{"id":2325,"date":"2022-05-14T15:19:01","date_gmt":"2022-05-14T15:19:01","guid":{"rendered":"https:\/\/brightafrica.rw\/?p=2325"},"modified":"2022-05-14T15:19:02","modified_gmt":"2022-05-14T15:19:02","slug":"abimukira-ba-mbere-bari-mu-bwongereza-bamenyeshejwe-gahunda-yo-kwimurirwa-mu-rwanda","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/2022\/05\/14\/abimukira-ba-mbere-bari-mu-bwongereza-bamenyeshejwe-gahunda-yo-kwimurirwa-mu-rwanda\/","title":{"rendered":"Abimukira ba mbere bari mu Bwongereza bamenyeshejwe gahunda yo kwimurirwa mu Rwanda"},"content":{"rendered":"\n<p>Icyiciro cya mbere cy\u2019abimukira bari mu Bwongereza binyuranyije n\u2019amategeko, cyamenyeshejwe gahunda yo kwimurirwa mu Rwanda bijyanye n\u2019amasezerano yasinywe hagati y\u2019ibihugu byombi.<\/p>\n\n\n\n<p>Inkuru dukesha Igihe, Umuyobozi muri Ambasade y\u2019u Bwongereza mu Rwanda, &nbsp;yavuze ko bafite iminsi yo kugira icyo bavuga kuri uwo mwanzuro.<\/p>\n\n\n\n<p>Ati \u201cIcyiciro cya mbere cy\u2019abimukira cyamenyeshejwe gahunda yo kwimurirwa mu Rwanda. Bitewe n\u2019impamvu zabo zitandukanye, bafite iminsi 14 yo gutanga impamvu bumva zatuma batoherezwa mu Rwanda.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Itangazamakuru ryo mu Bwongereza ryavuze ko Minisitiri w\u2019Intebe w\u2019iki gihugu, Boris Johnson, yatangaje ko abamenyeshejwe ari abimukira 50. Gusa Ambasade y\u2019iki gihugu mu Rwanda, yirinze kwemeza uwo mubare.<\/p>\n\n\n\n<p>Amasezerano y\u2019u Rwanda n\u2019u Bwongereza yerekeranye n\u2019abimukira yasinywe ku wa 14 Mata 2022.<\/p>\n\n\n\n<p>Asinywa, Minisitiri w\u2019Intebe, Boris Johnson, yavuze ko \u201cuwo ari we wese winjiye mu Bwongereza mu buryo bunyuranyije n\u2019amategeko kimwe n\u2019abinjiye muri ubwo buryo kuva tariki ya Mbere Mutarama, ubu bagiye kwimurirwa mu Rwanda.<\/p>\n\n\n\n<p>Bizatuma banyura mu nzira zemewe kandi bice intege ubucuruzi bwakorerwaga abimukira.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Yavuze ko nibagera mu Rwanda \u201cbazahabwa amahirwe yo kubaka ubuzima bushya\u201d bafashijwe n\u2019inkunga izatangwa n\u2019u Bwongereza.<\/p>\n\n\n\n<p>U Bwongereza busobanura ko buzatanga inkunga yo kwifashisha mu bikorwa by\u2019iterambere bigirira akamaro izo mpunzi n\u2019abaturwanda muri rusange.<\/p>\n\n\n\n<p>Ku ikubitiro, bwahaye u Rwanda miliyoni 120\u00a3 azagirira akamaro izo mpunzi n\u2019Abanyarwanda binyuze mu bikorwa by\u2019uburezi mu mashuri yisumbuye, ay\u2019imyunga ndetse n\u2019andi mahugurwa mu masomo y\u2019ubumenyingiro. Ibyo byiyongeraho ko bazafashwa kwiga kugera mu mashuri makuru na kaminuza.<\/p>\n\n\n\n<p>U Rwanda rwagennye ko mbere yo kubakira, hazajya habanza kurebwa niba nta byaha bitandukanye bakoze, kandi ntiruzakira abaturutse mu bihugu by\u2019ibituranyi nk\u2019u Burundi, Uganda, DRC na Tanzania.<\/p>\n\n\n\n<p>Ntabwo impunzi zo muri Ukraine ziri muri izo zizakirwa muri iyi gahunda ahubwo abarebwa cyane ni abinjira mu Bwongereza banyuze nko mu bwato, bacurujwe n\u2019abandi nkabo.<\/p>\n\n\n\n<p>Nibagera mu gihugu bazaruhukira muri hotel nyuma bajye mu macumbi asanzwe aturwamo n\u2019abantu mu buryo busanzwe.<\/p>\n\n\n\n<p>Ni gahunda izamara imyaka itanu. Mu ntangiriro abo bimukira bazahabwa ibyangombwa n\u2019ubumenyi, hanyuma bagire amahirwe yo guhatana ku isoko ry\u2019umurimo.<\/p>\n\n\n\n<p>Bazafashwa kuvurwa, banitabweho no mu bundi buryo butandukanye. Ntabwo igihe bazagerera mu Rwanda kiratangazwa ariko impande zombi zisobanura ko ari \u201c mu byumweru biri imbere\u201d.<\/p>\n\n\n\n<p>Kugeza ubu, umubare w\u2019abimukira binjira mu Bwongereza mu buryo bunyuranyije n\u2019amategeko ukomeje kwiyongera umunsi ku wundi.<\/p>\n\n\n\n<p>Hagati ya tariki 2 na 8 Gicurasi, bibarwa ko nibura u Bwongereza bwakiriye 792 binjiye mu gihugu bakoresheje ubwato buto.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-full\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"1000\" height=\"624\" src=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/05\/uk-na-Rda-1.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-2327\" srcset=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/05\/uk-na-Rda-1.jpg 1000w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/05\/uk-na-Rda-1-300x187.jpg 300w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/05\/uk-na-Rda-1-768x479.jpg 768w\" sizes=\"auto, (max-width: 1000px) 100vw, 1000px\" \/><figcaption>Abimukira<\/figcaption><\/figure>\n\n\n\n<p>Ubwanditsi Brightafrica<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Icyiciro cya mbere cy\u2019abimukira bari mu Bwongereza binyuranyije n\u2019amategeko, cyamenyeshejwe gahunda yo kwimurirwa mu Rwanda bijyanye n\u2019amasezerano yasinywe hagati y\u2019ibihugu<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":2326,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[4],"tags":[],"class_list":["post-2325","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-politiki"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/2325","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=2325"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/2325\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":2328,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/2325\/revisions\/2328"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/2326"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=2325"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=2325"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=2325"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}