p>\n\n\n\n<p>Icyakora u Rwanda rwo ruvuga ko rwafashe uriya mugabo kuko ari we wateraga inkunga abarwanyi bagabye ibitero mu Rwanda bigahitana abaturage barwo.<\/p>\n\n\n\n<p>Ntabwo u Rwanda rwamufashe ngo rugire ikibi rumukurorera, ahubwo yagejejwe imbere y\u2019ubutabera, araburana aratsindwa akatirwa gufungwa imyaka 25.<\/p>\n\n\n\n<p>Martin Ngoga wahoze ari Umushinjacyaha mukuru wa Repubulika y\u2019u Rwanda nawe aherutse kuvuga ko ubutasi bw\u2019Amerika bwari buzi ko hari amafaranga Rusesabagina yahorezaga hanze y\u2019Amerika akoresheje Western Union.<\/p>\n\n\n\n<p>Aho hanze havugwa ni mu barwanyi ba MRCD-FLN bagabye ibitero mu Rwanda bigahitana abaturage muri Nyaruguru na Nyamagabe.<\/p>\n\n\n\n<p>Uko bimeze kose, u Rwanda ni umufatanyabikorwa ukomeye w\u2019Amerika.<\/p>\n\n\n\n<p>Ubwo bufatanye ni ingenzi ku bihugu byombi k\u2019uburyo ibibazo bireba ubutabera bitagombye kuba ari byo biba igitotsi muri uyu mubano.<\/p>\n\n\n\n<p>Itangazo ryasohowe n\u2019Ibiro by\u2019Umunyamabanga w\u2019Amerika ushinzwe ububanyi n\u2019amahanga rivuga ko Amerika ikorana n\u2019u Rwanda mu nzego zitandukanye hirya no hino ku isi ndetse no mu Karere u Rwanda ruherereyemo.<\/p>\n\n\n\n<p>Izo nzego z\u2019ubufatanye zirimo gukorana mu kurwanya COVID-19, guhangana n\u2019ikibazo cy\u2019ubushyuhe bw\u2019ikirere, kugira uruhare mu iterambere ry\u2019ibikomoka ku buhinzi, guteza imbere Demukarasi no&nbsp; mu guharanira ko uburenganzira bwa muntu bukomeza kubahirizwa.<\/p>\n\n\n\n<p>Umubano w\u2019Amerika n\u2019u Rwanda watangijwe mu mwaka wa 1962, u Rwanda rukibona ubwigenge.<\/p>\n\n\n\n<p>Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, Amerika yafatanyije n\u2019u Rwanda mu kuzamura imibereho y\u2019abarutuye yari yarashegeshwe n\u2019iyi Jenoside ndetse n\u2019intambara yo kubohora u Rwanda.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-full is-resized\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" src=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/08\/US-ok.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-2469\" width=\"1036\" height=\"691\" srcset=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/08\/US-ok.jpg 1000w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/08\/US-ok-300x200.jpg 300w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/08\/US-ok-768x512.jpg 768w\" sizes=\"auto, (max-width: 1036px) 100vw, 1036px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<p>Urwego rwari mu zihutirwaga\u00a0 ni urw\u2019ubuzima. Ibikomere byo ku mubiri no ku mutima bari byinshi kandi bikeneye komorwa bigakira.<\/p>\n\n\n\n<p>Hari imishinga Amerika yatangije yo kuzamura urwego rw\u2019ubuzima nk\u2019umushinga wo kurwanya Malaria n\u2019igituntu wiswe The U.S. President\u2019s Malaria Initiative (PMI), umushinga wo guhangana na SIDA yacaga ibintu muri kiriya gihe wiswe&nbsp; The U.S. President\u2019s Emergency Plan for AIDS Relief (PEPFAR) n\u2019indi.<\/p>\n\n\n\n<p>Izi mpunzi zirimo izavuye muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, izavuye i Burundi ndetse n\u2019abavuye muri Libya u Rwanda rukabakira kugira ngo bagire ubuzima bwiza bareke kuba ahantu bacuruzwa nk\u2019aho ari amatungo.<\/p>\n\n\n\n<p>Itangazo ryo mu Biro by\u2019Umunyamabanga wa Leta zunze ubumwe z\u2019Amerika ushinzwe ububanyi n\u2019amahanga rivuga ko umwaka wa 2021 warangiye Amerika itumije mu Rwanda ibicuruzwa bifite agaciro ka Miliyoni $31,4 mu gihe rwo rwahatumije ibifite agaciro ka Miliyoni $ 49,9.<\/p>\n\n\n\n<p>Ubucuruzi hagati y\u2019u Rwanda n\u2019Amerika mu mwaka wa 2021 bwanganaga na Miliyoni 74,4.<\/p>\n\n\n\n<p>Amerika itumiza mu Rwanda ibikomoka ku biribwa birimo ikawa, icyayi, amabuye y\u2019agaciro ya Tantalum na Tungsten, uduseke, ibikapu, n\u2019ibindi.