{"id":1222,"date":"2021-03-25T15:35:49","date_gmt":"2021-03-25T15:35:49","guid":{"rendered":"https:\/\/brightafrica.rw\/?p=1222"},"modified":"2021-03-25T15:35:51","modified_gmt":"2021-03-25T15:35:51","slug":"rwanda-rtd-major-habib-mudathiru","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/2021\/03\/25\/rwanda-rtd-major-habib-mudathiru\/","title":{"rendered":"Rwanda: Rtd Major Habib Mudathiru"},"content":{"rendered":"\n<h1 class=\"wp-block-heading\">Urukiko rwa gisirikare i Kigali rwakatiye igifungo cy&#8217;imyaka 25 Habib Mudathiru wahoze mu gisirikare cy&#8217;u Rwanda ku ipeti rya major, nyuma akaza gufatirwa mu nyeshyamba muri DR Congo.<\/h1>\n\n\n\n<p>Mudathiru, ugicumbagira kuko bivugwa ko yakomerekeye mu mirwano yafatiwemo muri Kivu y&#8217;Epfo, niwe ukuriye itsinda ry&#8217;abandi 31 bareganwa, urubanza rwabo rwari gusomwa mu kwezi kwa mbere rukimurwa rwasomwe uyu munsi.<\/p>\n\n\n\n<p>Baregwa ibyaha birimo; kurema umutwe w&#8217;ingabo utemwe, gucura umugambi wo guhirika ubutegetsi buriho, kugirana umubano na leta y&#8217;amahanga hagamijwe gushoza intambara, n&#8217;umugambi w&#8217;iterabwoba.<\/p>\n\n\n\n<p>Mu rubanza rwabo bashinjwe gukorana n&#8217;umutwe wa RNC n&#8217;ihuriro ry&#8217;imitwe ya politiki yitwa P5, bakagaba ibitero mu Kinigi mu majyaruguru y&#8217;u Rwanda mu 2019 ahiciwe abaturage 14.<\/p>\n\n\n\n<p>Mudathiru waburanye yemera bimwe mu byaha aregwa, yavuze ko amabwiriza bayahabwaga na Kayumba Nyamwasa &#8211; wahoze ari umugaba w&#8217;ingabo z&#8217;u Rwanda &#8211; kandi bafashijwe na bamwe mu basirikare bakuru ba Uganda n&#8217;u Burundi.<\/p>\n\n\n\n<p>Mu myaka ya vuba u Rwanda rwagiye rushinja u Burundi na Uganda gufasha abashaka guhirika ubutegetsi, ibyo bihugu byombi nabyo byashinje u Rwanda nk&#8217;ibyo, buri ruhande rwahakanye ibyo rwashinjwe.<\/p>\n\n\n\n<p>Mudathiru yemera ko yahaye imyitozo ya gisirikare abarwanyi ba P5 bitegura kugaba ibitero ku Rwanda.<\/p>\n\n\n\n<h2 class=\"wp-block-heading\" id=\"Umwe-yagizwe-umwere\">Umwe yagizwe umwere<\/h2>\n\n\n\n<p>Habib Mudathiru n&#8217;abandi babiri bareganwa nawe bahamijwe ibyaha by&#8217;iterabwoba no gushaka guhirika ubutegetsi hakoreshejwe imbaraga, bakatirwa igifungo cy&#8217;imyaka 25<\/p>\n\n\n\n<p>Abo bandi ni abasirikare b&#8217;ipeti rya Private Jean Bosco Ruhinda na Muhire Dieudonn\u00e9 nabo bakatiwe gufungwa imyaka 25.Abandi, biganjemo abasore bakiri bato bavuga ko bajyanywe muri izo nyeshyamba, bakatiwe igifungo kiri hagati y&#8217;imyaka umunani n&#8217;imyaka itanu.<\/p>\n\n\n\n<p>Umuntu umwe mu baregwa niwe wagizwe mu mwere kuri ibi byaha.<\/p>\n\n\n\n<p>Uru rubanza rwitiriwe urw&#8217;abayoboke ba RNC rubaye rumwe mu zihuse cyane kandi rwarimo abaregwa benshi.<\/p>\n\n\n\n<p>Mu mpera za 2019 nibwo aba 32 bagejejwe bwa mbere mu rukiko nyuma yo gufatirwa ku butaka bwa DR Congo.<\/p>\n\n\n\n<p>Source: BBC Gahuza<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Urukiko rwa gisirikare i Kigali rwakatiye igifungo cy&#8217;imyaka 25 Habib Mudathiru wahoze mu gisirikare cy&#8217;u Rwanda ku ipeti rya major,<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":1223,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[5],"tags":[],"class_list":["post-1222","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-ubutabera"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/1222","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=1222"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/1222\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":1224,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/1222\/revisions\/1224"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/1223"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=1222"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=1222"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=1222"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}