{"id":1245,"date":"2021-04-05T10:44:14","date_gmt":"2021-04-05T10:44:14","guid":{"rendered":"https:\/\/brightafrica.rw\/?p=1245"},"modified":"2021-04-05T10:44:15","modified_gmt":"2021-04-05T10:44:15","slug":"felicien-kabuga-umuryango-we-urasaba-ko-ahabwa-umwunganizi-yizeye","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/2021\/04\/05\/felicien-kabuga-umuryango-we-urasaba-ko-ahabwa-umwunganizi-yizeye\/","title":{"rendered":"F\u00e9licien Kabuga: Umuryango we urasaba ko ahabwa umwunganizi yizeye"},"content":{"rendered":"\n<p><strong>Abana ba F\u00e9licien Kabuga ukurikiranyweho ibyaha bya jenoside yo mu Rwanda bavuga ko &#8220;bacitse intege cyane&#8221; kubera ubuzima bw&#8217;umubyeyi wabo bukomeje kumera nabi no kudahabwa amakuru n&#8217;umwunganizi we Emmanuel Altit washyizweho n&#8217;urukiko.<\/strong><\/p>\n\n\n\n<p>Mu itangazo rigenewe abanyamakuru ryasohowe mu izina ry&#8217;umuryango n&#8217;umuhungu we Donatien Nshimyumuremyi, bavuga ko bari basabye urukiko ko Bwana Altit akurwaho kubera ko yanze kubaha amakuru ajyanye na Kabuga n&#8217;uburyo ateganya gukoresha mu kumwunganira.<\/p>\n\n\n\n<p>Bwana Altit avuga ko abona Kabuga wenyine ari we wamuha amabwiriza, kandi gusangira amakuru n&#8217;abo mu muryango we &#8220;binyuranyije n&#8217;amabwiriza y&#8217;ibanga&#8221; ry&#8217;umwuga, nk&#8217;uko bivugwa n&#8217;inyandiko y&#8217;urukiko.<\/p>\n\n\n\n<p>Mu cyumweru gishize, urukiko rw&#8217;urwego rwa ONU\/UN (UNIRMCT) rwasigaye ruca imanza zitarangijwe n&#8217;urukiko rwa Arusha rwategetse ko Altit akomeza kuba uwunganira F\u00e9licien Kabuga, mu gihe uyu yari yasabye kuva muri uru rubanza.Bwana Altit yabwiye BBC Gahuzamiryango ko &#8220;ntacyo yavuga&#8221; kuri icyo cyemezo cy&#8217;urukiko.<\/p>\n\n\n\n<p>Mu mpera z&#8217;ukwezi kwa mbere, Bwana Altit yandikiye urwo rukiko asaba kwishyurwa akava muri uru rubanza kubera kutumvikana n&#8217;uwo yunganira n&#8217;umuryango we, nk&#8217;uko biri mu nyandiko ya UNIRMCT.<\/p>\n\n\n\n<p>Altit yunganira Kabuga kuva mu mwaka ushize nyuma y&#8217;uko afatiwe mu Bufaransa akagezwa imbere y&#8217;inkiko zaho maze akoherezwa i La Haye mu Buholandi ku ishami ry&#8217;urukiko mpuzamahaga rwa Arusha.<\/p>\n\n\n\n<h2 class=\"wp-block-heading\" id=\"Ni-iki-nyirizina-kiri-mu-itangazo-\">Ni iki nyirizina kiri mu itangazo?<\/h2>\n\n\n\n<p>Itangazo risubiramo amagambo ya Donatien Nshimyumuremyi, umuhungu mukuru wa Kabuga, agira ati:<\/p>\n\n\n\n<p>&#8220;Ubuzima bwa papa wacu bwakomeje kumera nabi kuva yagera i La Haye [The Hague] kandi umwunganizi we Emmanuel Altit ntabwo aravugana na papa wacu cyangwa abana be mu gihe kirenga amezi abiri, ndetse na nyuma yuko [papa wacu] akoze impanuka aho afungiye akaza kubagwa bikomeye&#8221;.<\/p>\n\n\n\n<p>&#8220;Turumva papa wacu arimo gufatwa bugwate n&#8217;umwunganizi we, wanga kuvugana na we cyangwa umuryango we kandi akaba atari kumwunganira uko bikwiye&#8221;.<\/p>\n\n\n\n<p>Nta cyo Bwana Altit yari yatangaza ku mugaragaro kuri ibi bishya bivugwa n&#8217;abana ba Kabuga.<\/p>\n\n\n\n<p>Abana ba Kabuga bavuga ko bagishije inama abanyamategeko mpuzamahanga bo mu manza mpanabyaha bakababwira ko ari ibintu bishoboka ko byumvikanyweho na Kabuga n&#8217;urugereko rumuburanisha, umwunganizi we yajya abaha amakuru ku buzima bwe, n&#8217;icyo ari kubikoraho. Urukiko ruvuga ko Me Altit washyizweho na UNIRMCT ngo yunganire uregwa adashobora no gukorera umuryango w&#8217;uregwa Bavuga ko ari bo b&#8217;ibanze bitaye kuri se &#8220;mu myaka ya vuba aha ishize kandi ni ibintu byatubabaje cyane gukumirwa n&#8217;umuntu ufatwa nk&#8217;ukwiye kuba aharanira inyungu za papa wacu mu buryo bushoboka bwose&#8221;.