{"id":1986,"date":"2022-01-21T14:55:31","date_gmt":"2022-01-21T14:55:31","guid":{"rendered":"https:\/\/brightafrica.rw\/?p=1986"},"modified":"2022-01-21T14:55:33","modified_gmt":"2022-01-21T14:55:33","slug":"u-rwanda-rwatanze-icyizere-cyo-kwakira-inama-ya-afurika-yiga-ku-kubungabunga-ibyanya-bikomye","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/2022\/01\/21\/u-rwanda-rwatanze-icyizere-cyo-kwakira-inama-ya-afurika-yiga-ku-kubungabunga-ibyanya-bikomye\/","title":{"rendered":"U Rwanda rwatanze icyizere cyo kwakira Inama ya Afurika yiga ku kubungabunga ibyanya bikomye"},"content":{"rendered":"\n<p>Minisitiri w\u2019Ibidukikije, Mujawamariya Jeanne d\u2019Arc, yamaze impungenge abari bafite ubwoba ko inama yiga ku kubungabunga ibyanya bikomye muri Afurika, iteganyijwe muri Werurwe 2022 ishobora kutazaba kubera ubwiyongere bw\u2019ubwandu bushya.<\/p>\n\n\n\n<p>Mu nama yateraniye i Kigali kuri uyu wa Kane tariki ya 20 Mutarama 2022, igamije gutegura imigendekere y\u2019iyo nama iteganyijwe muri Werurwe 2022 hagati ya tariki 7 na 12, Minisitiri Mujawamariya yavuze ko u Rwanda rwiteguye kwakira iyo nama kandi ko hari icyizere cyane ko ubwandu bushya buri kugenda bugabanuka.<\/p>\n\n\n\n<p>Yagize ati \u201cU Rwanda twiteguye kuyakira, nubwo hari icyorezo cya Covid-19 ariko turi kubona ko hari icyizere kuko imibare igenda igabanuka kandi n\u2019izindi ngamba zisanzweho zo kwipimisha zizakomeza gukurikizwa kandi ntabwo ari yo nama ikomeye twakiriye turi mu bihe bya Covid-19.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Yagaragaje ko ari inama y\u2019ingirakamaro ku kubungabunga urusobe rw\u2019ibinyabuzima no kurinda ibyanya bikomye.<\/p>\n\n\n\n<p>Ati \u201cKuba igiye kuba ku nshuro ya mbere muri Afurika byagombye kuba binaduteye isoni kandi uyu mugabane ari indiri y\u2019urusobe rw\u2019ibinyabuzima.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Yagaragaje ko ari inama izitabirwa n\u2019abantu batari bake nubwo umubare utaramenyekana kuko bakiri kwiyandikisha.<\/p>\n\n\n\n<p>Birashoboka kandi ko hari abashobora kubenguka ubwiza bw\u2019u Rwanda cyane ko ari igihugu gikataje mu kubungabunga ibyanya bikomye n\u2019urusobe rw\u2019ibinyabuzima hakaba havamo amahirwe y\u2019ishoramari.<\/p>\n\n\n\n<p>Ni inama igiye kuba ku nshuro ya mbere yiga ku bibazo byugarije ibyanya bikomye muri Afurika kandi yitezweho gufatirwamo imyanzuro ikomeye igamije kurebera hamwe uko abantu bagira uruhare mu kubungabunga ibyanya bikomye n\u2019urusobe rw\u2019ibinyabuzima nk\u2019izingiro ry\u2019ubuzima bw\u2019abatuye Isi.<\/p>\n\n\n\n<p>Ubusanzwe icyanya gikomye ni ahantu hagaragajwe neza, habugenewe kandi hacungwa hagamijwe kubungabunga mu gihe kirekire ibidukikije n\u2019indiri z\u2019urusobe rw\u2019ibinyabuzima zibishamikiyeho n\u2019indangagaciro z\u2019umuco. Harimo ibishanga bitunganyijwe, pariki, amashyamba amazi n\u2019ibindi.<\/p>\n\n\n\n<p>Muri iyi nama hanatangarijwemo ku mugaragaro batatu bagirwa abambasaderi ba gahunda yo kubungabunga icyanya gikomye muri Afurika.<\/p>\n\n\n\n<p>Muri bo harimo uwahoze ari Minisitiri w\u2019Intebe wa Ethiopia Hailemariam Desalegn, Uwahoze ari Perezida wa Niger Mahamaadou Issoufou na Festus Mogae wahoze ayobora Bostwana nk\u2019abakoze ibikorwa by\u2019indashyikirwa mu guharanira no kubungabunga urusobe rw\u2019ibinyabuzima muri Afurika.<\/p>\n\n\n\n<p>Kugeza ubu mu Rwanda hari ibyanya bikomye biri ku buso bungana 37,7% bw\u2019igihugu kandi hari na gahunda yo kwagura ibice bikomye mu kurushaho kubaka ubukungu butangiza ibidukikije.<\/p>\n\n\n\n<p><strong>Ibizigirwamo<\/strong><\/p>\n\n\n\n<p>Ubushakashatsi bwakozwe n\u2019Ikigo cya Afurika gishinzwe kubungabunga urusobe rw\u2019ibinyabuzima (African Wildlife Foundation) bwagaragaje ko mu byanya 700 birinzwe mu bihugu 22; 90% bidafite ingengo y\u2019imari ihagije naho 9% nta niyo bifite.