{"id":1092,"date":"2021-02-26T11:30:37","date_gmt":"2021-02-26T11:30:37","guid":{"rendered":"https:\/\/brightafrica.rw\/?p=1092"},"modified":"2021-02-28T14:00:00","modified_gmt":"2021-02-28T14:00:00","slug":"kiliziya-iri-gutekereza-icyo-st-michel-izakoreshwa-nyuma-yo-kwimurira-cathedrale-ahahoze-1930","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/2021\/02\/26\/kiliziya-iri-gutekereza-icyo-st-michel-izakoreshwa-nyuma-yo-kwimurira-cathedrale-ahahoze-1930\/","title":{"rendered":"Kiliziya iri gutekereza icyo St Michel izakoreshwa nyuma yo kwimurira Cath\u00e9drale ahahoze 1930"},"content":{"rendered":"\n<p>Arkiyepiskopi wa Kigali, Antoine Cardinal Kambanda, yavuze ko nyuma yo guhabwa ikibanza cy\u2019ahahoze gereza ya Nyarugenge hazwi nka 1930 ngo hubakwe Cath\u00e9drale nshya ya Kigali, kuri ubu inyingo yenda kurangira hakazahita hakurikiraho ibijyanye no kubaka.<\/p>\n\n\n\n<p>Ubusanzwe Cath\u00e9drale ya Kigali iherereye mu Kiyovu mu Karere ka Nyarugenge ahari Paruwasi ya St Michel, ahantu iherereye hakaba ari hato, hatisanzuye kandi hegeranye n\u2019umuhanda ku buryo ibikorwa byo kuyagura bisa n\u2019ibidashoboka.<\/p>\n\n\n\n<p>Muri Mutarama 2019, nibwo Kiliziya Gatolika mu Rwanda by\u2019umwihariko Arikidiyosezi ya Kigali yasabye Umukuru w\u2019Igihugu ubufasha mu kubaka Cath\u00e9drale ijyanye n\u2019igihe.<\/p>\n\n\n\n<p>Antoine Cardinal Kambanda yavuze ko \u201cKuva cyera uko Umujyi ugenda ukura, Kigali yari ifite umushinga wo kubaka Katederali nini kuko iyi aho iri nta bwinyagamburiro, nta buryo bwo kubaka buhari cyangwa kwaguka.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Muri Mutarama 2020, nibwo byatangajwe ko ubutaka bw\u2019ahahoze Gereza ya Nyarugenge bungana hegitari 5.5, Kiliziya Gatolika mu Rwanda yabwemerewe, aho yasabwaga gukora igenamigambi ry\u2019uko yabukoresha.<\/p>\n\n\n\n<p>Cardinal Kambanda yavuze ko kuba ikibanza baragihawe, ubu ikigezweho ari ugukora inyigo ijyanye n\u2019igishushanyo mbonera kandi nayo yatangiye gukorwa.<\/p>\n\n\n\n<p>Ati \u201cIcyakurikiyeho ni ugukora inyigo, ubu inyigo niyo irimo gukorwa. Tugenda rero dutangariza abantu aho bigeze.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Yavuze ko n\u2019ubwo hagiye kubakwa Cath\u00e9drale nshya ya Kigali, bitavuze ko iyari isanzwe iri ahubatse Paruwasi St Michel izahita isenywa ahubwo hari gushakwa icyo hazakoreshwa.<\/p>\n\n\n\n<p>Biteganywa ko iyo Cath\u00e9drale nshya igomba kuba ijyanye n\u2019igihe, yajya yakira abantu nibura ibihumbi bitanu, hanyuma ikagira n\u2019imbuga yayo nini ku buryo mu gihe habaye nk\u2019iminsi mikuru abantu bashobora kuyiteraniramo bageze nko ku bihumbi 10 kugera kuri 20.<\/p>\n\n\n\n<p>Source: Igihe<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Arkiyepiskopi wa Kigali, Antoine Cardinal Kambanda, yavuze ko nyuma yo guhabwa ikibanza cy\u2019ahahoze gereza ya Nyarugenge hazwi nka 1930 ngo<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":1122,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[12,4,1],"tags":[],"class_list":["post-1092","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-imibereho-myiza","category-politiki","category-uncategorized"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/1092","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=1092"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/1092\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":1108,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/1092\/revisions\/1108"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/1122"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=1092"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=1092"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=1092"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}