<\/p>\n\n\n\n<p>Bavuga ko bahangayikishijwe no kuba se amaze ukwezi kurenga ari mu bitaro i La Haye, kandi &#8220;afite intege nke cyane ari no mu rujijo kuburyo inama iheruka n&#8217;umucamanza yabaye gusa mu buryo bw&#8217;inyandiko kuko atashoboraga kwitabira&#8221;.<\/p>\n\n\n\n<p>Bati: &#8220;Ibyo bivuze ko, kuba umwunganizi amaze igihe kirekire ataramubona, papa wacu yahejwe burundu mu rubanza rufata umwanzuro ku buzima bwe&#8221;.<\/p>\n\n\n\n<p>&#8220;Dufite ubwoba ko umwunganizi arimo gukorana n&#8217;abategetsi ngo baburanishe papa wacu hatitawe ku buzima bwe bwo ku mubiri no mu mutwe kandi ko uburenganzira bwa papa wacu n&#8217;ubwacu burimo guhonyorwa&#8221;.<\/p>\n\n\n\n<p>Basaba ko urubanza rwa Kabuga ruburanishwa &#8220;mu mucyo kurushaho&#8221; kandi akemererwa kubona &#8220;umwunganizi yizeye kandi natwe tuzi neza ko azaharanira inyungu ze uko bishoboka kose&#8221;.<\/p>\n\n\n\n<p>Kabuga w&#8217;imyaka 85, nk&#8217;uko byavuzwe mu rukiko, yafatiwe mu Bufaransa mu kwezi kwa gatanu nyuma y&#8217;imyaka irenga 20 yihisha ubucamanza mpuzamahanga.<\/p>\n\n\n\n<p>Mu kwezi kwa 11\/2020 yasomewe ibyaha bya jenoside, ahawe umwanya Me Altit wari umwunganiye yagize ati: &#8220;&#8230;ndasaba ko mwemera ko nta cyo avuga ariko binavuze ko atanemera ibyo aregwa.&#8221;<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"800\" height=\"450\" src=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2021\/04\/umwunganizi.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-1247\" srcset=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2021\/04\/umwunganizi.jpg 800w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2021\/04\/umwunganizi-300x169.jpg 300w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2021\/04\/umwunganizi-768x432.jpg 768w\" sizes=\"auto, (max-width: 800px) 100vw, 800px\" \/><figcaption>Urukiko ruvuga ko Me Altit washyizweho na UNIRMCT ngo yunganire uregwa adashobora no gukorera umuryango w&#8217;uregwa<\/figcaption><\/figure>\n\n\n\n<p>BBC Gahuza<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Abana ba F\u00e9licien Kabuga ukurikiranyweho ibyaha bya jenoside yo mu Rwanda bavuga ko &#8220;bacitse intege cyane&#8221; kubera ubuzima bw&#8217;umubyeyi wabo<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":1246,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[5],"tags":[],"class_list":["post-1245","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-ubutabera"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/1245","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=1245"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/1245\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":1248,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/1245\/revisions\/1248"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/1246"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=1245"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=1245"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=1245"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}