{"id":2052,"date":"2022-02-17T12:34:17","date_gmt":"2022-02-17T12:34:17","guid":{"rendered":"https:\/\/brightafrica.rw\/?p=2052"},"modified":"2022-02-17T12:44:12","modified_gmt":"2022-02-17T12:44:12","slug":"ukraine-zimwe-mu-ngabo-za-russia-zatangiye-kuvanwa-ku-mupaka","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/2022\/02\/17\/ukraine-zimwe-mu-ngabo-za-russia-zatangiye-kuvanwa-ku-mupaka\/","title":{"rendered":"Ukraine: Zimwe mu ngabo za Russia zatangiye kuvanwa ku mupaka"},"content":{"rendered":"\n<p><strong>Minisiteri y&#8217;ingabo y&#8217;Uburusiya yatangaje ko irimo kuvana zimwe mu ngabo zayo ku mupaka wa Ukraine.<\/strong><\/p>\n\n\n\n<p>Mu butumwa bwa Igor Konashenkov, umuvuguzi w&#8217;iyo minisiteri, bwatangajwe n&#8217;ibiro ntaramakuru Interfax, yavuze ko;<\/p>\n\n\n\n<p>&#8220;Unite zo mu turere tw&#8217;amajyepfo n&#8217;uburengerazuba zarangije ubutumwa bwazo zatangiye kurira gari ya moshi n&#8217;imodoka, kandi uyu munsi ziratangira gusubira mu bigo byazo.&#8221;<\/p>\n\n\n\n<p>Konashenkov ariko avuga ko hari imyitozo ya gisirikare imwe ikomeje, muri ako gace k&#8217;umupaka.<\/p>\n\n\n\n<p>Yongeraho ko indege n&#8217;abasirikare barwanira mu kirere nabo bari bakomeje iyo myitozo.<\/p>\n\n\n\n<p>Ntihazwi neza niba ingabo ziri gusubizwa mu bigo byazo bagize igice gishobora gukuraho ubwoba bw&#8217;ibitero kuri Ukraine bimaze iminsi byitezwe.<\/p>\n\n\n\n<p>Abasirikare bagera ku 130,000 b&#8217;Uburusiya bashyizwe ku mupaka wa Ukraine, harimo 30,000 bari mu myitozo y&#8217;intambara muri Belarus.<\/p>\n\n\n\n<p>Minisitiri w&#8217;ububanyi n&#8217;amahanga w&#8217;Ubwongereza Liz Truss yavuze ko byakwizerwa ko Uburusiya butagiteye Ukraine buvanyeyo ingabo zose bwarunze hafi y&#8217;umupaka.<\/p>\n\n\n\n<p>Maria Zakharova, umuvugizi wa minisiteri y&#8217;ububanyi n&#8217;amahanga y&#8217;Uburusiya yanditse kuri Telegram ati: &#8220;Tariki 15 Gashyantare 2022 izajya mu mateka nk&#8217;umunsi propaganda y&#8217;intambara y&#8217;iburengerazuba yatsinzwe.&#8221;<\/p>\n\n\n\n<p>Maria yongeraho ati: &#8220;Bakojejwe isoni kandi baneshejwe nta sasu na rimwe rirashwe&#8221;.<\/p>\n\n\n\n<p>Dmytro Kuleba, Minisitiri w&#8217;ububanyi n&#8217;amahanga wa Ukraine yabwiye abanyamakuru ko Uburusiya bugomba kuvana ingabo zabwo zose ku mupaka basangiye.<\/p>\n\n\n\n<p>Yagize ati: &#8220;Dufite itegeko: ntukemere ibyo wumva, emera ibyo ubona. Nitubona bagiye, tuzemera ko nta mirwano.&#8221;<\/p>\n\n\n\n<p>Ibi bibaye mu gihe none kuwa kabiri Chancellier w&#8217;Ubudage Olaf Scholz yageze i Moscow kuganira na Perezida Putin mu muhate wo guhosha aya makimbirane.<\/p>\n\n\n\n<p>Abategetsi bamwe ba Amerika mu minsi ishize baburiye Uburusiya ko bushobora gutera Ukraine &#8220;igihe icyo aricyo cyose&#8221;.<\/p>\n\n\n\n<p>Uburusiya burashaka kwizezwa ko Ukraine itazigera ijya mu ishyirahamwe ry&#8217;ubufatanye bwa gisirikare bw&#8217;ibihugu by&#8217;iburengerazuba, NATO, ariko ibihugu birigize ibyo ntibibikozwa.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-full is-resized\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" src=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/02\/PUTIN-2.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-2063\" width=\"1033\" height=\"587\" srcset=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/02\/PUTIN-2.jpg 676w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/02\/PUTIN-2-300x170.jpg 300w\" sizes=\"auto, (max-width: 1033px) 100vw, 1033px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<p>Brightafrica<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Minisiteri y&#8217;ingabo y&#8217;Uburusiya yatangaje ko irimo kuvana zimwe mu ngabo zayo ku mupaka wa Ukraine. Mu butumwa bwa Igor Konashenkov,<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":2060,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[4],"tags":[],"class_list":["post-2052","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-politiki"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/2052","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=2052"}],"version-history":[{"count":2,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/2052\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":2064,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/2052\/revisions\/2064"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/2060"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=2052"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=2052"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=2052"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}