<\/p>\n\n\n\n<p>Mujawamariya yatangaje ko bimwe mu bizigirwa muri iyo nama muri Werurwe 2022 i Kigali harimo uko hashorwa imari mu bikorwa byo kubungabunga ibyanya bikomye.<\/p>\n\n\n\n<p>Harimo kandi kubaka ubushake bw\u2019abaturage mu kurinda ibyanya bikomye ku buryo buri wese aho ava akagera azagira uruhare mu kubungabunga ibidukikije.<\/p>\n\n\n\n<p>Hazatangirwamo kandi ibiganiro by\u2019ubushakashatsi binyuranye bwakozwe n\u2019ibigo byita ku kubundabunga urusobe rw\u2019ibinyabuzima muri Afurika.<\/p>\n\n\n\n<p>Uwahoze ari Minisitiri w\u2019Intebe wa Ethiopie Hailemalemariam Desalegn, yavuze ko hakenewe ubushake bw\u2019abayobozi ba Afurika kugira ngo umugabane ukomeze kubungabunga ibyanya bikomye nk\u2019umutungo kamere n\u2019izingiro ry\u2019iterambere.<\/p>\n\n\n\n<p>Umuyobozi Mukuru w\u2019Ikigo kibungabunga ibidukije muri Afurika, Kaddu yagaragaje ko abatuye Isi bakwiye kwitondera ibikorwa byabo mu kubungabunga ibidukikije.<\/p>\n\n\n\n<p>Ati \u201cNibura turacunga neza mu rugo, uyu mubumbe wacu. Turi gusatira guhagarika imibereho y\u2019abatuye ku isi kubera ibikorwa byacu bigira ingaruka ku binyagasozi n\u2019urusobe rw\u2019ubunyabuzima.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Yagaragaje nibura ibikorwa bya muntu kuri ubu bihitana ubuzima bw\u2019inyamaswa n\u2019amashyamba bingana na 83% bityo ko hakwiye guhindurwa umuvuno mu kubungabunga ibinyabuzima.<\/p>\n\n\n\n<p>Umuyobozi w\u2019Ikigo Mpuzamahanga cyita ku byanya bikomye no kubungabunga urusobe rw\u2019ibinyabuzima (IUCN), Luther Anukur, yashimye u Rwanda rwemeye kwakira iyi nama. Agaragaza ko hakenewe ubuyobozi bufata icyemezo n\u2019ingamba ku kubungabunga urusobe rw\u2019ibinyabuzima.<\/p>\n\n\n\n<p>Abafashe ijambo bose muri iyi nama bashimiye Perezida w\u2019u Rwanda, Paul Kagame, ku ruhare rwe mu gutuma iyi nama ibaho no kuba u Rwanda rwaremeye kuyakira mu gihe igiye kuba ku nshuro ya mbere.<\/p>\n\n\n\n<p>Kugeza ubu u Rwanda rwashyizeho itegeko rishya rigena urusobe rw\u2019ibinyabuzima rikagena ibyaha n\u2019ibihano ku muntu wakoze amakosa agize icyaha kibangamira urusobe rw\u2019ibinyabuzima.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-full is-resized\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" src=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/01\/Ibidukikije-2.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-1988\" width=\"1033\" height=\"689\" srcset=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/01\/Ibidukikije-2.jpg 1000w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/01\/Ibidukikije-2-300x200.jpg 300w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/01\/Ibidukikije-2-768x512.jpg 768w\" sizes=\"auto, (max-width: 1033px) 100vw, 1033px\" \/><figcaption>Ministiri w&#8217;Ibidukikije Dr Mujawamariya arikumwe n&#8217;Uwahoze ari Minisitiri w&#8217;Intebe wa Ethiopie Hailemalemariam<br><br><br><br><br><\/figcaption><\/figure>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Minisitiri w\u2019Ibidukikije, Mujawamariya Jeanne d\u2019Arc, yamaze impungenge abari bafite ubwoba ko inama yiga ku kubungabunga ibyanya bikomye muri Afurika, iteganyijwe<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":1987,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[11],"tags":[],"class_list":["post-1986","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-ibidukikije"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/1986","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=1986"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/1986\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":1989,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/1986\/revisions\/1989"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/1987"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=1986"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=1986"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=1986"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}