{"id":1754,"date":"2021-11-11T09:37:18","date_gmt":"2021-11-11T09:37:18","guid":{"rendered":"https:\/\/brightafrica.rw\/?p=1754"},"modified":"2021-11-11T09:37:23","modified_gmt":"2021-11-11T09:37:23","slug":"haruna-niyonzima-ashobora-gusezera-mu-amavubi-nyuma-yimikino-yo-gushaka-itike-yigikombe-cyisi","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/2021\/11\/11\/haruna-niyonzima-ashobora-gusezera-mu-amavubi-nyuma-yimikino-yo-gushaka-itike-yigikombe-cyisi\/","title":{"rendered":"Haruna Niyonzima ashobora gusezera mu &#8216;Amavubi&#8217; nyuma y\u2019imikino yo gushaka itike y&#8217;igikombe cy&#8217;Isi"},"content":{"rendered":"\n<p>Kapiteni w\u2019Ikipe y\u2019Igihugu, Haruna Niyonzima, yatangaje ko nyuma y\u2019umukino wa Kenya uzaba ku wa 14 Ugushyingo 2021 aribwo azatangaza ahazaza he mu gihe yashimangiye ko ashaka gusezera mu Amavubi amaze imyaka 15 akinira.<\/p>\n\n\n\n<p>Niyonzima yabivuze mu gihe u Rwanda rwitegura guhura na Mali ku wa Kane, tariki ya 11 Ugushyingo 2021, mu mukino w\u2019umunsi wa gatanu wo mu Itsinda E ry\u2019ijonjora rya kabiri ryo gushaka itike y\u2019Igikombe cy\u2019Isi cya 2022 kizabera muri Qatar.<\/p>\n\n\n\n<p>Ati \u201cUkuri kwanjye ndacyeka nzagutangaza nyuma y\u2019iyi mikino ibiri [uwa Mali n\u2019uwa Kenya]. Ariko icyo navuga ni uko ibyo bintu biriho, nanjye ndabishaka cyane kuko tutabeshyanye, twese turi abantu, ntabwo ibintu byirirwa bivugwa, nubwo ntashaka kubyinjiramo, ntabwo binshimisha nk\u2019umwana w\u2019Umunyarwanda n\u2019ubundi wakomeje kwitangira igihugu nubwo hari ibitaragenze neza.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Yakomeje agira ati \u201cNtabwo ibintu byose dushaka mu buzima ari ko tubibona, ariko nyuma y\u2019iyi mikino ibiri, nzabitangaza kandi ntabwo nzasezera nk\u2019Umunyarwanda wihisha, nzabitangaza, niba ari n\u2019ikiganiro n\u2019abanyamakuri kizabaho kuko n\u2019ubundi aho ngeze ni Abanyarwanda babingejejeho.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p><a href=\"https:\/\/igihe.com\/imikino\/football\/article\/niyonzima-haruna-ku-rutonde-rw-abakinnyi-b-ibihe-byose-bakinnye-imikino-100\">Uyu mukinnyi rukumbi wabashije kugeza imikino 100 akinira Amavubi,<\/a>&nbsp;aho amaze gukina 104 kuva mu 2006, yavuze ko ari iby\u2019agaciro kuba FIFA yaramushyize ku rutonde rugaragaraho ibihanganye byakiniye ibihugu byabyo byibuze iyo mikino 100 \u201c<\/p>\n\n\n\n<p>Ati &#8220;Ni iby\u2019agaciro kuko ni zo zari inzozi zanjye zo kuba nakina mu Amavubi, nkakina imikino myinshi nkanaba Kapiteni. Ntabwo navuga byinshi, gusa ndashimira Imana. Nari mbizi ko nakinnye iyo mikino nubwo ntari nzi neza umubare, ariko nari nzi ko ari njye Munyarwanda umaze gukina imikino myinshi.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Haruna usanzwe ukinira AS Kigali, yatangiye gukinira u Rwanda ubwo rwahuraga na Somalia muri CECAFA ku wa 27 Ugushyingo 2006.<\/p>\n\n\n\n<p>Nubwo FIFA yagaragaje ko amaze gukina imikino 104 mu Amavubi, muri rusange yakinnye 108, ariko indi ine itabarwa n\u2019iyo u Rwanda rwahuyemo na Zanzibar muri CECAFA ubundi ibarizwa muri Tanzania mu marushanwa yemewe na CAF na FIFA.<\/p>\n\n\n\n<p>Ubwo Amavubi yari amaze gutsinda Mozambique muri Werurwe uyu mwaka, akiyongerera amahirwe yo kubona itike ya CAN 2021, Niyonzima yavuze ko nibiramuka bigezweho azasezera mu Ikipe y\u2019Igihugu.<\/p>\n\n\n\n<p>Gusa, Amavubi yanganyije umukino wa nyuma yakiniye muri Cameroun muri uko kwezi, abura itike ya CAN 2021 ndetse kuri ubu yamaze gusezererwa mu ijonjora rya kabiri ryo gushaka itike y\u2019Igikombe cy\u2019Isi cya 2022 kizabera muri Qatar.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Kapiteni w\u2019Ikipe y\u2019Igihugu, Haruna Niyonzima, yatangaje ko nyuma y\u2019umukino wa Kenya uzaba ku wa 14 Ugushyingo 2021 aribwo azatangaza ahazaza<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":1755,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[9],"tags":[],"class_list":["post-1754","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-imikino"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/1754","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=1754"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/1754\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":1756,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/1754\/revisions\/1756"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/1755"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=1754"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=1754"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=1754"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}