{"id":1130,"date":"2021-03-03T09:54:46","date_gmt":"2021-03-03T09:54:46","guid":{"rendered":"https:\/\/brightafrica.rw\/?p=1130"},"modified":"2021-03-03T09:54:47","modified_gmt":"2021-03-03T09:54:47","slug":"uko-umuhango-wo-gushyingura-mu-cyubahiro-padiri-rugirangoga-ubald-wagenze","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/2021\/03\/03\/uko-umuhango-wo-gushyingura-mu-cyubahiro-padiri-rugirangoga-ubald-wagenze\/","title":{"rendered":"Uko umuhango wo gushyingura mu cyubahiro Padiri Rugirangoga Ubald wagenze"},"content":{"rendered":"\n<p>\u00a0Ishavu n\u2019agahinda byasaze Abanyarwanda n\u2019inshuti zabo baherekeje bwa nyuma Padiri Ubald Rugirangoga uherutse kwitaba Imana, nyuma y\u2019imirimo ikomeye yakoze yo gusana imitima ya benshi yari yarashegeshwe n\u2019amateka ashaririye y\u2019igihugu cyo kimwe n\u2019ibibazo by\u2019iyi Si.<\/p>\n\n\n\n<p><a href=\"https:\/\/igihe.com\/amakuru\/u-rwanda\/article\/padiri-ubald-rugirangoga-yitabye-imana\">Padiri Ubald yitabye Imana ku wa 7 Mutarama 2021 nyuma y\u2019igihe yari amaze arwariye COVID-19 muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.<\/a>&nbsp;Urupfu rwe rwaturutse ku bibazo by\u2019ubuzima yasigiwe n\u2019iki cyorezo.<\/p>\n\n\n\n<p>Kuri uyu wa Kabiri tariki 2 Werurwe 2021, nibwo habaye umuhango wo kumusezeraho bwa nyuma no kumushyingura mu cyubahiro, mu Karere ka Rusizi ahazwi nko ku Ibanga ry\u2019Amahoro.<\/p>\n\n\n\n<p>Centre Ibanga ry\u2019Amahoro, ni agasozi gaherereye mu Kagari ka Kamatita, Umurenge wa Gihundwe, Akarere ka Rusizi mu Burengerazuba. Ni muri Diyosezi Gatolika ya Cyangugu, Paruwasi Nkanka, Santarari Muhari. Ni agasozi gafite ubuso busaga hegitari 25 ndetse hari ibikorwa yagizemo uruhare.<\/p>\n\n\n\n<p>Ibikorwa byo gusengera abarwayi bagakira indwara zitandukanye zirimo ibyorezo n\u2019izindi zabaga zarabaye akarande, Padiri Ubald ntabwo yabikoreraga mu Rwanda gusa kuko n\u2019umunsi yandura Coronavirus ari nayo yaje kugeza ku rupfu rwe yari amaze iminsi muri Amerika mu bikorwa by\u2019amasengesho.<\/p>\n\n\n\n<p>Uretse muri Amerika, Padiri Ubald yatumirwaga henshi mu bihugu by\u2019amahanga mu bikorwa byo gusengera abarwayi no kubibutsa ko abantu bose ari bene mugabo umwe bakwiye kubana mu mahoro n\u2019urukundo.<\/p>\n\n\n\n<p>Ni nayo mpamvu umuhango wo kumuherekeza iyo bitaza kuba icyorezo cya COVID-19, wari kwitabirwa n\u2019ingeri nyinshi z\u2019abantu baturutse imihanda yose haba mu Rwanda no hanze yarwo.<\/p>\n\n\n\n<p>Ababanye na we bose batanze ubuhamya bugaruka ku mirimo yakoze ndetse yashimiwe umurage yasigiye abakirisitu n\u2019Abanyarwanda muri rusange ushingiye ku ndangagaciro yo guca bugufi no guharanira amahoro. Abo mu muryango we bakomoje ku buryo yababereye urugero rwiza rw\u2019umuntu urangwa n\u2019urukundo.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"1000\" height=\"612\" src=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2021\/03\/ubaldi-2.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-1132\" srcset=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2021\/03\/ubaldi-2.jpg 1000w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2021\/03\/ubaldi-2-300x184.jpg 300w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2021\/03\/ubaldi-2-768x470.jpg 768w\" sizes=\"auto, (max-width: 1000px) 100vw, 1000px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<p>                                                                            Umuhango wo kururutsa umurambo wa Padiri Ubaldi<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"1000\" height=\"642\" src=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2021\/03\/ubald-3.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-1133\" srcset=\"https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2021\/03\/ubald-3.jpg 1000w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2021\/03\/ubald-3-300x193.jpg 300w, https:\/\/brightafrica.rw\/wp-content\/uploads\/2021\/03\/ubald-3-768x493.jpg 768w\" sizes=\"auto, (max-width: 1000px) 100vw, 1000px\" \/><figcaption>Uyu muhango witabiriwe n&#8217;abihaye Imana benshi<\/figcaption><\/figure>\n\n\n\n<p>Source: Igihe<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>\u00a0Ishavu n\u2019agahinda byasaze Abanyarwanda n\u2019inshuti zabo baherekeje bwa nyuma Padiri Ubald Rugirangoga uherutse kwitaba Imana, nyuma y\u2019imirimo ikomeye yakoze yo<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":1131,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[12],"tags":[],"class_list":["post-1130","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-imibereho-myiza"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/1130","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=1130"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/1130\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":1134,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/1130\/revisions\/1134"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/1131"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=1130"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=1130"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=1130"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}