<\/p>\n\n\n\n<p>U Rwanda rwo rukenera yo ibikoresho by\u2019ikoranabuhanga, imiti, imashini z\u2019amoko atandukanye, ibikoresho by\u2019ubwubatsi n\u2019ibindi.<\/p>\n\n\n\n<p>Ubufatanye bw\u2019ibihugu byombi kandi bugera mu byo kugabanya ingaruka z\u2019imihindagurikire y\u2019ikirere n\u2019ibindi bigira ingaruka ku buhinzi n\u2019abahinzi by\u2019umwihariko.<\/p>\n\n\n\n<p>U Rwanda kandi rukorana n\u2019Amerika mu rwego rw\u2019umutekano kuko mu ngengo y\u2019imari ya 2021, Amerika yashyize $500,000 mu kigega cya Leta y\u2019u Rwanda agenewe gufasha ingabo z;u Rwanda mu bikorwa bitandukanye birimo kurinda imbago z\u2019u Rwanda, ikirere cyarwo n\u2019ibindi bikorwa birimo no kugarura amahoro mu bihugu ingabo z\u2019u Rwanda cyangwa Polisi boherezwamo.<\/p>\n\n\n\n<p>Hejuru y\u2019ibi byose, hari indi ngingo yerekana ko Abanyamerika n\u2019Abanyarwanda babanye neza haba ku rwego rwa Politiki n\u2019imibereho y\u2019abaturage.<\/p>\n\n\n\n<p>Imibare ivuga ko mu mwaka wa 2021 Abanyamerika 2500 bari batuye mu Rwanda.Muri uwo mwaka kandi Abanyamerika 2000 basuye u Rwanda.<\/p>\n\n\n\n<p>Abanyeshuri b\u2019Abanyarwanda barenga 100 kandi bize muri Amerika mu mwaka wa 2021.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-full\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"1000\" height=\"667\" src=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/08\/us-ok-stste-minisyer-1.webp\" alt=\"\" class=\"wp-image-2470\" srcset=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/08\/us-ok-stste-minisyer-1.webp 1000w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/08\/us-ok-stste-minisyer-1-300x200.webp 300w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/08\/us-ok-stste-minisyer-1-768x512.webp 768w\" sizes=\"auto, (max-width: 1000px) 100vw, 1000px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<p>Mu magambo avunaguye, ibi ni ibyerekana ko umurunga usanzwe uhuza u Rwanda n\u2019Amerika ukomeye.<\/p>\n\n\n\n<p>Abasesengura uko umubano hagati y\u2019ibi bihug muri iki gihe uhagaze, bavuga ko ibya Rusesabagina na M23 bidafite uburemere bwatuma uyu mubano uhungabana kuko hari ubundi buryo byakemuka.<\/p>\n\n\n\n<p>Ku byerekeye M23 Antony Blinken aherutse kubwira RFI ko kiriya kibazo gifite umurongo cyaherewe i Nairobi bityo ko Amerika igomba kureba uko ibyemeranyijwe byakurikizwa.<\/p>\n\n\n\n<p>N\u2019aho ibya Rusesabagina byo ngo bireba ubutabera kandi ngo ubusanzwe kirazira ko izindi nzego zivanga mu mikorere y\u2019ubutabera kandi iri hame rireba u Rwanda nk\u2019uko rireba n\u2019Amerika.<\/p>\n\n\n\n<p>Ubwanditsi Brightafrica<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Kuri uyu wa Kane ni bwo Perezida Paul Kagame yakiriye Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Ububanyi n\u2019Amahanga,<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":2468,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[4],"tags":[],"class_list":["post-2467","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-politiki"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/2467","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=2467"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/2467\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":2472,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/2467\/revisions\/2472"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/2468"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=2467"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=2467"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=2467"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}