{"id":102,"date":"2020-09-30T07:58:42","date_gmt":"2020-09-30T07:58:42","guid":{"rendered":"https:\/\/brightafrica.rw\/?p=102"},"modified":"2020-09-30T07:58:56","modified_gmt":"2020-09-30T07:58:56","slug":"trump-v-biden-kimwe-mu-biganiro-mpaka-bibi-cyane-mu-mateka-ya-vuba-yabashaka-gutegeka-us","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/2020\/09\/30\/trump-v-biden-kimwe-mu-biganiro-mpaka-bibi-cyane-mu-mateka-ya-vuba-yabashaka-gutegeka-us\/","title":{"rendered":"Trump v Biden: Kimwe mu biganiro mpaka bibi cyane mu mateka ya vuba y&#8217;abashaka gutegeka US"},"content":{"rendered":"\n<p><strong>Ikiganiro mpaka cy&#8217;abakandida mu matora ya perezida wa Amerika cyabereye mu mujyi wa Cleveland muri leta ya Ohio hagati ya Perezida Donald Trump na Joe Biden cyaranzwe n&#8217;akajagari, guterana amagambo no gucanamo kenshi.<\/strong><\/p>\n\n\n\n<p>Aba bagabo bavuze ahanini kuri Coronavirus n&#8217;ivanguramoko, Trump yaciye mu ijambo kenshi Biden ari kuvuga, kugeza ubwo uyu amubwiye ati: &#8220;Wafunga umunwa, wa mugabo we?!&#8221;<\/p>\n\n\n\n<p>Mu kiganiro cyabaye mu ijoro [ku masaha yaho] kikamara iminota 90, Bwana Trump yaciye mu ijambo Bwana Biden inshuro 73.<\/p>\n\n\n\n<p>Amakusanyabitekerezo arerekana ko ari cyo kiganiro kibi cyane kibayeho mu mateka ya vuba y&#8217;abashaka gutegeka Amerika, abantu 69% bavuze ko cyabateye umujinya.<\/p>\n\n\n\n<h2 class=\"wp-block-heading\" id=\"Ni-ibiki-byabaye-muri-iki-kiganiro\">Ni ibiki byabaye muri iki kiganiro?<\/h2>\n\n\n\n<p>Habonetse gushwana kwa hato na hato hagati y&#8217;aba bagabo, ndetse no gushwana hagati ya Trump na Chris Wallace wari uyoboye ikiganiro wageze ubwo yihaniza Trump kwica amategeko y&#8217;ikiganiro.<\/p>\n\n\n\n<p>Intambara ikomeye y&#8217;impaka hagati ya Trump na Biden yibanze cyane kuri Covid-19, ubukungu, uko amatora azakorwa n&#8217;ivanguramoko.<\/p>\n\n\n\n<p>Bwana Biden yaneguye cyane uko mukeba we yitwaye imbere y&#8217;iki cyorezo, amushinja kuba nyirabayazana w&#8217;ibyago kimaze guteza muri Amerika.<\/p>\n\n\n\n<p>Bwana Trump yavuze ko yarwanye urugamba rukomeye n&#8217;iki cyorezo, ko ubukungu ubu buri &#8220;kuzahuka ku muvuduko nk&#8217;uw&#8217;inyuguti ya V&#8221;. Avuga ko iyo biba ari ku bwa Biden ibintu byari kuba bibi kurushaho.<\/p>\n\n\n\n<p>Biden wahoze ari visi perezida yahise agira ati: &#8220;Twamusigiye ubukungu buhagaze neza, arabwangiza&#8221;. Trump ahita amusubiza ati: &#8220;Nagaruye imirimo 700,000&#8221;.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image\"><img decoding=\"async\" src=\"https:\/\/ichef.bbci.co.uk\/news\/640\/cpsprodpb\/0A31\/production\/_114690620_reuters_hi063587864.jpg\" alt=\"Donald Trump and Joe Biden\"\/><figcaption>Insiguro y&#8217;isanamu,Donald Trump na Joe Biden imbere y&#8217;umunyamakuru Chris wa Fox News wari uyoboye iki kiganiro<\/figcaption><\/figure>\n\n\n\n<p>Ahantu hamwe muri iki kiganiro Bwana Trump yavuze ko imyigaragambyo yo kurwanya ivanguraruhu muri Amerika iri gukorwa n&#8217;abo ku ruhande rw&#8217;abademokarate aho kuba abarepubulikani.<\/p>\n\n\n\n<p>Ibi byagaragaye ko byarakaje abantu benshi ku mbuga nkoranyambaga, cyane ko Bwana Trump atigeze yamagana abafite ingengabitekerezo ishyira hejuru abo mu bwoko bw&#8217;abazungu.<\/p>\n\n\n\n<h2 class=\"wp-block-heading\" id=\"Nishyuye-miliyoni-zamadorari-yimisoro\">&#8216;Nishyuye miliyoni z&#8217;amadorari y&#8217;imisoro&#8217;<\/h2>\n\n\n\n<p>Uyoboye ikiganiro yabajije Trump ati: &#8220;Ni ukuri ko wishyuye $750 y&#8217;imisoro ya leta ku mwaka umwe muri iriya myaka? [2017 na 2016]&#8221;.<\/p>\n\n\n\n<p>Bwana Trump ati: &#8220;Nishyuye miliyoni z&#8217;amadorari. Nishyuye miliyoni $38 umwaka umwe. Nishyuye miliyoni $27 umwaka umwe&#8221;.<\/p>\n\n\n\n<p>Biden yahise amusaba kwerekana ibyemeza ko yayishuye, maze Trump ati: &#8220;Uzabibona nibirangira&#8221; &#8211; avuga ku igenzura riri gukorwa ku misoro yatanze. Gusa, nta tegeko rimubuza kubyerekana ubu.