{"id":1195,"date":"2021-03-12T16:37:17","date_gmt":"2021-03-12T16:37:17","guid":{"rendered":"https:\/\/brightafrica.rw\/?p=1195"},"modified":"2021-03-12T16:37:28","modified_gmt":"2021-03-12T16:37:28","slug":"paul-rusesabagina-yavuze-ko-nta-butabera-ategereje-bityo-atazagaruka-mu-rubanza-rwe","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/2021\/03\/12\/paul-rusesabagina-yavuze-ko-nta-butabera-ategereje-bityo-atazagaruka-mu-rubanza-rwe\/","title":{"rendered":"Paul Rusesabagina: Yavuze ko nta butabera ategereje bityo atazagaruka mu rubanza rwe"},"content":{"rendered":"\n<p><strong>Paul Rusesabagina yavuze ko nta butabera ategereje mu rukiko ruri kumuburanisha bityo atazongera kwitabira uru rubanza.<\/strong><\/p>\n\n\n\n<p>Urukiko rwari rumaze kwanga ubusabe bwe bwo gusubika uru rubanza igihe cy&#8217;amezi atandatu, rutegeka ko rukomeza we akaziregura nyuma.<\/p>\n\n\n\n<p>Rusesabagina n&#8217;umwunganizi we Me Felix Rudakemwa bavuze ko basaba igihe gikwiriye kingana n&#8217;amezi atandatu kubera impamvu zitandukanye.<\/p>\n\n\n\n<p>Ubushinjacyaha bwavuze ko uruhande rwa Rusesabagina ruri gukora uburyo bwose bwo gutinza urubanza.<\/p>\n\n\n\n<p>Rusesabagina yavuze ko asaba icyo gihe kuko atabonye umwanya uhagije wo kwiga kuri dosiye imurega kuko aho afungiye &#8211; muri gereza ya Kigali &#8211; bazimya amatara hakiri kare.<\/p>\n\n\n\n<p>Yavuze kandi ko atunganiwe mu mategeko nk&#8217;uko abishaka kuko abunganizi yifuza bari mu mahanga bangiwe kuza kumwunganira mu Rwanda, yatanze urugero rw&#8217;umwunganizi we Vincent Lurquin wo mu Bubiligi, avuga ko yaje mu Rwanda akangirwa ko babonana.<\/p>\n\n\n\n<p>Yagize ati: &#8220;Ibi ni uburenganzira bwanjye kunganirwa n&#8217;uwo nifuza wese, byanashoboka ngatumira n&#8217;uwo mu ijuru&#8221;.<\/p>\n\n\n\n<p>Ubushinjacyaha bwavuze ko Vincent Lurquin yangiwe n&#8217;inzego zibishinzwe kunganira umukiriya we mu Rwanda kuko nta masezerano ariho hagati y&#8217;urugaga rw&#8217;abavoka bo mu Bubiligi n&#8217;urwo mu Rwanda bwo kuba bakunganira abaregwa mu bihugu byombi.<\/p>\n\n\n\n<p>Ubushinjacyaha buvuga ko ibi byasobanuriwe Rusesabagina n&#8217;abamwunganira, buvuga ko ibyo uruhande rwa Rusesabagina ruri gukora ari ugushaka gutinza urubanza nkana.<\/p>\n\n\n\n<p>Ubushinjacyaha bwasabye ko urubanza rudakwiye gusubikwa kuko abandi 20 bareganwa na Rusesabagina baba &#8220;bimwe uburenganzira bwo kuburana kubera umuntu umwe&#8221;.<\/p>\n\n\n\n<p>Nyuma yo kwiherera umwanya munini, urukiko rwavuze ko gukomeza kuburanisha abandi bareganwa na Rusesabagina we akazagarukwaho bitaba binyuranyije n&#8217;amategeko.<\/p>\n\n\n\n<p>Rwashyigikiye ingingo zatanzwe n&#8217;ubushinjacyaha maze rutegeka ko gusubika urubanza Rusesabagina yasabye atabihabwa, kandi ko urubanza rukomereza ku bandi baregwa.