{"id":2071,"date":"2022-02-21T16:09:53","date_gmt":"2022-02-21T16:09:53","guid":{"rendered":"https:\/\/brightafrica.rw\/?p=2071"},"modified":"2022-02-21T16:09:55","modified_gmt":"2022-02-21T16:09:55","slug":"ibikubiye-mu-masezerano-yubufatanye-yasinywe-hagati-ya-turikiya-na-drc","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/2022\/02\/21\/ibikubiye-mu-masezerano-yubufatanye-yasinywe-hagati-ya-turikiya-na-drc\/","title":{"rendered":"Ibikubiye mu masezerano y\u2019ubufatanye yasinywe hagati ya Turikiya Na DRC"},"content":{"rendered":"\n<p>Mu ngoro ya Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo hasinyiwe amasezerano y\u2019ubufatanye burambye hagati ya Turikiya n\u2019iki gihugu kiri mu bikungahaye ku mutungo kamere kurusha ibindi ku isi.<\/p>\n\n\n\n<p>Mu masezerano basinye harimo avuga iyubakwa ry\u2019umuhanda mugari w\u2019ibilometero 1083 ndetse ngo kiriya gihugu kizafasha Repubulika ya Demukarasi ya Congo kubaka umuhanda wa gari ya moshi uzava ahitwa Banana ukagera i Kinshasa.<\/p>\n\n\n\n<p>Umujyi wa Banana uri ku nkombe y\u2019Inyanja ya Atlantique&nbsp; mu bilometero bicye kugira ngo ugere mu murwa mukuru Kinshasa.<\/p>\n\n\n\n<p>Muri ariya masezerano kandi harimo ibika bivuga ko Turikiya izafasha Repubulika ya Demukarasi ya Congo kubaka ibikorwaremezo ku cyambu cy\u2019Uruzi rwa Congo no mu bindi bituranye n\u2019iki cyambu.<\/p>\n\n\n\n<p>Harimo kandi ingingo ivuga k\u2019ubufatanye mu bya gisirikare no mu rwego rw\u2019inganda.<\/p>\n\n\n\n<p>Perezida Recip Tayyip Erdogan yahisemo kubanza gusura Repubulika ya Demukarasi ya Congo mu ruzinduko ari mo muri Afurika.<\/p>\n\n\n\n<p>Nyuma y\u2019uko we n\u2019itsinda yari ayoboye babonanye n\u2019abayobozi ba Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Perezida Erdogan yahise afata indege yerekeza mu kindi gihugu cy\u2019Afurika kiri ku rutonde rw\u2019ibyo azasura.<\/p>\n\n\n\n<p>Turikiya iherutse gukoresha inama yayihuje n\u2019ibihugu by\u2019Afurika. Ni inama yitabiriwe n\u2019Abakuru b\u2019ibihugu by\u2019uyu mugabane barimo n\u2019uw\u2019u Rwanda Paul Kagame.<\/p>\n\n\n\n<p>Ni inama yabereye mu Nzu mberabyombi yitwa Istanbul Congress Center.<\/p>\n\n\n\n<p>Yari Inama ya gatatu ihuje Turikiya n\u2019Afurika. Mu Cyongereza bayita Africa-Turkey Partnership Summit.<\/p>\n\n\n\n<p>Turikiya ni igihugu gishaka kugira ijambo muri Afurika nk\u2019uko n\u2019ibindi bihugu bikomeye nk\u2019u Bushinwa, Amerika, Israel, u Bwongereza, u Bufaransa n\u2019ibindi birihafite.<\/p>\n\n\n\n<p>Ni kimwe mu bihugu byafunguye vuba Ambasade yabyo mu Rwanda.<\/p>\n\n\n\n<p>Iki gihugu gikora kuri Aziya n\u2019u Burayi kandi kikaba ari kimwe mu bifite ubukungu n\u2019igisirikare byihagazeho, gikorana n\u2019u Rwanda mu nzego zitandukanye harimo n\u2019uburezi.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-full is-resized\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" src=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/02\/drc-2.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-2073\" width=\"1036\" height=\"572\" srcset=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/02\/drc-2.jpg 618w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/02\/drc-2-300x166.jpg 300w\" sizes=\"auto, (max-width: 1036px) 100vw, 1036px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<ul class=\"wp-block-list\"><li><\/li><\/ul>\n\n\n\n<p>Ubwanditsi brightafrica<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Mu ngoro ya Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo hasinyiwe amasezerano y\u2019ubufatanye burambye hagati ya Turikiya n\u2019iki gihugu kiri<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":2072,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[4],"tags":[],"class_list":["post-2071","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-politiki"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/2071","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=2071"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/2071\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":2074,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/2071\/revisions\/2074"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/2072"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=2071"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=2071"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=2071"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}