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image\"><img decoding=\"async\" src=\"https:\/\/ichef.bbci.co.uk\/news\/640\/cpsprodpb\/17515\/production\/_114690559_compo_reut.jpg\" alt=\"Trump na Biden mu kiganiro mpaka\"\/><\/figure>\n\n\n\n<h2 class=\"wp-block-heading\" id=\"Ni-iki-cyafashe-umwanya-munini\">Ni iki cyafashe umwanya munini?<\/h2>\n\n\n\n<p>Mu minota 90, Coronavirus bayivuzeho iminota 20, bateranye amagambo cyane ku byo batumvikana ku ngaruka zayo ku bukungu, inkingo, uko Trump yabyitwayemo ndetse n&#8217;udupfukamunwa.<\/p>\n\n\n\n<p>Ivanguramoko n&#8217;urugomo byafashe iminota 17, uko amatora azagenda byafashe iminota 11 naho ihindagurika ry&#8217;ikirere barimazeho iminota 10.<\/p>\n\n\n\n<p>Trump yavuze umwanya muto ugereranyije na Biden, iminota 38 naho uyu wahoze ari visi perezida yamaze iminota 43 avuga.<\/p>\n\n\n\n<p>Gusa mu gucana mu ijambo, Trump yaciye mu ijambo mukeba we inshuro 73.<\/p>\n\n\n\n<p>Kuba mu 2016 Trump yaraciye mu ijambo mukeba we Hillary Clinton inshuro 37 byatutumye benshi babona ko ubu bidasanzwe, gusa byari icyo gihe, ubu ni ubu.<\/p>\n\n\n\n<h2 class=\"wp-block-heading\" id=\"Biden-yatsinze-Amerika-iratsindwa\">Biden yatsinze. Amerika iratsindwa<\/h2>\n\n\n\n<p>Ikusanyabitekerezo ryakozwe na CBS News na BBC News rivuga ko Joe Biden ari we watsinze iki kiganiro mpaka cya mbere cy&#8217;aba bakandida.<\/p>\n\n\n\n<p>Ku batoye, 48% bavuze ko Biden yatsinze, naho 41% bavuga Trump, 10% bo bavuze ko baguye miswi.<\/p>\n\n\n\n<p>Abanyamakuru bavuze kuri iki kiganiro cyarimo gucyocyorana cyane, bo bavuze ko uwatsinzwe nyawe ari igihugu, ndetse n&#8217;ikusanyabitekerezo risa n&#8217;iribihamya.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image\"><img decoding=\"async\" src=\"https:\/\/ichef.bbci.co.uk\/news\/640\/cpsprodpb\/E9AB\/production\/_114691895_9046f775-13b2-462a-adbf-70542e3a92e8.jpg\" alt=\"Dr Jill Biden na Joe Biden\"\/><figcaption>Insiguro y&#8217;isanamu,Ikiganiro kirangiye umugore wa Biden witwa Dr Jill Biden yaje aramuhobera cyane<\/figcaption><\/figure>\n\n\n\n<p>Abantu 69% batoye bavuze ko iki kiganiro cyabateye umujinya, 19% bavuga ko cyabateye kubona imbere atari heza. Ku byiza, 31% bavuze ko cyabaye icyo kubahugenza naho 17% ko cyabahaye amakuru.<\/p>\n\n\n\n<p>Umunyamakuru Chris Wellace wa Fox News wayoboye iki kiganiro, bamwe bavuze ko ari we wabyitwayemo nabi mu kutabasha guhosha gucana mu magambo ngo bahane umwanya mu kiganiro.<\/p>\n\n\n\n<p>Ku musozo wacyo, ukiyoboye ababajije niba bombi bazasaba ituze amatora arangiye, Biden yavuze ko azategereza kugeza ibyayavuyemo bigenzuwe n&#8217;abigenga.<\/p>\n\n\n\n<p>Trump we yongeye kugaragaza impungenge ku gutora n&#8217;iposita, asaba abamushyigikiye &#8220;kuzajya ahabarwa amajwi bakareba buri kimwe cyose neza&#8221;.<\/p>\n\n\n\n<p>Aba bagabo bazongera guhura mu kiganiro mpaka &#8211; kibanziriza icya nyuma &#8211; tariki 15 z&#8217;ukwezi gutaha kwa 10 i Miami muri Florida.<\/p>\n\n\n\n<p>Abo bagennye ko bababera ba visi perezida, Mike Pence wa Trump na Kamala Harris wa Biden, na bo bazakora ikiganiro mpaka ku wa gatatu w&#8217;icyumweru gitaha tariki 07\/10.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Ikiganiro mpaka cy&#8217;abakandida mu matora ya perezida wa Amerika cyabereye mu mujyi wa Cleveland muri leta ya Ohio hagati ya<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":103,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[5],"tags":[],"class_list":["post-102","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-ubutabera"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/102","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=102"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/102\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":104,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/102\/revisions\/104"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/103"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=102"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=102"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/brightafrica.rw\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=102"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}