<\/p>\n\n\n\n<p>Mu gihe hari hakomerejwe kuri Nsabimana Callixte uzwi nka Sankara, uburana yemera ibyaha, Rusesabagina yasabye ijambo urukiko, agira ati:<\/p>\n\n\n\n<p>&#8220;Kubera uburenganzira bwanjye bwibanze bwo kwiregura n&#8217;uburenganzira ku rubanza ruboneye urukiko rwanze kubyubahiriza, nagira ngo menyeshe urukiko ko nta butabera na bumwe ntegereje hano bityo nkaba mbamenyesha yuko ntazongera kwitabira uru rubanza, [ko] urubanza rwanjye nduhagaritse&#8221;.<\/p>\n\n\n\n<h2 class=\"wp-block-heading\" id=\"Ibi-bisobanuye-iki-Ni-iki-kigiye-gukurikira-\">Ibi bisobanuye iki? Ni iki kigiye gukurikira?<\/h2>\n\n\n\n<p>Jean Claude Nsengiyumva, umunyamategeko wigenga ukorera mu Rwanda yabwiye BBC ko kwivana mu rubanza ari ibintu bitaba kenshi mu nkiko mu Rwanda.<\/p>\n\n\n\n<p>Nsengiyumva avuga ko amategeko ateganya ko urukiko rushobora gukomeza kuburanisha umuburanyi adahari rukanafata umwanzuro.<\/p>\n\n\n\n<p>Gusa avuga ko uwaburanishijwe adahari ashobora kujuririra umwanzuro w&#8217;urukiko mu rukiko rwisumbuyeho.<\/p>\n\n\n\n<p>Nsengiyumva avuga ko uwaburanishijwe adahari ashobora no &#8220;gusubirishamo urubanza rwe atanze impamvu ntagobotorwa zatumye urubanza rwa mbere atarwitabira&#8221;.<\/p>\n\n\n\n<p>Urubanza rwakomeje humvwa &#8216;Sankara&#8217; wiregura yemera byinshi mu byaha aregwa.<\/p>\n\n\n\n<p>Ubwanditsi<\/p>\n\n\n\n<p><\/p>\n\n\n\n<p><\/p>\n\n\n\n<p><\/p>\n\n\n\n<p><\/p>\n\n\n\n<p><\/p>\n\n\n\n<p><\/p>\n\n\n\n<p><\/p>\n\n\n\n<p><\/p>\n\n\n\n<p><\/p>\n\n\n\n<p><\/p>\n\n\n\n<p><\/p>\n\n\n\n<p><\/p>\n\n\n\n<p><\/p>\n\n\n\n<p><\/p>\n\n\n\n<p><\/p>\n\n\n\n<p><\/p>\n\n\n\n<p><\/p>\n\n\n\n<p><\/p>\n\n\n\n<p><\/p>\n\n\n\n<p><\/p>\n\n\n\n<p><\/p>\n\n\n\n<p><\/p>\n\n\n\n<p><\/p>\n\n\n\n<p><\/p>\n\n\n\n<p><\/p>\n\n\n\n<p><\/p>\n\n\n\n<p><\/p>\n\n\n\n<p><\/p>\n\n\n\n<p><\/p>\n\n\n\n<p><\/p>\n\n\n\n<p><\/p>\n\n\n\n<p><\/p>\n\n\n\n<p><\/p>\n\n\n\n<p><\/p>\n\n\n\n<p><\/p>\n\n\n\n<p><\/p>\n\n\n\n<p><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Paul Rusesabagina yavuze ko nta butabera ategereje mu rukiko ruri kumuburanisha bityo atazongera kwitabira uru rubanza. Urukiko rwari rumaze kwanga<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":1196,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[5],"tags":[],"class_list":["post-1195","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-ubutabera"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/1195","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=1195"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/1195\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":1197,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/1195\/revisions\/1197"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/1196"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=1195"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=1195"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=1195"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}