{"id":2381,"date":"2022-07-06T16:48:18","date_gmt":"2022-07-06T16:48:18","guid":{"rendered":"https:\/\/brightafrica.rw\/?p=2381"},"modified":"2022-07-06T16:48:20","modified_gmt":"2022-07-06T16:48:20","slug":"perezida-kagame-yitabiriye-ibiganiro-bimuhuza-na-tshisekedi","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/2022\/07\/06\/perezida-kagame-yitabiriye-ibiganiro-bimuhuza-na-tshisekedi\/","title":{"rendered":"Perezida Kagame yitabiriye ibiganiro bimuhuza na Tshisekedi"},"content":{"rendered":"\n<p>Perezida Kagame ari muri Angola aho yitabiriye ibiganiro bigamije gushakira umuti ibibazo by\u2019umutekano muke mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bibaye mu gihe u Rwanda n\u2019iki gihugu cy\u2019igituranyi birebana ay\u2019ingwe.<\/p>\n\n\n\n<p>Ni ibiganiro byatumiwe n\u2019umuhuza mu makimbirane y\u2019u Rwanda na RDC, Perezida wa Angola, Joao Louren\u00e7o. Bibaye RDC ikomeje gushinja u Rwanda gutera inkunga umutwe wa M23 narwo rukabihakana rugaragaza ko ibibazo umuturanyi warwo afite ari iby\u2019imbere mu gihugu.<\/p>\n\n\n\n<p>Umuyobozi wa Komisiyo y\u2019Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Moussa Faki Mahamat, aherutse gutangaza ko Uburasirazuba bwa RDC bumaze igihe bwarabaye isibaniro y\u2019imitwe y\u2019iterabwoba, ku buryo byageze n\u2019aho Loni n\u2019ibihugu by\u2019ibituranyi bishaka uko byakemura icyo kibazo.<\/p>\n\n\n\n<p>Yagaragaje ko hari icyizere cyari gihari, gishingiye ku kuba uhereye mu 2018 umubano w\u2019u Rwanda na RDC waragiye uba mwiza, gusa ubu ukaba warongeye gutobama.<\/p>\n\n\n\n<p>Ni ikibazo yavuze ko cyaganiriweho mu nama ya AU yabereye i Malabo muri Guin\u00e9e \u00e9quatoriale, hagafatwa umwanzuro w\u2019uko Perezida Joao Louren\u00e7o uyobora Umuryango w\u2019Ibihugu byo mu Karere k\u2019Ibiyaga Bigari, aba umuhuza.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-full\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"1000\" height=\"709\" src=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/07\/ANGOLA-1.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-2383\" srcset=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/07\/ANGOLA-1.jpg 1000w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/07\/ANGOLA-1-300x213.jpg 300w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/07\/ANGOLA-1-768x545.jpg 768w\" sizes=\"auto, (max-width: 1000px) 100vw, 1000px\" \/><figcaption>Perezida Kagame ari kumwe na mugenzi we Jo\u00e3o Louren\u00e7o wa Angola, Umuhuza mu bibazo by\u2019u Rwanda na RDC<\/figcaption><\/figure>\n\n\n\n<p>RDC itsimbaraye ku ngingo y\u2019uko u Rwanda rukwiriye kureka gufasha M23 mu gihe rwo ruvuga ko nta bufasha na buke ruha uyu mutwe. Byageze n\u2019aho Perezida Tshisekedi atangaje ko nibikomeza gutya, igihugu cye cyiteguye gushoza intambara ku Rwanda.<\/p>\n\n\n\n<p>Umwe mu bahoze muri Guverinoma ya Congo yatangaje ko Louren\u00e7o ari umuntu ufitiwe icyizere gihagije kandi wubahwa na bagenzi be b\u2019u Rwanda na RDC ku buryo hizewe umusaruro uzava mu buhuza bwe.<\/p>\n\n\n\n<p>Jo\u00e3o Louren\u00e7o uziyamamariza manda ya kabiri mu kwezi gutaha, asanganywe umubano mwiza na Perezida Kagame ushingiye ku kuba barakoranye mu bikorwa bigamije gushakira amahoro Repubulika ya Centrafrique.<\/p>\n\n\n\n<p>Nyuma y\u2019uko u Rwanda rwohereje Ingabo i Bangui mu mpera za 2020, Perezida wa Angola yatangiye kugirana ibiganiro na mugenzi we wa Centrafrique, bigamije gushakira umuti ibibazo by\u2019umutekano muke birangwa mu gihugu cye.<\/p>\n\n\n\n<p>Mu minsi ishize, Intumwa z\u2019u Rwanda n\u2019iza Angola zahuriye i Luanda ziga ku kibazo cya Centrafrique.<\/p>\n\n\n\n<p>Louren\u00e7o yari n\u2019umuhuza mu kibazo cy\u2019u Rwanda na Uganda, cyari kimaze imyaka hafi itatu ibihugu byombi bidacana uwaka.<\/p>\n\n\n\n<p>Ku rundi ruhande, Perezida F\u00e9lix Tshisekedi na Jo\u00e3o Louren\u00e7o bamaze igihe bubatse umubano ufatika hagati yabo uruta uko byari bimeze mbere ibihugu biyobobwa na Joseph Kabila na Dos Santos<\/p>\n\n\n\n<p>Tshisekedi akijya ku butegetsi, igihugu cya mbere yagiriyemo uruzinduko ni Angola ndetse na mugenzi we yari i Kinshasa nyuma y\u2019amezi atatu muri Gicurasi 2019 mu muhango wo gushyingura se wa F\u00e9lix Tshisekedi, \u00c9tienne Tshiseked.<\/p>\n\n\n\n<p> Karenzi Christopher<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Perezida Kagame ari muri Angola aho yitabiriye ibiganiro bigamije gushakira umuti ibibazo by\u2019umutekano muke mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":2382,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[4],"tags":[],"class_list":["post-2381","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-politiki"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/2381","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=2381"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/2381\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":2384,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/2381\/revisions\/2384"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/2382"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=2381"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=2381"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=2381"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}