{"id":1483,"date":"2021-04-20T13:45:31","date_gmt":"2021-04-20T13:45:31","guid":{"rendered":"https:\/\/brightafrica.rw\/?p=1483"},"modified":"2021-06-02T13:57:06","modified_gmt":"2021-06-02T13:57:06","slug":"intara-yibasiwe-na-covid-19-cyane-kurusha-ahandi","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/2021\/04\/20\/intara-yibasiwe-na-covid-19-cyane-kurusha-ahandi\/","title":{"rendered":"Intara yibasiwe na Covid-19 cyane kurusha ahandi"},"content":{"rendered":"\n<p><strong>cyorezo cya Covid-19 gikomeje gukaza umurego aho kuri iyi nshuro cyibasiye Intara y\u2019Amajyepfo ndetse Ikigo cy\u2019igihugu gishinzwe Ubuzima, RBC kikaba cyatangaje ko 85% bya Coronavirus mu gihugu hose ariho iri guturuka.<\/strong><\/p>\n\n\n\n<p>Umuyobozi Mukuru wa RBC, Dr. Sabin Nsanzimana, yatangaje ko Covid-19 muri iyi ntara yazamutse ku kigero cya 5% aribyo byatumye bohereza itsinda ry\u2019abaganga rimaze ibyumweru birenga bibiri, kugira ngo ritange ubwunganizi ndetse rinakore ibishoboka ngo icyorezo kigabanuke.<\/p>\n\n\n\n<p>Yongeyeho ati \u201cImibare dufite uyu munsi ni uko 85% y\u2019ikibazo cya Covid-19 igihugu cyose gifite, uyu munsi wa none kiri guturuka mu Ntara y\u2019Amajyepfo. Haba mu bandura bashya no mu bahitanwa na covid-19.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Hamwe mu hagaragaye ubwandu bwinshi muri iyi ntara ni mu ruganda ruzatanga amashyanyarazi, basanze rukoramo abarenga 1200, bakoraga begeranye, uburyo bakoragamo ndetse n\u2019uburyo babayeho byatumaga ubwandu bukwirakwira ku bwinshi.<\/p>\n\n\n\n<p>Mu ruzinduko Dr Nsanzimana yahagiriye mu cyumweru gishize, yanasuye Ibitaro Bikuru bya Kaminuza, CHUB, biri mu bitanga serivisi zo gupima, kuvura no kwita ku barwayi ba Covid-19 kugira ngo harebwe icyakongerwamo imbaraga bityo icyorezo kigabanuke.<\/p>\n\n\n\n<p>Bimwe mu biri gukorwa kugira ngo iki cyorezo kigabanye umurego, Dr. Nsanzimana yavuze ko birimo gupima abantu benshi kuruta uko byakorwaga mbere, aho byibura muri buri kagari hapimwa abagera kuri 50.<\/p>\n\n\n\n<p>Yongeyeho ati \u201cTwagiye ndetse twongera n\u2019uburyo tuvura tukazamura ibipimo tukageza n\u2019aho tuvura dukoreshe imiti yihariye. Ha handi muri ruriya ruganda tubona ko hari ikibazo gikomeye twanafashe ingamba yuko hakorwa n\u2019uburyo bwo gukingira abo bantu mu buryo bwihariye, ku nkingo nke zari zihari kandi zagombaga kwifashishwa ahantu habaye ikibazo nk\u2019aha ngaha.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Yakomeje avuga ko nubwo gukingira bidakuraho ikibazo cyose ariko ari kimwe mu bisubizo by\u2019ibibazo bya Covid-19 ikomeje kwibasira iyi ntara by\u2019umwihariko.<\/p>\n\n\n\n<p>Dr. Nsanzimana yasabye abatuye muri iyi ntara kwitwararika bagakora ibishoboka mu kwirinda iki cyorezo, ndetse bagafatanya na RBC kugihashya.<\/p>\n\n\n\n<p>Ati \u201cIcyo dushaka nyamukuru ni uko virus tuyibuza amahoro, tukayibuza gukwirakwira, ariko n\u2019abayigize tukabarinda kuremba no gupfa, bitewe nuko dufite ubushobozi bwo gukora ibyo bintu uko ari bibiri.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Mu minsi irindwi ishize abarwayi bashya ba Covid-19 babonetse ni 462, muri bo 265 ni abo mu Ntara y\u2019Amajyepfo gusa.<\/p>\n\n\n\n<p>Akarere kibasiwe kuruta utundi ni aka Nyamagabe kagize abarwayo 70 muri iyo minsi irindwi gusa, kagakurikirwa n\u2019aka Nyaruguru kagize 51 aka gatatu kakaba aka Nyanza kagize abarwayi 40. Muri iyi ntara yose Akarere kagaragaramo ubwandu buke ni aka Kamonyi kagize abarwayi batandatu ba Covid-19.<\/p>\n\n\n\n<p>Karenzi Christophe<\/p>\n\n\n\n<p>Brightafrica.rw<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>cyorezo cya Covid-19 gikomeje gukaza umurego aho kuri iyi nshuro cyibasiye Intara y\u2019Amajyepfo ndetse Ikigo cy\u2019igihugu gishinzwe Ubuzima, RBC kikaba<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":1484,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[6],"tags":[],"class_list":["post-1483","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-ubuzima"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/1483","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=1483"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/1483\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":1485,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/1483\/revisions\/1485"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/1484"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=1483"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=1483"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=1483"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}